Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Yakobo 1:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Jyewe Yakobo, umugaragu w’Imana n’uwa Nyagasani Yezu Kristu, ku batoranyijwe n’Imana bo mu miryango cumi n’ibiri, batuye mu mahanga, ndabaramutsa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Yakobo imbata y'Imana n'Umwami Yesu Kristo ndabandikiye, mwebwe abo mu miryango cumi n'ibiri y'abatatanye ndabatashya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Jyewe Yakobo umugaragu w'Imana n'Umwami wacu Yezu Kristo, ndabaramukije ab'imiryango cumi n'ibiri batataniye mu mahanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Jyewe Yakobo umugaragu w'Imana n'Umwami wacu Yezu Kristo, ndabaramukije ab'imiryango cumi n'ibiri batataniye mu mahanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Yakobo 1:1
41 Iomraidhean Croise  

Afata amabuye cumi n’abiri, nk’uko imiryango ya bene Yakobo yanganaga, ari we Uhoraho yari yarabwiye ati «Uzitwa Israheli.»


Kubera ibyo birori byo gutaha iyo Ngoro y’Imana, batuye ibimasa ijana, za rugeyo magana abiri, intama magana ane; byongeye kandi, kugira ngo bahongerere icyaha cya Israheli yose, batura n’amasekurume cumi n’abiri, bakurikije umubare w’imiryango ya Israheli.


Musa yandika amagambo y’Uhoraho yose. Hanyuma azinduka mu gitondo cya kare, yubaka urutambiro mu nsi y’umusozi, anahashinga amabuye cumi n’abiri yibutsa Imiryango cumi n’ibiri ya Israheli.


Amabuye azahwane n’amazina y’abana ba Israheli; azabe cumi n’abiri nk’amazina yabo bazayasharage nka za kashe, maze buri buye rizagire izina ryaryo, rimwe mu mazina y’imiryango cumi n’ibiri.


Amabuye yari ahwanye n’amazina y’abana ba Israheli uko ari cumi na babiri. Yari asharazwe nko muri kashe, buri buye rifite izina ryaryo, rimwe mu mazina y’imiryango cumi n’ibiri.


Igihe nzaba nabakwije imishwaro mu mahanga, nkanabatatanyiriza mu bihugu bya kure, bazamenya ko ndi Uhoraho.


Mwebwe ubwo muzaba mwarakwiriye imishwaro mu mahanga yose, kandi na ho nzahabakurikiza inkota. Igihugu cyanyu kizazima, imigi yanyu isigare ari amatongo.


Filipo na Baritolomayo, Tomasi na Matayo umusoresha; Yakobo mwene Alufeyi na Tadeyo;


Uriya si umwana wa wa mubaji? Nyina ntiyitwa Mariya? Abavandimwe be si Yakobo, Yozefu, Simoni na Yuda?


Yezu arabasubiza ati «Ndababwira ukuri: mwebwe mwankurikiye, igihe byose bizavugururwa, igihe Umwana w’umuntu azaba aganje ku ntebe ye y’ikuzo, namwe muzicara ku ntebe cumi n’ebyiri mutegeke imiryango cumi n’ibiri ya Israheli;


na Andereya, Filipo, Baritolomayo, Matayo, Tomasi, Yakobo mwene Alufeyi, Tadeyo, Simoni umunyeshyaka,


kugira ngo muzarire kandi muzanywere ku meza yanjye mu Ngoma yanjye; kandi muzicare ku ntebe z’ubutware, mucire imanza imiryango cumi n’ibiri ya Israheli.»


na Matayo, na Tomasi, na Yakobo mwene Alufeyi, na Simoni bitaga Murwanashyaka,


Ushaka kumbera umugaragu nankurikire, maze aho ndi, abe ari na ho umugaragu wanjye azaba. Byongeye, ungaragira, Data azamwubahiriza.


Abayahudi batangira kubazanya bati «Agiye kuzajya he, tutazamusanga? Azabe agiye gusanga Abayahudi batataniye mu banyamahanga, maze akigisha abanyamahanga?


Bahageze, bazamuka mu cyumba cyo hejuru aho babaga. Abo ni Petero, Yohani, Yakobo, Andereya, Filipo na Tomasi, Baritolomayo na Matayo, Yakobo mwene Alufeyi, Simoni umunyeshyaka, na Yuda mwene Yakobo.


Abacecekesha ikiganza, maze abatekerereza uburyo Nyagasani yamukuye mu buroko, hanyuma arababwira ati «Nimujye kubimenyesha Yakobo n’abavandimwe.» Nuko arahava, yigira ahandi hantu.


Barangije kuvuga, Yakobo afata ijambo agira ati «Bavandimwe, nimunyumve.


Naho Musa, kuva kera umugi wose awufitemo abigisha ibye, kuko kuri buri sabato babisomera mu masengero.»


Urwo rwandiko babahaye rwagiraga ruti «Twebwe Intumwa, abakuru b’ikoraniro n’abavandimwe, turabaramutsa, bavandimwe bacu b’abanyamahanga bari Antiyokiya, muri Siriya no muri Silisiya.


Aho rero i Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu mahanga yose ari mu nsi y’ijuru.


Bukeye, Pawulo ajyana natwe kwa Yakobo, n’abakuru bose barahateranira.


«Jyewe Kalawudiyo Liziya, kuri Nyakubahwa umutware Feligisi: ndakuramutsa.


Ayo masezerano ni yo nyine imiryango yacu uko ari cumi n’ibiri idahwema kwizera ko azasohozwa, bigatuma ishishikarira gusenga Imana amanywa n’ijoro. None rero, Mwami, iby’ayo mizero ni byo ndegwa n’Abayahudi.


Sawuli na we yari mu bemeye ubwo bwicanyi. Uwo munsi haduka itotezwa rikomeye muri Kiliziya y’i Yeruzalemu, maze bose uretse Intumwa, batatanira mu turere twa Yudeya na Samariya.


Jyewe Pawulo, umugaragu wa Yezu Kristu, ndabaramutsa. Koko natorewe kuba intumwa, nteganyirizwa kwamamaza Inkuru Nziza


Nta yindi ntumwa twabonanye, uretse Yakobo umuvandimwe wa Nyagasani.


Koko rero, mbere y’uko haza abantu bo mu gice cya Yakobo, yasangiraga n’abanyamahanga. Aho baziye, aravunura, aritarura, byo gutinya abagenywe.


Nuko Yakobo, Petero na Yohani, kandi ari na bo bitwa inkingi, bamaze kumenya ingabire nahawe, turumvikana baduhereza ukuboko, jyewe na Barinaba, ngo twebwe tujye mu banyamahanga, naho bo mu bagenywe.


Uhoraho azagutatanyiriza mu mahanga yose, uhereye ku mpera y’isi ukageza ku yindi; kandi nugerayo, uzayoboka imana zindi wowe n’abasokuruza bawe mutigeze mumenya: imana zikozwe mu biti cyangwa amabuye!


Uhoraho Imana yawe azahindura urwo yari yaraguciriye, akwereke imbabazi ze, asubire kugukoranya akuvana mu mahanga yose Uhoraho Imana yawe azaba yaragutatanyirijemo.


Naravuze nti ’Mba mbajanjaguye nkabahindura ubushingwe, nkazimangatanya icyatuma bibukwa mu bantu,


Uhoraho azabatatanyiriza mu bindi bihugu, musigare muri bake cyane hagati y’amahanga, aho Uhoraho azaba yabimuriye bunyago.


Twebwe Pawulo na Timote, abagaragu ba Yezu Kristu, ku batagatifujwe bose muri Yezu Kristu bari i Filipi, hamwe n’abayobozi babo n’abadiyakoni babo:


Wihutire kuza mbere y’itumba. Ewubuli aragutashya, na Pudensi, na Lini, na Kalawudiya, n’abavandimwe bose.


Jyewe Pawulo, umugaragu w’Imana n’intumwa ya Yezu Kristu igenewe kugeza intore z’Imana ku kwemera no ku bumenyi bw’ukuri guhuje n’ubusabaniramana,


Jyewe Petero, intumwa ya Yezu Kristu, kuri mwebwe ntore z’Imana, mwatatanijwe nk’abagenzi n’abasuhuke mu ntara ya Ponti, mu Bugalati, muri Kapadosiya, muri Aziya no muri Bitiniya,


Jyewe Simoni Petero, umugaragu n’intumwa ya Yezu Kristu, ku bahawe ukwemera gukomeye nk’ukwacu, babikesheje ubuntu bw’Imana yacu n’Umukiza wacu Yezu Kristu:


Jyewe Yuda, umugaragu wa Yezu Kristu n’umuvandimwe wa Yakobo, ku bahamagawe kandi bakunzwe n’Imana, bakarindwa na Yezu Kristu:


Nuko numva umubare w’abashyizweho ikimenyetso: abantu ibihumbi ijana na mirongo ine na bine bo mu miryango yose y’Abayisraheli.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan