Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yeremiya 2:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Israheli yari umwihariko w’Uhoraho n’umuganura umugenewe; uwawuryagaho wese yarawuryozwaga, maze agaterwa n’ibyago. Uwo ni Uhoraho ubivuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Isirayeli yari Uwera ku Uwiteka, umuganura w'ibyo yungukaga. Abamugirira nabi bose bazabihanirwa, kandi ibyago bizabazaho.’ ” Ni ko Uwiteka avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Isiraheli yari yareguriwe Uhoraho, yari umwihariko we, abayirenganyaga bose babaga bacumuye, bagwirirwaga n'ibyago.’ ” Uko ni ko Uhoraho avuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Isiraheli yari yareguriwe Uhoraho, yari umwihariko we, abayirenganyaga bose babaga bacumuye, bagwirirwaga n'ibyago.’ ” Uko ni ko Uhoraho avuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yeremiya 2:3
32 Iomraidhean Croise  

uzabigenze utyo no ku buriza bw’inka yawe n’ubw’intama yawe. Izagumane na nyina iminsi irindwi, ku wa munani uyinture.


Ubundi, uzatunganye umunsi mukuru w’Isarura, ari wo w’umuganura w’imirimo yawe, w’ibyo uzaba warateye mu mirima. Hanyuma uzatunganye umunsi mukuru w’Ihunika, mu ndunduro y’umwaka, igihe usarura mu mirima imyaka wejeje.


Dore ngo barakorwa n’isoni, bakamwara, abari baguhagurukiye bose; bazahinduka amanjwe, barimbuke, abantu bakurakariye.


Nari nararakariye umuryango wanjye, nsuzuguza umurage wanjye, mbagabiza ibiganza byawe; nyamara ntiwigeze ubagirira impuhwe, umusaza umushenguza imizigo yawe!


Uhoraho avuze atya: Abagome bose duturanye bigabiza umurage nahaye Israheli, umuryango wanjye, ngiye kubarimbura ku butaka bwabo; abantu ba Yuda na bo, nzabarandura, mbavangure na bo.


Nimwumve ijambo ry’Uhoraho, mwebwe abo mu nzu ya Yakobo, namwe abo mu miryango yose ya Israheli.


Cyakora abakurimbura bose, na bo bazashirira ku icumu, abanzi bawe bose bazajyanwa bunyago, abakunyaga na bo bazanyagwa, abagusahura na bo bazasahurwa.


Abazibonaga bose baraziryaga, abanzi bazo bakavuga ngo «Nta cyo ducumuyeho, kuko na zo zacumuye kuri Uhoraho, kandi ari we rwuri rw’ubutungane, n’amizero y’abasekuruza babo.» (Babiloni)


Nimubitekerereze abana banyu, abana banyu babitekerereze ababo, na bo bazabitekerereze ab’igisekuru kizaza!


Bariyimbire abatengamaye bo muri Siyoni, n’abashingiye amahoro yabo ku musozi wa Samariya, bo nyarurembo z’igihugu cy’ikirenga mu bindi byose, bo inzu ya Israheli igisha inama.


Baragenda nk’umuyaga w’inkubi, bakihutira kujya n’ahandi kuhayogoza; imbaraga zabo ni zo bagize imana yabo.


Ariko na none ndakariye cyane amahanga yiyemera; kuko igihe nari ntarakaye cyane, ayo mahanga yazaga kongerera Israheli amakuba.


Aramubwira ati «Irukanka ubwire uriya musore uri hariya, uti ’Yeruzalemu igomba kuba umugi utagira inkike, kubera ubwinshi bw’abantu n’amatungo bizawubamo.


Umugabane w’ingenzi w’amavuta mashyashya, uwa divayi nshyashya n’uw’ingano, hamwe n’imiganura iturwa Uhoraho, ndabiguhaye.


Iyo ifu y’umuganura ari ntagatifu, n’irobe ni ko riba; n’iyo imizi ari mitagatifu, amashami na yo ni ko aba.


Mutashye na Kiliziya ijya iteranira mu rugo rwabo. Mutashye incuti yanjye Epayineto, we muganura Aziya yahaye Kristu.


Nguko uko yadutoreye muri We nyine, mbere y’ihangwa ry’ibiriho byose, kugira ngo tuzayihore imbere mu rukundo, turi intungane n’abaziranenge.


Kuko uri ubwoko bweguriwe Uhoraho Imana yawe: ni wowe Uhoraho yihitiyemo, kugira ngo mu mahanga yose ari ku bwisanzure bw’isi, ube ubukonde bwe.


Icyo gihe rero azagukuza, agusumbishe ayandi mahanga yaremye yose, uyarushe icyubahiro, n’ubwamamare n’ishema; bityo ubere Uhoraho Imana yawe umuryango mutagatifu, nk’uko yabigusezeranyije.


Kuko wowe uri umuryango weguriwe Uhoraho Imana yawe; ni wowe Uhoraho Imana yawe yitoreye, kugira ngo mu miryango yose iri ku isi umubere umuryango w’umwihariko.


Ni ku bwende bwe bwite yatwibyariye akoresheje ijambo rye ry’amanyakuri, kugira ngo tube imena mu biremwa bye.


Naho mwebwe muri ubwoko bwatoranyijwe, imbaga y’abaherezabitambo ba cyami, ihanga ritagatifu, umuryango Imana yironkeye, kugira ngo mujye mwamamaza ibigwi by’Uwabahamagaye, abavana mu mwijima, akabinjiza mu rumuri rwe rw’agatangaza,


Ntibigeze banduzwa n’abagore, koko rero ni amasugi. Ni bo bazaherekeza Ntama aho agiye hose. Barokotse mu bantu nk’umuganura ugenewe Imana na Ntama,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan