Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Umubwiriza 3:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Hari igihe cyo kubyara, n’igihe cyo gupfa; hari igihe cyo gutera urugemwe, n’igihe cyo kururandura;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Hariho igihe cyo kuvuka n'igihe cyo gupfa, igihe cyo gutera n'igihe cyo kurandura ibikūri.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Hari igihe cyo kuvuka n'igihe cyo gupfa, hari igihe cyo gutera imyaka n'igihe cyo kuyisarura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Hari igihe cyo kuvuka n'igihe cyo gupfa, hari igihe cyo gutera imyaka n'igihe cyo kuyisarura.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Umubwiriza 3:2
36 Iomraidhean Croise  

Nk’uko kandi umuntu wese yagenewe gupfa rimwe rizima, nyuma agacirwa urubanza,


Ubwo rero iminsi ye ibaze, ukaba uzi amezi azamara ariho, kandi waramugeneye igihe ntarengwa,


ariko igihe cyagenwe kigeze, Imana yohereje Umwana wayo, avuka ku mugore, kandi avuka agengwa n’amategeko,


Nyamara guhera ubu ngubu ugiye kuba ikiragi; ntuzongera kuvuga kugeza ku munsi ibyo bizaberaho, kuko utemeye ibyo nakubwiye bizagaragara igihe cyabyo kigeze.»


Yezu ati «Agati kose kadateretswe na Data wo mu ijuru, kazarandurwa.


Umugore iyo agiye kubyara, arababara, kuko igihe cye kiba kigeze, ariko yamara kubyara umwana, ntabe akibuka bwa bubabare, kubera ibyishimo by’uko havutse umuntu ku isi.


Muri iyo minsi, Hezekiya afatwa n’indwara ya simusiga. Umuhanuzi Izayi mwene Amosi aza kumureba, maze aramubwira ati «Uhoraho aravuze ngo ’Raga abo mu rugo rwawe kuko ugiye gupfa, utazakira.’»


Hano ku isi, kubaho k’umuntu ni nko kurwana intambara, kandi ubuzima bwe nta ho butaniye n’ubw’umucancuro.


Muri icyo gihe Musa aravuka, yari umwana mwiza kandi w’igikundiro mu maso y’Imana. Arererwa mu rugo rwa se amezi atatu;


Igihe cyegereje kugira ngo Isezerano Imana yagiriye Abrahamu rirangire, umuryango uriyongera maze ugwira mu Misiri,


Ni bwo bashatse kumufata, ariko ntihagira n’umwe umukozaho n’urutoki, kuko igihe cye cyari kitaragera.


Dore Elizabeti mwene wanyu, na we yasamiye mu zabukuru; uku kwezi ni ukwa gatandatu, kandi ubundi yitwaga ingumba,


Ariko Malayika aramubwira ati «Wigira ubwoba, Zakariya, kuko isengesho ryawe ryashimwe: umugore wawe Elizabeti azakubyarira umuhungu, maze ukazamwita Yohani.


Umwana w’umuntu azohereza abamalayika be, bavangure mu Ngoma ye abateye abandi kugwa mu cyaha bose, n’inkozi z’ibibi zose,


Uzamubwire uti ’Uhoraho avuze atya: Kuisi yose, icyo nubatse ngiye kugisenya, icyo nateye ngiye kukirandura.


Umenye ko uyu munsi nguhaye ububasha ku mahanga no ku bihugu byose, kugira ngo urandure kandi uhirike, utsembe kandi usenye, kugira ngo wubake kandi utere imbuto.»


Vuza impundu, wa ngumba we itakibyara; ishime kandi ubyine, wowe utakiramukwa, kuko ngaba, baje ari benshi abahungu b’umugore w’intabwa, bararuta ubwinshi ab’umugore ufite umugabo, uwo ni Uhoraho ubivuze.


Genda ubwire Hezekiya uti «Uhoraho, Imana ya sokuruza Dawudi aravuze ngo ’Numvise amasengesho yawe, mbona n’amarira yawe, none ngiye kugukiza, ndetse mu minsi itatu uzashobora kuzamuka ujye mu Ngoro y’Uhoraho. Nkongereyeho imyaka cumi n’itanu ku gihe wari kuzabaho.


Umugore wari ingumba amushakira inzu, akamugira umubyeyi wizihiwe mu bana be.


Wikundira ikibi kurusha icyiza, ugakunda ikinyoma aho kuvuga ukuri. (guceceka akanya gato)


— ariko se, iyo umuntu yapfuye, yakongera kubaho? — nzihangana mu minsi nkiri ku gihe, kugeza ubwo hazaza unkura.


Elisha aramubwira ati «Umwaka utaha nk’iki gihe, uzaba uhagatiye umwana w’umuhungu.» Umugore aramusubiza ati «Oya, shobuja muntu w’Imana, wibeshya umuja wawe!»


Uwo muntu atera hejuru, avugira kuri urwo rutambiro ijambo ry’Uhoraho, agira ati «Rutambiro! Rutambiro! Uhoraho avuze atya ’Dore mu nzu ya Dawudi hagiye kuvuka umwana uzitwa Yoziya. Azagutwikiraho abaherezabitambo b’ahirengeye baguturiraho ububani, kandi bazagutwikiraho amagufwa y’abantu!’»


Abari bijuse baraca incuro, naho abari bashonje baradamaraye. Umugore w’ingumba yabyaye karindwi, naho uwari yishimye abana aragumbaha.


Nuko Musa, umugaragu w’Uhoraho, apfira aho ngaho mu gihugu cya Mowabu, nk’uko Uhoraho yari yabivuze.


Israheli yumvise ko igihe cye cyo gupfa kigeze, ahamagara umwana we Yozefu, aramubwira ati «Niba unkunda koko, shyira ikiganza cyawe mu nsi y’ikibero cyanjye, ungirire ubuntu n’ubudahemuka, unsezeranire ko utazampamba mu Misiri.


Nyamara Isezerano ryanjye nzarigirana na Izaki, uwo Sara azakubyarira undi mwaka iki gihe.»


Banza ukiranuke n’imirimo y’igasozi, utunganye imirima yawe, hanyuma uzabone kubaka inzu yawe.


Mbese umuhinzi ujya guhinga umurima we, amarira igihe cye cyose mu kurima, gutabira, cyangwa se mu gucoca amasinde gusa?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan