Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 3:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ururimi na rwo ni nk’umuriro, isoko y’ibibi; rubarirwa mu myanya y’umubiri wacu, maze rukanduza umubiri wose, rukawutwikisha umuriro rukomora mu nyenga y’ikuzimu, rukangiza imibereho yacu yose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Kandi koko ururimi ni umuriro. Yemwe ni ububi bungana n'isi! Ururimi rwashyizwe mu ngingo zacu, ni rwo rwonona umubiri wose, rukongeza kamere yacu yose, na rwo rukongezwa na Gehinomu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Ururimi na rwo ni umuriro. Ni isangano y'ububi bungana n'isi. Ni rumwe mu ngingo z'umubiri wacu kandi rukawangiza wose, rugatwikisha imibereho yacu yose umuriro rurahura muri ya nyenga itazima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Ururimi na rwo ni umuriro. Ni isangano y'ububi bungana n'isi. Ni rumwe mu ngingo z'umubiri wacu kandi rukawangiza wose, rugatwikisha imibereho yacu yose umuriro rurahura muri ya nyenga itazima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 3:6
62 Iomraidhean Croise  

Bukeye, Abusalomu abwira Ahitofeli, ati «Nimujye inama y’icyo tugomba gukora.»


Abayuda bose basubiza Abayisraheli, bati «Ni uko umwami ari mwene wacu. Ni kuki ibyo byabababaza? Hari icyo twariye giturutse ku mwami? Cyangwa se hari ikintu icyo ari cyo cyose yaba yaduhaye?»


Abiya n’ingabo ze barabanesha cyane, bica mu Bayisraheli abagabo b’intwari kabuhariwe ibihumbi magana atanu.


ba bandi bahora bazirikana kugira nabi, buri munsi bagasembura intambara;


umpishe kure y’abicanyi bangambanira, kure y’abagizi ba nabi bahuje umugambi.


Igisubizo cyiza gicubya uburakari, ariko ijambo risesereza rikabyutsa umujinya.


Umuntu w’ikigwari ateza ibyago, ururimi rwe rwotsa nk’umuriro.


uwo batanzeho umugabo, akemeza ibinyoma, n’uwigira gashozantambara mu bavandimwe.


Ibyo bizakurinda umugore w’indaya n’umuvantara ufite amagambo aryohereye.


Ngaha Uhoraho araje aturutse kure, afite uburakari bugurumana kandi bukaze, iminwa ye yuzuye umujinya, ururimi rwe rumeze nk’umuriro utwika.


Naho mwebwe abacana umuriro, mukitwaza imyambi igurumana, nimujye mu gishyito cy’umuriro wanyu, rwagati mu nkongi y’umuriro mwicaniye. Kuko ibyo muzabigirirwa n’ikiganza cyanjye, mukazapfana umubabaro.


Numvise imigambi y’ubugome bwa rubanda, iterabwoba impande zose ngo «Nimumushinje, natwe tumushinje!» Abahoze ari incuti zanjye, bari barekereje ko nagwa, bati «Wenda ahari yashukika tukamubona uburyo, tukamwihimura.»


Ni yo mpamvu Uhoraho avuze atya: Ngiye kuguca ku isi, uyu mwaka uzapfa, kuko watoje imbaga kugomera Uhoraho.»


Uwo muhungu yaratinyutse atuka Uhoraho, maze asuzuguza izina rye. Abayisraheli babibonye batyo, bamushyikiriza Musa. Nyina yitwaga Shelomita, umukobwa wa Diviri wo mu nzu ya Dani.


Abo bakobwa babatumiye mu bitambo by’imana zabo, maze rubanda baragenda baraharira, banapfukamira za mana zabo.


Kandi ari bo, mu gihe cya Balamu, batumye Abayisraheli batatira Uhoraho bakishyira mu maboko y’ikigirwamana cy’i Pewori, maze icyorezo kikayogoza ikoraniro ry’Uhoraho!


Abafarizayi babyumvise, baravuga bati «Belizebuli, umutware wa roho mbi, ni we yirukanisha roho mbi.»


Jyewe mbabwiye ko umuntu wese urakariye mugenzi we, azabibarizwa mu rukiko; naho nabwira mugenzi we ’Gicucu!’ azabibarizwa mu Nama Nkuru; namubwira ati ’Uri umusazi!’, azishyurira mu nyenga y’umuriro.


Nta kintu kijya mu muntu giturutse inyuma kimuhumanya, ahubwo ikivuye mu muntu ni cyo kimuhumanya.


Nuko atera hejuru ati ’Mubyeyi Abrahamu, mbabarira wohereze Lazaro, akoze umutwe w’urutoki rwe mu mazi, maze aze ambobeze ku rurimi, kuko nazahajwe n’uyu muriro.’


Ndetse no muri mwe hazaduka abantu bavuga amagambo y’ibinyoma, azatuma bigarurira abigishwa.


Petero aramubwira ati «Ananiya, ni iki cyatumye Sekinyoma agutaha mu mutima? Wabeshye Roho Mutagatifu maze usigarana igice cy’ikiguzi cy’isambu yawe.


Ni ko kuzana abashinjabinyoma baravuga bati «Uyu muntu ntahwema kuvuga amagambo asebya Ahantu hatagatifu kimwe n’Amategeko;


Naho uwo muhanuzi cyangwa uwo mubonekerwa, muzamwice kubera ko azaba yababwirije kugomera Uhoraho Imana yanyu, wabakuye mu gihugu cya Misiri, akababohoza mu nzu y’ubucakara: uwo muntu yari agamije kubatesha inzira Uhoraho Imana yanyu yababwirije gukurikira. Muzakure ishyano hagati yanyu!


Abo ngabo ni ngombwa kubaziba akanwa, kuko bahubanganya ingo nyinshi, igihe baba bigisha ibidakwiye kugira ngo bibonere inyungu mbi.


Si bo se batuka izina rya Kristu mwitiriwe?


Koko rero nta bwoko na bumwe, bwaba ubw’inyamaswa z’inkazi, bwaba ubw’inyoni, bwaba ubw’ibikururuka ku butaka, bwaba ubw’amafi, nta na bumwe umuntu adashobora gutegeka;


Mbere na mbere, mumenye ko mu minsi ya nyuma hazaduka abaneguranyi batagira icyo bemera, bakurikira gusa irari ryabo bwite,


Ni cyo gituma igihe nzazira, nzamagana mu ruhame iyo migenzereze ye, n’amagambo ye mabi yasakaye hose adusebya. Nyamara si n’ibyo gusa, yanze no kwakira abavandimwe; n’abashatse kubakira arabibabuza, ndetse akabaca mu Kiliziya.


Cya kiyoka nyamunini kirahananturwa: ya Nzoka ya kera na kare, ari yo bita «Sekibi na Sekinyoma», wa wundi uyobya isi yose. Nuko gihananturirwa ku isi hamwe n’Abamalayika bacyo.


Bityo kiyobya abatuye isi kubera ibyo bitangaza cyari cyahawe gukora mu maso y’Igikoko cya mbere; kibwira abatuye isi kwimika ishusho yubahiriza cya Gikoko cyari cyakomerekejwe n’inkota, none kikaba ari gitaraga.


Urumuri rw’itara ntiruzabonesha iwawe ukundi, ntibazongera kumva iwawe ijwi ry’umukwe n’umugeni, kuko abacuruzi bawe bari ibikomerezwa by’isi, ubupfumu bwawe bukaba bwarayobeje amahanga yose,


Nuko Igikoko gifatwa mpiri, hamwe n’umuhanurabinyoma wakoreraga imbere yacyo ibikorwa bitangaje, akayobya abari barahawe ikimenyetso cy’igikoko, kandi bagasenga ishusho yacyo. Bombi bajugunywa ari bazima mu nyenga y’umuriro ugurumana w’amahindure.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan