Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 4:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Muratekereza se ko Ibyanditswe byandikiwe ubusa, aho bigira biti «Imana ikunda cyane umwuka wayo yadushyizemo»?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Mbese mutekereza yuko ibyanditswe bivugira ubusa ngo “Umwuka uba muri twe urararikira ukagira n'ishyari”?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Ese mutekereza ko Ibyanditswe ari ugupfa kuvuga, igihe bigira biti: “Imana ifuhira umwuka yashyize muri twe”?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Ese mutekereza ko Ibyanditswe ari ugupfa kuvuga, igihe bigira biti: “Imana ifuhira umwuka yashyize muri twe”?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 4:5
24 Iomraidhean Croise  

Yari afite imikumbi n’amashyo, n’abagaragu benshi. Abafilisiti bagirira Izaki ishyari;


Rasheli abonye ko atabyariye Yakobo, agirira mukuru we ishyari; abwira Yakobo ati «Mpa kubyara, nibyanga mpfe!»


Bene se bamugirira ishyari, naho se abibika mu mutima.


Onani yari azi ariko ko uwo mwana atazaba uwe, ni cyo cyatumaga asohorera hasi iyo yegeraga umugore wa mwene nyina, kugira ngo atazamubyarira.


Uhoraho arareba asanga ububi bw’abantu bwakwiriye ku isi; ibitekerezo by’umutima wabo nta bindi bitari ubugizi bwa nabi.


Uhoraho ahumurirwa n’umwuka ugusha neza w’ibitambo. Nuko aribwira ati «Sinzongera kuvuma ubutaka ukundi ku mpamvu y’umuntu. N’ubwo kuva mu bwana bwe nta kindi umutima we urarikira uretse ikibi, sinzongera kwica ibifite ubugingo nk’uko nabigenje.


Hanyuma bagiriye Musa ishyari mu ngando, na Aroni, intungane y’Uhoraho;


Iri mu zo bitirira Dawudi. Ntugahangayikishwe n’abagiranabi, cyangwa ngo ugirire ishyari abahendanyi,


Umutima w’umugiranabi uhora ushaka ikibi, ndetse n’incuti ye ntayireba neza.


Jyewe nasanze imvune n’ibikorwa byiza umuntu ageraho, biterwa n’ishyari agirira mugenzi we. Ibyo na byo ni ubusa, bikaba no kwiruka inyuma y’umuyaga!


Ishyari rya Efurayimu rizashira, n’abanzi ba Yuda batsembwe. Efurayimu ntizongera ukundi kugirira Yuda ishyari, na Yuda ye kuzongera ukundi kugirira nabi Efurayimu.


Musa aramusubiza ati «Waba se wabagiriye ishyari kubera jyewe? Iyaba Uhoraho yarasakaje umwuka we ku muryango we wose, maze bose bagahinduka abahanuzi!»


Imana si umuntu ngo irabeshya, si mwene Adamu ngo irisubiraho. Yavuga icyo itazakora se? Ijambo yavuze se ryapfa guhera aho?


Ubwo Amategeko yita imana ababwiwe ijambo ry’Imana, kandi Ibyanditswe bidashobora kuvuguruzwa,


N’ahandi mu Byanditswe havuga ngo «Bazarangamira uwo bazaba bahinguranyije.»


Ibyanditswe ntibivuga ko Kristu ari uwo mu nkomoko ya Dawudi, ko azaturuka ku musozi wa Betelehemu, aho Dawudi yavukiye?»


Abo basekuruza bacu bagirira Yozefu ishyari, baramugurisha, ajyanwa mu Misiri. Ariko Imana yari kumwe na we,


Buzuye icyitwa inabi cyose, ubugome, umururumba, ububisha; buzuye ishyari, ubwicanyi, intonganya, uburiganya, ubugambanyi; barasebanya,


Kuko Ibyanditswe bibwira Farawo biti «Dore icyatumye ngushyiraho, kwari ukugira ngo nzakwerekanireho.» ububasha bwanjye maze izina ryanjye ribe ikirangirire ku isi yose


Ubundi se ntimuzi ko umubiri wanyu ari ingoro ya Roho Mutagatifu ubatuyemo, kandi ukomoka ku Mana, maze mukaba nta bubasha mwifiteho?


Mbese ingoro y’Imana yasangirwa ite n’ibigirwamana? Erega, ni twe ngoro y’Imana Nzima, nk’uko ubwayo ibyivugira iti «Nzatura muri bo, nzatambagire rwagati muri bo, maze nzabe Imana yabo, na bo bazambere umuryango.


Ibyanditswe byabibonye kare ko Imana izatagatifuza amahanga ku mpamvu y’ukwemera, byo byahanuriye Abrahamu ngo «Imiryango yose y’isi izaguherwamo umugisha.»


Koko rero natwe kera twari ibicucu, n’intumvira, n’ibirara; twari twaratwawe n’irari ry’ibibi bitagira ingano, tukibera mu bugizi bwa nabi n’ishyari, dufite n’icyangiro, kandi natwe ubwacu tuzirana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan