Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 1:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Niba muri mwe hari ubuze ubuhanga, abusabe Imana izabumuha, Yo iha bose ku buntu kandi itagombye kugondozwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Ariko niba hariho umuntu muri mwe ubuze ubwenge, abusabe Imana iha abantu bose itimana, itishāma kandi azabuhabwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Niba muri mwe hari ubuze ubwenge nasabe Imana ibumuhe, kuko iha bose itītangira kandi idacyurira umuntu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Niba muri mwe hari ubuze ubwenge nasabe Imana ibumuhe, kuko iha bose itītangira kandi idacyurira umuntu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 1:5
31 Iomraidhean Croise  

Gusa, Uhoraho azaguhe ugushishoza n’ubuhanga mu gihe azaba agushyize muri Israheli ngo uhategeke, kugira ngo witondere Itegeko ry’Uhoraho Imana yawe!


Ubu rero, mpa ubwitonzi n’ubuhanga kugira ngo menye uko nakwifata imbere y’uyu muryango. Ni nde koko wabasha gutegeka umuryango wawe ungana utya?»


Uwo nacumuyeho ni wowe wenyine, maze ikibi wanga, mba ari cyo nkora! None rero, nubintonganyiriza ntuzaba undenganya, n’urubanza uzancira ntirugira amakemwa.


Namwujujemo umwuka w’Imana, maze muha ubuhanga, ubwenge n’ubumenyi bw’imyuga iyo ari yo yose,


Kandi dore nashyize Oholiyabu, mwene Ahisamaki wo mu nzu ya Dani, hamwe na we. Umutima wa buri muhanzi nawushyizemo ubuhanga, kugira ngo bazakore ibyo nagutegetse byose:


Jyewe nkunda abankunda, kandi abanshaka bose barambona.


Nuko atangira gutonganya imigi yabonye ibitangaza bye byinshi, ikarenga ntiyihane, avuga ati


Hanyuma abonekera ba bandi Cumi n’umwe, bari ku meza, maze abatonganyiriza ukutemera kwabo n’umutima wabo unangiye, kuko bari banze kwemera abari bamubonye amaze kuzuka.


Byongeye kandi, icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye, nzagikora, kugira ngo Data ahererwe ikuzo muri Mwana.


Nimumbamo n’amagambo yanjye akababamo, muzasabe icyo muzashaka cyose muzagihabwa.


Yezu aramusubiza ati «Iyaba wari uzi ingabire y’Imana, ukamenya n’ukubwira ati ’Mpa amazi yo kunywa’, wajyaga kuyamusaba ari wowe, maze akaguha amazi atanga ubugingo.»


Kuri bamwe tubanukira urupfu bikazabageza ku rupfu; ku bandi turi impumuro y’ubuzima bikazabageza ku bugingo. Ni nde muntu rero waba ukwiye guhabwa ubutumwa nk’ubwo?


Icyitwa ingabire y’agaciro cyose, n’ituro rishyitse iryo ari ryo ryose, bikomoka mu ijuru ku Mubyeyi w’urumuri, we udahinduka kandi ntatume habaho umwijima uturutse ku mihindagurike y’ibihe.


Naho ubuhanga bukomoka mu ijuru, icya mbere cyo ni ubuziranenge, ni ubunyamahoro, ni ubunyarugwiro n’ubunyampuhwe, bukaba busendereye ineza kandi bukarumbuka imbuto nziza, ntibugire aho bubogamira kandi ntibugire uburyarya.


Nimwirege ibyaha byanyu bamwe ku bandi, kandi musabirane kugira ngo mukizwe. Isengesho ry’intungane rigira ubushobozi bwinshi.


maze icyo dusabye cyose tukagihabwa, kuko dukurikiza amategeko yayo, kandi tugakora ikiyinyura.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan