Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Umubwiriza 2:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nashatse gushimishiriza umubiri wanjye muri divayi, ariko umutima wanjye ugakomeza guhugukira ubuhanga; nshaka kwigira umusazi nk’abandi ngo aha nanyurwa no gukora ibyo abandi bose bakora ku isi igihe bakiriho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Nishatse mu mutima uko nakwishimisha umubiri wanjye vino, ariko ngo umutima wanjye ukomeze kunyoboza ubwenge, ngashaka n'uburyo nakora iby'ubupfapfa, kugira ngo menye icyo bumarira abantu babukorera munsi y'ijuru mu minsi bakiriho yose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Nagerageje kwinezeza nywa divayi, kandi nkomeza kwitwara nk'umunyabwenge. Nakoze n'iby'ubupfapfa ngira ngo ndebe, icyiza abantu babukuramo mu mibereho yabo y'igihe gitoya ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Nagerageje kwinezeza nywa divayi, kandi nkomeza kwitwara nk'umunyabwenge. Nakoze n'iby'ubupfapfa ngira ngo ndebe, icyiza abantu babukuramo mu mibereho yabo y'igihe gitoya ku isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Umubwiriza 2:3
22 Iomraidhean Croise  

Nuko Yakobo asubiza Farawo, ati «Imyaka maze ngenda ni ijana na mirongo itatu. Iyo myaka yanjye ni mike, kandi nayigizemo ingorane, nta n’ubwo igeze ku myaka ba sokuruza bamaraga mu ngendo zabo.»


— ariko se, iyo umuntu yapfuye, yakongera kubaho? — nzihangana mu minsi nkiri ku gihe, kugeza ubwo hazaza unkura.


na divayi ihimbaza umutima wa mwene muntu, kimwe n’amavuta amukesha uruhanga, n’umugati uramira imbaraga ze.


Divayi itera ubupfu, inzoga zigakurura isindwe, uzishinga ntaba ari umunyabwenge.


Nitondeye gusobanukirwa ubumenyi n’ubuhanga, kumenya ubugoryi n’ubusazi; ibyo na byo nasanze ari ukwiruka inyuma y’umuyaga.


Mu birori, abakomeye barira kwinezeza, na divayi ikabahimbariza ubuzima; maze amafaranga akabakemurira ibibazo byose.


Umwanzuro: muri make rero, ujye utinya Imana kandi ukurikize amategeko yayo; ni cyo umuntu abereyeho.


Ikibereye umuntu, ni ukurya no kunywa, akanezezwa n’umurimo akora. Kandi ibyo nasanze bitangwa n’Imana;


Nanone kandi, umuntu Imana igabira umukiro n’ibintu, ikamuha kubirya no kubitunga, bityo agashimishwa n’ibyo yavunikiye, na byo ni ingabire y’Imana.


Mbese ni nde wamenyera muntu ikimutunganiye mu buzima bwe, ko iminsi ye itagira shinge ihita bwangu nk’igihu ? Ni nde se koko uzamuhishurira ibizaza nyuma ye amaze gupfa ?


Ni byiza gufata ikintu ariko n’ikindi utakirekuye, kuko utinya Imana, abitunganya byombi.


Mu mutima wanjye, jyewe nahagurukiye gushakashaka no gucengera ubuhanga n’ukuri kw’ibintu, nsanga ubugome ari ubucucu, naho ubusazi ari uguhangwaho.


Jyewe rero nakunze ibyishimo, kuko nta kindi kinyura umuntu ku isi atari ukurya, akanywa hanyuma agatengamara. Ndetse iyaba ibyo yabihoranaga mu miruho ye yose, igihe agifite ubuzima Imana yamuhaye ku isi.


Nta wushobora gukorera ba shebuja babiri: azanga umwe akunde undi, cyangwa azibanda kuri umwe, asuzugure undi. Ntimushobora gukorera Imana na Bintu.


Ntimugasindishwe na divayi, kuko byabatera kwifata nabi, ahubwo nimwuzure Roho Mutagatifu.


Umuzabibu urasubiza uti ’Ndeke gutanga divayi yanjye ishimisha imana n’abantu, ngo ngiye kwinaniza ntegeka ibindi biti?’


Abigayila agaruka kwa Nabali, asanga mu nzu iwe yatekesheje ibiribwa by’ibirori nk’iby’umwami. Umutima we wari unezerewe kubera ko yari yasinze cyane, bituma Abigayila atagira icyo amubwira kugeza ko bucya.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan