Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Tito 3:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Koko rero natwe kera twari ibicucu, n’intumvira, n’ibirara; twari twaratwawe n’irari ry’ibibi bitagira ingano, tukibera mu bugizi bwa nabi n’ishyari, dufite n’icyangiro, kandi natwe ubwacu tuzirana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Kuko natwe kera twari abapfapfa tutumvira kandi tuyobagurika, turi mu bubata bw'irari ribi n'ibinezeza bitari bimwe, duhora tugira igomwa n'ishyari, turi abo kwangwa urunuka, natwe twangana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Burya natwe twahoze turi abapfu n'indakoreka turi mu buyobe. Twari mu buja bw'irari ribi n'ubw'umudamararo ku buryo butari bumwe. Twari abagome n'abanyeshyari, twangwa natwe twangana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Burya natwe twahoze turi abapfu n'indakoreka turi mu buyobe. Twari mu buja bw'irari ribi n'ubw'umudamararo ku buryo butari bumwe. Twari abagome n'abanyeshyari, twangwa natwe twangana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Tito 3:3
37 Iomraidhean Croise  

Onani yari azi ariko ko uwo mwana atazaba uwe, ni cyo cyatumaga asohorera hasi iyo yegeraga umugore wa mwene nyina, kugira ngo atazamubyarira.


Nuko umwenda wa Yozefu awurambika iruhande rwe, kugeza igihe umugabo we atahiye.


Nibutse ijambo ry’ubugomeramana ryavuzwe n’umunyabyaha: kuri we, ni iki cyatuma umuntu yatinya Imana?


Ab’ibicucu, nimumenye kwitonda; abapfayongo, mumenye ubwenge.


Nimureke ubupfayongo, muboneze inzira y’ubwenge maze muzabeho!»


Ahubwo yiziritse ku ivu, umutima we wacuramye uramuyobya, nta bwo azigera agobotorwa! Ntanarushya yibaza ati «Aho iki mfite mu ntoki si amanjwe ?»


Ubwibone bwawe bwarakuyobeje, wowe wibera mu buvumo, ukanatura ahirengeye, wowe wibwira mu mutima wawe, uti «Ku isi ni nde wampangara?»


Undi aramusubiza ati ’Ndanze!’; ariko yisubiraho, ajyayo.


Nuko Yezu arabasubiza ati «Muramenye ntihazagire ubayobya! Kuko hazaduka benshi bitwaje izina ryanjye, bavuga ngo ’Ni jyewe Kristu!’ kandi ngo ’Igihe kiregereje!’ Ntimuzabakurikire!


Yezu arabasubiza ati «Ndababwira ukuri koko: umuntu wese ukora icyaha aba ari umugaragu w’icyaha.


Nk’uko namwe kera mutumviraga, none ubu ngubu mukaba mwaragiriwe impuhwe ku mpamvu y’ukutumvira kwabo,


Icyaha rero nticyongere kugenga umubiri wanyu uzapfa ngo gitume mwumvira irari ryawo.


Imana ishimwe kuko mwahoze muri abagaragu b’icyaha none mukaba mwarayobotse mubikuye ku mutima inyigisho mwaragijwe.


Ariko ubu ngubu, kuva aho mugobotorewe icyaha, mukaba abagaragu b’Imana, mweze imbuto zigeza ku butagatifu, amaherezo akazaba ubugingo bw’iteka.


Tumenye neza ko muntu w’igisazira twari we kera yabambanywe na We, kugira ngo umubiri w’icyaha utsiratsizwe, bityo twoye kuzongera ukundi kuba abagaragu b’icyaha.


Cyakora mfite ubwoba ko, ninza, ntazabasanga uko mbyifuza, cyangwa se ko jyewe mutazasanga meze uko munyifuza; ndatinya ko nzabasangana ubwumvikane buke, ishyari, uburakari, ubushyamirane, amazimwe, ubutiriganya, ugusuzugurana n’imvururu.


Naho uwakwirebamo kuba akataraboneka, kandi nta cyo ari cyo, uwo yaba yibeshya.


Namwe ubwanyu, kera mwari mwaraciye ukubiri n’Imana, mwari n’abanzi bayo kubera ibitekerezo n’ibikorwa byanyu bibi,


Nguko uko namwe mwagenzaga kera, mugikora ibyo.


Naho abagiranabi n’abahendanyi, bo ntibazabura kugenda barushaho gukora nabi ubudahwema bataretse guhenda abandi no guhendwa ubwabo.


Ndetse n’ubu, bene abo babarimo; navuga nk’abacengera mu ngo, bagashuka abagore b’abapfayongo baheranywe n’ibyaha, bagatwarwa n’ingeso mbi zose,


Biratana ko bazi Imana, nyamara bakayihakana mu migirire yabo. Bateye isesemi, bakaba ibyigomeke; no ku cyitwa igikorwa cyiza cyose, nta cyo bamaze.


itwigisha kureka kugomera Imana no gutwarwa n’irari ry’iby’iyi si, kugira ngo guhera ubu ngubu tubeho turangwa n’ubwitonzi, ubutungane, n’ubusabaniramana,


Niba hari uwibwira ko ari umuyoboke w’Imana, ariko ntashobore gutegeka ururimi rwe, aba yibeshya, n’iyobokamana rye riba ari ubusa.


Nimube nk’abana bumvira, mureke gukurikiza irari mwari mufite kera, mukiri mu bujiji;


Cya kiyoka nyamunini kirahananturwa: ya Nzoka ya kera na kare, ari yo bita «Sekibi na Sekinyoma», wa wundi uyobya isi yose. Nuko gihananturirwa ku isi hamwe n’Abamalayika bacyo.


Bityo kiyobya abatuye isi kubera ibyo bitangaza cyari cyahawe gukora mu maso y’Igikoko cya mbere; kibwira abatuye isi kwimika ishusho yubahiriza cya Gikoko cyari cyakomerekejwe n’inkota, none kikaba ari gitaraga.


Nuko atera hejuru mu ijwi riranguruye ati «Iraridutse! Iraridutse Babiloni, umurwa w’icyamamare: yahindutse intaho ya za Sekibi, indiri ya za roho mbi zose, n’iy’ibisiga byose byahumanye kandi by’ibivume.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan