Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Umubwiriza 7:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Aho kujya mu nzu y’ibirori wajya mu nzu y’abapfushije, kuko ari yo maherezo ngombwa ya buri muntu, kandi uriho wese akwiye kubizirikana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Kujya mu rugo rurimo imiborogo biruta kujya mu rugo rurimo ibirori, kuko ibyo ari byo herezo ry'abantu bose, kandi ukiriho azabihorana ku mutima we.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Ni byiza kugenderera abari mu cyunamo kuruta abari mu byishimo, koko urupfu ni rwo maherezo ya buri muntu, bityo abantu bagomba kubizirikana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Ni byiza kugenderera abari mu cyunamo kuruta abari mu byishimo, koko urupfu ni rwo maherezo ya buri muntu, bityo abantu bagomba kubizirikana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Umubwiriza 7:2
29 Iomraidhean Croise  

Utwumvishe ko iminsi yacu ibaze, bityo tuzagire umutima ushishoza.


Iyo baba abanyabwenge bari gusobanukirwa na byo, bakamenya ibibafitiye akamaro mu gihe kiri imbere:


Nk’uko kandi umuntu wese yagenewe gupfa rimwe rizima, nyuma agacirwa urubanza,


yungamo ati «Mushyire ku mutima aya magambo yose, ari na yo ntanzeho none gihamya izabashinja, kandi muzabwirize abana banyu kwihatira gukurikiza amagambo yose agize iri Tegeko.


Amaherezo yabo ni ukorama; kuko inda yabo bayigize Imana yabo, maze bakikuriza mu byagombaga kubatera isoni, bo baharanira iby’isi gusa.


Hahirwa abiyoroshya, kuko bazatunga isi ho umurage.


Noneho rero, Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Nimuzirikane neza ibyababayeho!


Waribwiraga uti «Nzabaho iteka, nzahora nganje!» Ntiwatekereje uko ibintu bizagenda, ngo uzirikane amaherezo yabyo.


Ni nde washobora kubara abuzukuru ba Yakobo, akabarura imbaga nyamwinshi y’Abayisraheli? Icyampa nanjye ngapfa nk’intungane, indunduro yanjye ikazasa n’iyabo!»


Nimwanga kunyumva ntimugerageze no guha izina ryanjye icyubahiro, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga, nzabavuma maze umugisha wanyu nywuhinduremo umuvumo. Ni koko nzabavuma, kuko nta n’umwe muri mwe ukigira icyo yitaho.


Umunyabuhanga amenya iyo ajya, naho umusazi akagenda afuragurika; ni byo koko, nyamara bombi bazapfa rumwe.


Koko kandi nta rwibutso rudasibangana umunyabuhanga cyangwa umusazi basiga, kuko iyo bapfuye, bucya kabiri bombi bamaze kwibagirana. Mbega ishyano kubona umunyabuhanga apfa kimwe n’umusazi!


Koko rero, amaherezo y’abantu n’ay’ibikoko ni amwe: urupfu ni rumwe, impumeko ni imwe, kandi umuntu nta cyo asumbya igikoko, kuko byose ari ubusabusa.


Ibintu byose bijya hamwe, byose biva mu gitaka, byose bisubira mu gitaka.


Mbese ariko n’iyo yabaho imyaka ibihumbi bibiri atigeze asogongera ku munezero, harya bose ntibajya hamwe ?


Kuri we byose ni amashyengo; kuko ari intungane n’umunyabyaha, ari utura ibitambo n’utigera abitura, ari umugiraneza n’umunyabyaha, ari upfa kurahira ari n’ubitinya, bose bapfa kimwe!


Ni akaga k’urujijo kuri iyi isi, kubona abantu bose bagira iherezo rimwe. Ni yo mpamvu usanga imitima y’abantu isobetse amaganya, bati «Reka twisarire igihe tukiriho»; nyuma yaho bagapfa bakajya ikuzimu!


Uramenye ntuzinjire no mu nzu bakoreyemo ibirori kugira ngo wicarane na bo, musangire ibiryo n’inzoga.


Abazima baba bazi ko bazapfa; abapfuye bo, nta cyo bazi, nta n’igihembo cyabo kibaho, kuko baba baribagiranye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan