Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 5:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Bavandimwe, ntimukijujute bamwe ku bandi, kugira ngo mudacirwa urubanza; dore umucamanza ahagaze imbere y’umuryango.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Ntimwitotombane bene Data, mudacirwa ho iteka dore umucamanza ahagaze ku rugi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Bavandimwe, ntihagire uwitotombera undi kugira ngo bitabashyira mu rubanza. Dore umucamanza ageze ku irembo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Bavandimwe, ntihagire uwitotombera undi kugira ngo bitabashyira mu rubanza. Dore umucamanza ageze ku irembo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 5:9
21 Iomraidhean Croise  

Nugenza neza, ntuzubura umutwe se? Naho nutagenza neza, itonde kuko icyaha kibunze ku irebe ry’umuryango wawe ngo kigusumire, ariko wowe ugomba kukirusha amaboko.»


Nimugoroba bagaruka bakankama nk’imbwa, bakazenguruka umugi wose,


Igihe kirageze n’umunsi uregereje! Umuguzi narekere aho kwishima, umucuruzi areke kwiheba kuko umujinya wanjye wibasiye igihugu cyose.


Uzirinde kwihorera no kugirira inzika abo mu muryango wawe. Ahubwo uzakunde mugenzi wawe nkawe ubwawe. Ndi Uhoraho.


Namwe, nimubona ibyo byose bibaye, muzamenye ko Umwana w’umuntu ari hafi, ko yageze ku irembo.


Namwe rero nimubona ibyo bibaye, muzamenye ko Umwana w’umuntu ari hafi, ndetse ko ageze ku miryango yanyu.


Herodiya na we yahoraga ahigira Yohani agashaka no kumwicisha, ariko ntabishobore,


Ibyababayeho biraducira amarenga, kandi byandikiwe kutuburira, twe twegereje amagingo ya nyuma.


Namwe rero ntimugace imanza igihe kitaragera, mutegereze ko Nyagasani azaza, agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, akanatangaza ibyo umutima ubundikiye. Ubwo ni bwo Imana izaha buri wese ishimwe rimukwiye.


Buri wese rero atange uko umutima we ubimubwira, atinuba, adahaswe, kuko Imana ikunda utanga yishimye.


Kuko amategeko yose abumbiye muri iri jambo rimwe rukumbi ngo «Uzakunde mugenzi wawe nkawe ubwawe».


Twoye kurarikira ikuzo ry’amanjwe, twirinde gushotorana no kugirirana ishyari.


Bavandimwe, ntimugasebanye bamwe ku bandi. Ushebeje cyangwa agacira umuvandimwe we urubanza, aba ashebeje kandi aciriye itegeko urubanza. Niba rero uciriye itegeko urubanza, nta bwo ukiri ukurikiza itegeko, ahubwo ugenza nk’umucamanza.


Kandi umucamanza n’utanga itegeko, ni umwe rukumbi: ni we ushobora kwica no gukiza. Uri nde rero, kugira ngo ucire mugenzi wawe urubanza?


Bavandimwe, ku byerekeye ububabare n’ubwiyumanganye, nimufatire urugero ku bahanuzi bavuze mu izina rya Nyagasani.


Bavandimwe rero, nimwihangane kugeza igihe Nyagasani azazira. Nimwitegereze umuhinzi ukuntu yihangana ategereje ko ubutaka bwe bubyara umusaruro mwiza; akihangana ubutarambirwa.


Nyamara bazabyibarizwa n’Imana, Yo yiteguye gucira imanza abazima n’abapfuye.


Mujye mucumbikirana mu ngo zanyu nta kwinuba,


Dore mpagaze ku muryango ndiho ndakomanga. Nihagira uwumva ijwi ryanjye, akankingurira, nzinjira iwe, nsangire na we, na we asangire nanjye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan