Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 5:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Umushahara w’abakozi basaruye imyaka mu mirima yanyu mwarawubahuguje, none ngaha uravuza induru kandi n’imiborogo y’abo bakozi yageze mu matwi ya Nyagasani Umutegetsi w’ingabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Dore, ibihembo by'abasaruzi basaruye imirima yanyu, ibyo mwabimishije uburiganya birataka, kandi umuborogo w'abo basaruzi winjiye mu matwi y'Uwiteka Nyiringabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Abasaruye imyaka yanyu ntimwabahembye none dore baraboroga! Umuborogo wabo kandi wageze mu matwi ya Nyagasani Nyiringabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Abasaruye imyaka yanyu ntimwabahembye none dore baraboroga! Umuborogo wabo kandi wageze mu matwi ya Nyagasani Nyiringabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 5:4
23 Iomraidhean Croise  

Uhoraho ati «Wakoze ibiki? Amaraso ya murumuna wawe wamennye, ngaha arantabariza mu gitaka.


bigatuma imiborogo y’abakene iyigeraho, ikumva n’induru z’abatishoboye.


Jyewe rero, nsa n’umucakara wifuza amafu, cyangwa umucancuro uharanira agahembo ke;


Nimucyo turirimbire Uhoraho, uganje kuri Siyoni, nimwamamaze ibigwi bye mu mahanga!


Ntuzatuke Imana, kandi ntuzatuke umuntu wese ufite ubutegetsi mu gihugu.


None ngaha induru y’Abayisraheli yangezeho, maze mbona ukuntu Abanyamisiri babica urupfu rubi.


Iyo Uhoraho, Umugaba w’ingabo, atajya kuturokoramo bamwe bahonotse, twari kuba aka Sodoma, tukamera nka Gomora.


Umuzabibu w’Uhoraho Umugaba w’ingabo, ni inzu ya Israheli, ingemwe z’indobanure yakundaga, zikaba abantu bo muri Yuda. Yari abatezeho ubutungane, none baratemagurana! Yari abategerejeho ubutabera, none abatishoboye baracura imiborogo!


Numvise Uhoraho, Umugaba w’ingabo arahira atya: Amazu menshi manini kandi meza azaba amatongo yose, atagira abayabamo.


Aragowe uwubaka inzu ye adakurikiza ubutabera, akagerekeranya amagorofa yayo atita ku butungane, agakoresha abandi ku busa, ntabahe igihembo,


Ntuzariganye mugenzi wawe cyangwa ngo umwibe; igihembo azaba yakoreye ntuzakirarane utakimuhaye.


Ni ukuri koko, ibuye ryubatse urukuta rizatabaza, maze rizasubizwe n’igiti cyo mu gisenge cy’inzu.


Nzabegera mbacire imanza; nzashinja abapfumu, abasambanyi n’abarahira ibinyoma, nzashinje abacuza abakozi igihembo cyabo, n’abarenganya umupfakazi n’impfubyi, kimwe n’abashikamira umusuhuke, n’abandi bose batanyubaha. Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze.


Nuko abwira abigishwa be ati «Imyaka yeze ni myinshi, ariko abakozi ni bakeya;


Imana se ni Yo yarangarana intore zayo, ntizirengere kandi ziyitakambira amanywa n’ijoro?


Ni nk’uko kandi Izayi yabihanuye ati «Iyo Nyagasani Umutegetsi w’ingabo atatuzigamira imbuto, tuba twarabaye nka Sodoma, tukagereranywa na Gomora.»


Uramenye ntuzagire ku mutima wawe ibitekerezo bigoramye, wibwira uti «Dore umwaka wa karindwi ugiye gutaha, umwaka wo guhara imyenda», ibyo bigatuma rero urebana imbabazi nke mwene wanyu w’umukene, ukanga kugira icyo umuha. Kuko icyo gihe aramutse atakiye Uhoraho akurega, wabarwaho icyaha!


Namwe ba shebuja, mujye muha abagaragu banyu ibitunganye n’ibibakwiye, mwibuka ko namwe mufite Shobuja uri mu ijuru.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan