Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yeremiya 26:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ahari wenda bazumva, maze buri wese yihane imyifatire ye mibi, bityo nanjye ndeke amakuba nari ngiye kubateza kubera ubugome bwabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Ahari bazakumvira umuntu wese ahindukire ave mu nzira ye mbi, kugira ngo mbone kureka ibibi nagambiriye kubagirira, mbahora ibyaha bakora mu mirimo yabo.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Ahari bazumva bareke imigenzereze yabo mibi, bityo nanjye nzareka umugambi nari mfite wo kubateza ibyago, mbaziza n'ibikorwa byabo bibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Ahari bazumva bareke imigenzereze yabo mibi, bityo nanjye nzareka umugambi nari mfite wo kubateza ibyago, mbaziza n'ibikorwa byabo bibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yeremiya 26:3
15 Iomraidhean Croise  

Akabu amaze kumva ayo magambo ya Eliya atanyagura imyenda ye, yambara ikigunira kandi asiba kurya; akaryama ku bigunira kandi akagenda yiyoroheje.


«Wabonye uko Akabu yicishije bugufi imbere yanjye? Kubera ko yicishije bugufi mu maso yanjye, sinzamuteza ibyago akiri ku ngoma, ahubwo nzabiteza inzu ye ku ngoma y’umuhungu we.»


Ariko guhera ubu, nimuvugurura imyifatire yanyu n’imigenzereze yanyu, mukumva ijwi ry’Uhoraho Imana yanyu, Uhoraho azareka amakuba yari yariyemeje kubateza.


Hari ubwo se Hezekiya, umwami wa Yuda n’imbaga ye bigeze bica uwo muhanuzi? Ahubwo ntibagaragarije Uhoraho icyubahiro, bagahagurukira kumwurura? Uhoraho na we areka amakuba yari yiyemeje kubateza, none twebwe twari tugiye kwikururira ishyano.»


Ahari abo mu muryango wa Yuda, nibumva ibibi byose niyemeje kubagirira, bizabatera kugaruka, buri muntu areke imyifatire ye mibi; bityo nzashobore kubababarira ubugome bwabo n’ibyaha byabo.»


Ahari wenda byabatera kwinginga Uhoraho, maze buri wese akareka imyifatire ye mibi, kuko uburakari n’umujinya Uhoraho afitiye uyu muryango, birengeje urugero.»


None rero, mwana w’umuntu, tegura umutwaro nk’uw’umuntu ujyanywe bunyago, maze ufate inzira ku manywa y’ihangu bose babireba. Uzahaguruke aha hantu uri, ugane ahandi, bose babireba; wenda ahari byazatuma bamenya ko ari inyoko y’ibirara.


Umugiranabi naramuka yanze ibyaha byose yakoze, akubahiriza amategeko yanjye, agakora ibitunganye kandi agakurikiza ubutabera, azabaho nta bwo azapfa.


Sinzakurikiza ubukana bw’uburakari bwanjye, kandi sinzarimbura ukundi Efurayimu; kuko ndi Imana simbe umuntu, nkaba Nyir’ubutagatifu rwagati muri mwe, sinzongera kugusanga mfite uburakari.


Hari uwabimenya se? Ahari wenda ntiyazisubiraho! Ahari wenda icyago ntiyazagisimbuza umugisha, akongera gushimishwa n’amaturo n’ibitambo mwatura Uhoraho, Imana yanyu!


Yambaza Uhoraho, avuga ati «Si ibi nari navuze igihe nari nkiri mu gihugu cyanjye? Ni cyo cyatumye mbanza guhungira i Tarishishi. Nari nzi nyine ko uri Imana y’impuhwe n’ibambe, utinda kurakara kandi ukungahaye ubudahemuka, ntukomeza umugambi wo kugira nabi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan