Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 3:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Bavandimwe, ntimugahirimbanire mwese kuba abigisha. Murabizi ko twebwe abigisha tuzacirwa urubanza rukomeye,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Bene Data, ntihakabe benshi muri mwe bashaka kuba abigisha: muzi yuko tuzacirwa urubanza ruruta iz'abandi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Bavandimwe, si benshi muri mwe mugomba kuba abigisha. Muzi yuko twebwe abigisha tuzacirwa urubanza ruruta urw'abandi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Bavandimwe, si benshi muri mwe mugomba kuba abigisha. Muzi yuko twebwe abigisha tuzacirwa urubanza ruruta urw'abandi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 3:1
30 Iomraidhean Croise  

Nuko Musa abwira Aroni, ati «Uhoraho yari yabivuze ukuri: ’Ubutungane bwanjye bugaragarira mu banyegera, kandi ngomba guherwa ikuzo imbere y’umuryango wose.’» Aroni araceceka, arumirwa.


Buri muntu wese ugenza atyo, Uhoraho arakamwima umwishingira n’umuvugizi mu mahema ya Yakobo, ndetse ntakabone n’umuturira igitambo cyo kumusabira kuri Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Umwigishwa ntasumba umwigisha we, n’umugaragu ntasumba shebuja.


Nimwiyimbire, bigishamategeko n’Abafarizayi b’indyarya, mwe mutesha abantu irembo ry’Ingoma y’ijuru! Ubwanyu ntimwinjira, maze n’ababishaka ntimureke binjira. ()


Abafarizayi babibonye, babaza abigishwa be bati «Ni iki gituma umwigisha wanyu asangira n’abasoresha n’abanyabyaha?»


Aramuhamagaza, aramubwira ati ’Ibyo numva bakuvugaho ni ibiki? Murikira ibyanjye kuko kuva ubu utazongera kumbera mu bintu.’


Ntimugashinje abandi, namwe mutazashinjwa; ntimugacire abandi urubanza, namwe mutazarucirwa; nimubabarire abandi, namwe muzababarirwe.


Yezu aramusubiza ati «Ukaba umwigisha muri Israheli, maze ibyo ntubimenye?


Muri Kiliziya y’i Antiyokiya hari abahanuzi n’abigisha, ari bo Barinaba, Simewoni bitaga «Umwirabura» na Lusiyusi w’i Sireni, Manaheni wari warareranywe n’umwami Herodi, na Sawuli.


Bityo rero, abo Imana yashyizeho muri Kiliziya, aba mbere ni intumwa, aba kabiri ni abahanuzi, aba gatatu ni abigisha. Hanyuma ikurikizaho abakora ibitangaza; abafite ingabire yo gukiza abarwayi, iyo gutabarana, iyo kuyobora n’iyo kuvuga mu ndimi.


Kuko twese tuzahinguka imbere y’urukiko rwa Kristu, ngo buri wese ahabwe igikwiye ibyo yakoze akiri mu buzima bw’umubiri, byaba ibyiza cyangwa ibibi.


Ni na We wahaye bamwe kuba intumwa, abandi abaha kuba abahanuzi, abandi abaha kuba abogezabutumwa, abandi abaha kuba abashumba cyangwa se abigisha.


Bibwira ko ari abahanga mu by’Amategeko, kandi baba batazi n’icyo bavuga cyangwa barwanira ishyaka.


kandi nanjye ubwanjye nkaba naratorewe kuba intumwa yo kubyamamaza no kubyogeza. Ndavuga ukuri simbeshya, ndi umwarimu w’amahanga mu byerekeye ukwemera n’ukuri.


ari na yo jyewe natorewe ngo mbe umwogeza, intumwa n’umwigisha wayo.


Nimwumvire abayobozi banyu kandi mubashobokere, kuko ari bo bashinzwe roho zanyu kandi bakazazibazwa. Bityo bazashobora kubikorana ibyishimo, aho kubikora binuba, kuko ibyo nta kamaro byabagirira.


Ntimukibeshye rero, bavandimwe nkunda.


Mubimenye rero, bavandimwe nkunda, ko muri impuguke. Nyamara, buri muntu arabangukirwe mu gutega amatwi, ariko ntagahubuke mu kuvuga; atinde no kurakara,


bityo mu munwa umwe hagasohoka umugisha n’umuvumo. Bavandimwe rero, ntibyari bikwiye kumera bityo.


Ntimugategekeshe igitugu abo mushinzwe kuragira, ahubwo nimubere ubwo bushyo urugero rwiza;


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan