Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Umubwiriza 9:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ni akaga k’urujijo kuri iyi isi, kubona abantu bose bagira iherezo rimwe. Ni yo mpamvu usanga imitima y’abantu isobetse amaganya, bati «Reka twisarire igihe tukiriho»; nyuma yaho bagapfa bakajya ikuzimu!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Iki ni ikibi cyo muri byose bikorerwa munsi y'ijuru, yuko amaherezo ya byose ari amwe, kandi imitima y'abantu yuzuyemo ibibi, ndetse mu mitima y'abo bakiriho harimo ibisazi, ariko iherezo bazakurikira abapfuye babasangeyo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Iki na cyo ni kibi mu bintu biba ku isi: kubona abantu bose bapfa rumwe, barangwa n'ibibi n'ibisazi mu mibereho yabo, hanyuma bagapfa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Iki na cyo ni kibi mu bintu biba ku isi: kubona abantu bose bapfa rumwe, barangwa n'ibibi n'ibisazi mu mibereho yabo, hanyuma bagapfa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Umubwiriza 9:3
30 Iomraidhean Croise  

Uhoraho arareba asanga ububi bw’abantu bwakwiriye ku isi; ibitekerezo by’umutima wabo nta bindi bitari ubugizi bwa nabi.


Uhoraho ahumurirwa n’umwuka ugusha neza w’ibitambo. Nuko aribwira ati «Sinzongera kuvuma ubutaka ukundi ku mpamvu y’umuntu. N’ubwo kuva mu bwana bwe nta kindi umutima we urarikira uretse ikibi, sinzongera kwica ibifite ubugingo nk’uko nabigenje.


nkanswe cya kiremwa cyandavuye, kinateye ishozi, ari cyo muntu, ugotomera icyaha nk’amazi!


Abo bombi ariko, bahambwa mu gitaka! inyo zikabashokera icyarimwe!


Kuri jyewe byose ni kimwe, ni yo mpamvu mvuga nti ’Atsemba umunyamurava n’umunyabyaha.’


Koko nemeye ibicumuro byanjye, icyaha cyanjye kimpora imbere.


Buzuriza hamwe imigambi y’ubugizi bwa nabi, bakigamba bavuga bati «Ibyo dushaka kugeraho turabinogeje rwose; burya mu nda ni kure, umutima w’umuntu ntugerwaho!»


Umugiranabi abirindurwa n’uburyarya bwe, naho intungane igakizwa n’umurava wayo.


Nitondeye gusobanukirwa ubumenyi n’ubuhanga, kumenya ubugoryi n’ubusazi; ibyo na byo nasanze ari ukwiruka inyuma y’umuyaga.


maze umukungugu usubire mu gitaka wavuyemo, n’umwuka w’ubugingo usubire ku Mana yawutanze.


Umunyabuhanga amenya iyo ajya, naho umusazi akagenda afuragurika; ni byo koko, nyamara bombi bazapfa rumwe.


Aho kujya mu nzu y’ibirori wajya mu nzu y’abapfushije, kuko ari yo maherezo ngombwa ya buri muntu, kandi uriho wese akwiye kubizirikana.


Mu mutima wanjye, jyewe nahagurukiye gushakashaka no gucengera ubuhanga n’ukuri kw’ibintu, nsanga ubugome ari ubucucu, naho ubusazi ari uguhangwaho.


Kubera ko icyemezo cyo guhana ikibi kitaziraho, umutima w’abantu urarikira kugira nabi.


Ikindi nasanze ku isi ni uko abavuduka mu kwiruka atari bo batsinda, kandi ab’intwari si bo batsinda ku rugamba. Umugati ntuhabwa abanyabuhanga, ubukire ntibusanga abanyabwenge, cyangwa ngo abaminuje mu bumenyi abe ari bo batoneshwa; kuko bose bahura n’ibizazane.


Kuri we byose ni amashyengo; kuko ari intungane n’umunyabyaha, ari utura ibitambo n’utigera abitura, ari umugiraneza n’umunyabyaha, ari upfa kurahira ari n’ubitinya, bose bapfa kimwe!


Ukiri kumwe n’abandi ku isi aba agifite amizero, kuko «imbwa igihagaze, iruta intumbi y’intare».


Naho mwebwe, mwakoze nabi birengeje abasokuruza banyu. Buri wese muri mwe atsimbarara ku bubi bwe buteye ishozi, yanga kunyumva!


Ni jye Uhoraho ucengera ibitekerezo, nkagenzura imitima, kandi ngahembera buri wese imyifatire ye, nkurikije imbuto z’ibikorwa bye.


Mu nda y’umuntu ni ho kure, kuruta ahandi hose; ni nde wacengera umutima we mubi ngo awuhane?


Bigeze aho, aribwira ati ’Nyamara se kwa data hari abakozi bangana iki barya bakanabisigaza, naho jyewe nicirwa n’inzara hano!


Ariko bo barabisha, basigara bashaka uko bagenza Yezu.


ako kanya umumalayika wa Nyagasani aramukubita, agwa inyo arapfa, kuko atari yahaye Imana icyubahiro.


Nazengurutse amasengero yose mbatoteza bikomeye, ndetse nkanabahatira gutuka Imana. Narabarakariraga bikabije, ku buryo nabakurikiraga kugeza no mu migi yo mu mahanga.


Pawulo, ngo ageze aho yiregura, Fesito atera hejuru ati «Pawulo, wasaze! Wize byinshi byo kugutera ibisazi!»


Koko rero natwe kera twari ibicucu, n’intumvira, n’ibirara; twari twaratwawe n’irari ry’ibibi bitagira ingano, tukibera mu bugizi bwa nabi n’ishyari, dufite n’icyangiro, kandi natwe ubwacu tuzirana.


ariko uwo muhanuzi aza guhanirwa ukutumvira kwe, igihe indogobe ye, yo nyamaswa idashobora kuvuga, ivuze nk’umuntu ikaburizamo ubusazi bwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan