Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 1:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Ariko rero ubwo bwiyumanganye bugomba kuba bugaragara, kugira ngo mube abantu bahamye kandi nyabo, mbese batagira amakemwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Ariko mureke kwihangana gusohoze umurimo wako, mubone gutungana rwose mushyitse mutabuzeho na gato.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Mureke ukwihangana kurangize umurimo wako, kugira ngo mube indakemwa, mushyitse, nta cyo mubuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Mureke ukwihangana kurangize umurimo wako, kugira ngo mube indakemwa, mushyitse, nta cyo mubuze.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 1:4
26 Iomraidhean Croise  

kandi umunyakuri akomeza inzira ye, maze uw’umwere arushaho gukaza umurego.


Gumana ituze imbere y’Uhoraho, umwiringire, ntugahangayikishwe n’uwahiriwe na byose, n’utunzwe n’amayeri ntakakubabaze.


Igenewe umuririmbisha. Ni zaburi iri mu zo bitirira Dawudi.


Uzabupfumbate, buzagukuza; nubuhobera buzaguhesha icyubahiro.


Gusa iby’iri bonekerwa bizaza mu gihe cyagenwe, ni bwo byose bizuzuzwa nta kabuza; n’aho ryatinda kandi uzaritegereze, kuko rizaza ku gihe cyaryo nta gihindutse!


Muzangwa na bose muzira izina ryanjye, ariko uzakomera kugeza ku ndunduro, uwo ni we uzarokoka.


Uwo musore aramubwira ati «Ibyo byose ko nabikurikije, ni iki kindi nshigaje?»


Mwebweho rero, muzabe intungane nk’uko So wo mu ijuru ari intungane.


Yezu aramwitegereza yumva amukunze; aramubwira ati «Ubuze ikintu kimwe gusa: genda ugurishe ibyo utunze, ubihe abakene, uzagira ubukire mu ijuru, hanyuma uze unkurikire.»


Yezu abyumvise, aramubwira ati «Ubuze ikintu kimwe gusa: gurisha ibyo utunze byose, maze ubigabanye abakene, uzagira ubukire mu ijuru; hanyuma uze unkurikire.»


Mu bwiyumanganye bwanyu ni ho muzarokora ubuzima bwanyu!


Abameze nk’imbuto zaguye mu butaka bwiza, ni abumva ijambo, bakaryakirana umutima ukeye kandi mwiza, maze bakera imbuto nziza babikesha ubudacogora bwabo.


mbe muri bo, nawe ube muri jye, kugira ngo bagere ku bumwe bushyitse, maze isi imenye ko wantumye, kandi ko wabakunze nk’uko wankunze.


Nyamara, abamaze gukomera mu kwemera turababwira iby’ubuhanga, ariko butari ubuhanga bw’iyi si, cyangwa bukomoka ku bagenga b’iyi si kuko bariho batariho.


Nitwihatire gukora icyiza tutadohoka, bityo, niba tudacogoye, tuzasarura igihe kigeze.


Epafurasi uvuka iwanyu arabatashya; uwo mugaragu wa Yezu Kristu ntahwema kubasabira, kugira ngo mukomere mube intungane, kandi mukurikize muri byose ugushaka kw’Imana.


Imana y’amahoro ubwayo nibatagatifuze binonosoye, kugira ngo izasange muri indahemuka mwese nta makemwa mufite ku mutima no ku mubiri, ku munsi Umwami wacu Yezu Kristu azaziraho.


bityo umuntu w’Imana wese akabasha kuba igihame kandi akabona intwaro zimufasha gukora icyiza cyose.


Yo ubwayo ibahe gukora icyiza cyose gihuje n’ugushaka kwayo, kandi iturangirizemo ikiboneye mu maso yayo ku bwa Yezu Kristu, Nyaguharirwa ikuzo uko ibihe bisimburana iteka. Amen!


Niba muri mwe hari ubuze ubuhanga, abusabe Imana izabumuha, Yo iha bose ku buntu kandi itagombye kugondozwa.


kuko kenshi twese duteshuka mu magambo. Niba umuntu adateshutswe mu magambo, uwo nguwo aba ari umuntu nyawe, ushobora no gutegeka umubiri we wose.


Nyamara nimumara kubabazwa igihe kigufiya, Imana nyir’ubuntu bwose, Yo yabahamagariye ikuzo rihoraho muri Kristu, izabasubiza imbaraga, ibatere inkunga, ibakomeze kandi ibagire indatsimburwa.


Naho ubundi, umuntu ubuze ibyo ngibyo, ameze nk’impumyi ihunyeza, akibagirwa ko yahanaguweho ibyaha bye bya kera.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan