Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Umubwiriza 6:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Umuntu Imana yamugabiye umukiro, ibintu n’icyubahiro; ntiyagira icyo abura mu byo umutima we wifuzaga byose. Nyamara ariko Imana ntimureka ngo abirye, ahubwo biribwa n’undi w’umuvantara! Ibyo na byo ni ukugokera ubusa, bikaba n’ibyago bibi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 umuntu Imana yahaye ubutunzi n'ubukire n'icyubahiro, ntabure ibyo umutima we wifuza byose, ariko Imana ntimuhe inda yo kubirya, ahubwo umushyitsi akaba ari we ubyirīra, ibyo na byo ni ubusa, n'indwara mbi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Hari ubwo Imana iha umuntu ubukungu n'ubutunzi n'icyubahiro, ntabure icyo yifuza cyose, nyamara Imana ntimwemerere kubyinezezamo. Bityo undi muntu akaba ari we ubinezerwamo. Ibyo na byo ni ubusa, ni akaga gakabije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Hari ubwo Imana iha umuntu ubukungu n'ubutunzi n'icyubahiro, ntabure icyo yifuza cyose, nyamara Imana ntimwemerere kubyinezezamo. Bityo undi muntu akaba ari we ubinezerwamo. Ibyo na byo ni ubusa, ni akaga gakabije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Umubwiriza 6:2
24 Iomraidhean Croise  

Ndetse n’ibyo utasabye ndabiguhaye: ari ubukungu, ari ikuzo, ku buryo nta n’umwe mu bami uzamera nkawe mu gihe cyose uzaba ukiriho.


Uhoraho akuza cyane Salomoni imbere y’Abayisraheli bose, kandi amuha igitinyiro gisumbye icy’abandi bami ba Israheli bamubanjirije.


Yatanze yisaziye neza, yaribereyeho mu mudendezo n’icyubahiro; maze umuhungu we Salomoni amuzungura ku ngoma.


Nuko Imana ibwira Salomoni, iti «Ubwo ari icyo umutima wawe wifuza, ukaba utisabiye ubukungu, ubutunzi cyangwa ikuzo, kandi ntunasabe ko abanzi bawe bapfa, ndetse ntusabe kuramba, ahubwo ukaba wisabiye ubuhanga no gusobanukirwa ngo utegeke umuryango wanjye nakwimikiye gutegeka,


Uhoraho, ukuboko kwawe nikubameneshe, bave mu bantu, bacike mu bantu no ku isi. Uwo ni wo mugabane ubagenewe muri ubu bugingo! Inda yabo niyuzure ibyo wabazigamiye, n’abahungu babo babiboneho babyijute, basigarize n’abana babo bakiri ku ibere.


Dore ubugingo bwanjye wabugize bugufiya, maze igihe nzamara kiba ubusabusa mu maso yawe. Buri wese ugihagaze ni umwuka w’akanya gato!


umurengwe ubatera kurebana agasuzuguro, ubucakura bukabasaguka umutima.


Jyewe nasanze imvune n’ibikorwa byiza umuntu ageraho, biterwa n’ishyari agirira mugenzi we. Ibyo na byo ni ubusa, bikaba no kwiruka inyuma y’umuyaga!


nka nyakamwe, utagira uwe, nta mwana, nta muvandimwe, kandi ugasanga adahwema kwikota, agahora ararikiye gukira! Ariko akagera aho yibaza ati «Ubu uwo nduhira ni nde, nkarinda kwibuza umunezero?» Ibyo na byo ni ukugokera ubusa, bikaba n’umurimo w’impfabusa.


Iyo uwo mutungo uhombye, umwana yabyaye asigara amara masa.


Ubundi kandi imibereho ye irangwa n’umwijima, agahinda, indwara n’impungenge nyinshi.


Nanone kandi, umuntu Imana igabira umukiro n’ibintu, ikamuha kubirya no kubitunga, bityo agashimishwa n’ibyo yavunikiye, na byo ni ingabire y’Imana.


Ubwo rero ntaba agihangayitswe n’imibereho ye, kuko Imana iba imwitayeho, ikamunezeza umutima.


Kuki mwatagaguza feza yanyu ku biribwa bitari byo, n’imari yanyu mukayitanga ku bidashobora kubahaza? Nimutege amatwi rero munyumve, kandi murye ikiri cyiza; muronkere ibyishimo byanyu mu biribwa biryohereye.


Umurage wacu wigaruriwe n’abanyamahanga, amazu yacu agabizwa abantu tutazi.


Abanyamahanga barayinyunyuza imitsi, ariko yo nta cyo ibiziho! Ndetse n’umutwe wayo wameze imvi, nyamara yo ntibimenya!


Imyaka yo ku butaka bwawe n’ibindi bikuvuye mu maboko byose bizaribwa n’undi muryango utazi, nuko uzahore uri umuntu unyunyuzwa imitsi kandi ushikamiwe iteka.


Umusuhuke w’umunyamahanga uba muri mwe azagenda akurusha gukira, naho wowe ugende urushaho gutindahara.


Nimukinjiramo, muzahasanga abantu bizerana. Igihugu kiragutse kandi Imana yakibeguriye. Ni ahantu hatabuze ikintu na kimwe mu byiza byo ku isi.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan