Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Tito 3:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Iryo jambo rikwiye kwizerwa, kandi ndashaka ko kuri izo ngingo wajya uvuga wihanukiriye, kugira ngo abemeye Imana barushanwe kugira umwete wo kugenza neza. Ibyo ni byo byiza bifitiye abantu akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Iryo jambo ni iryo kwizerwa kandi ndashaka ko uhamya ibyo ubikomeyeho cyane, kugira ngo abizeye Imana bagire umwete wo kumaramaza gukora imirimo myiza. Ibyo ni byo byiza kuko bigira icyo bimarira abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Iryo jambo ni iry'ukuri. Ndashaka ko wita ukomeje kuri izo ngingo, kugira ngo abantu bose bafitiye Imana icyizere bashishikarire bihebuje gukora ibyiza. Ibyo nta ko bisa, ni na byo bifitiye abantu akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Iryo jambo ni iry'ukuri. Ndashaka ko wita ukomeje kuri izo ngingo, kugira ngo abantu bose bafitiye Imana icyizere bashishikarire bihebuje gukora ibyiza. Ibyo nta ko bisa, ni na byo bifitiye abantu akamaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Tito 3:8
26 Iomraidhean Croise  

«Ese umuntu yagirira akamaro Imana? Oya, umuntu uzi gushishoza, ni we ubwe wigirira akamaro.


kuko batari bizeye Imana, ntibiringire ubuvunyi bwayo.


Uhamya ibinyoma azarimbuka, ariko utega amatwi, azahabwa ijambo arihorane.


Arababwira ati ’Namwe nimujye mu mizabibu yanjye, ndi bubahe igihembo gikwiye.’


Nuko Yezu arangurura ijwi ati «Unyemera si jye aba yemeye, ahubwo aba yemeye Uwantumye,


Ndababwira ukuri koko: uwumva ijambo ryanjye kandi akemera n’Uwantumye, agira ubugingo bw’iteka kandi ntazacirwa urubanza, ahubwo aba avuye mu rupfu yinjiye mu bugingo.


Ariko bo baramubwira bati «Wasaze!» Ababwira akomeje ko ari ko bimeze. Nuko baravuga bati «Ni umumalayika we!


Naho utagize icyo akora, ariko akemera uha umunyabyaha kuba intungane, uko kwemera kwe kuzamuha ubutungane.


Ubwo dushyigikiwe n’ukwemera kw’Ibyanditswe bivuga biti «Naremeye, bintera kwamamaza». natwe turemera ikaba ari yo mpamvu twamamaza.


Uwari umujura ntakongere kwiba, ahubwo ajye yihatira gukoresha amaboko ye imirimo ifite akamaro, kugira ngo abone n’icyo afashisha abari mu bukene.


Dore ijambo rigomba kwizerwa, kandi rikwiye kwakiranwa ubwuzu na bose: ni uko Kristu Yezu yaje ku isi kugira ngo akize abanyabyaha, muri bo jye nkaba uwa mbere.


None rero ndashaka ko abagabo bajya basenga, aho bari hose, bakerekeza ku ijuru ibiganza bizira inenge, nta mwaga cyangwa intonganya.


Agomba kuba azwiho ibikorwa byiza: nko kuba yarareze abana be neza, agacumbikira abagenzi, akoza ibirenge by’abatagatifujwe, agatabara imbabare, mbese agashishikarira ibikorwa byose by’ubugiraneza.


Ni na yo mpamvu ituma mbabara bene aka kageni; ariko nta soni binteye; koko rero nzi Uwo nemeye, kandi sinshidikanya ko ashoboye kurinda ibyo yanshinze kugeza kuri wa Munsi w’ukuza kwe.


kandi akihatira gutanga inyigisho zitagoragora, zihuje n’idini, kugira ngo abone uko ashishikariza abandi inyigisho ziboneye, n’uko kandi amwaza abamugisha impaka.


witanze kubera twebwe, kugira ngo aturokore ubugome bwose kandi yuhagire umuryango ugenewe kuba ubukonde bwe no kugira ishyaka ryo gukora icyiza cyose.


Nawe ubwawe kandi jya ubabera urugero rwiza mu byo ukora byose: haba mu nyigisho ziboneye, haba se mu kwiyubaha,


Jya wibutsa bose ko bagomba kuyoboka abatware n’abategetsi, bakabumvira, bagahora bakereye gukora umurimo mwiza wose,


Kandi n’abacu bitoze kurushanwa kugira umwete wo kugenza neza, bakenure ababikwiriye, kugira ngo batabura icyo bamarira abandi.


wakubereye imburamumaro, ariko noneho azatubera twembi ingirakamaro.


Bamwe bajye bita ku bandi, duterana umwete mu rukundo no mu bikorwa byiza.


Ni na We mukesha kwemera Imana yamuzuye mu bapfuye kandi ikamukuza, ku buryo ukwemera kwanyu n’amizero yanyu bishingira ku Mana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan