Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Tito 2:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 banabatoze kwitonda, kwirinda ingeso mbi, kwita ku by’ingo zabo, kugwa neza, no kumvira abagabo babo, kugira ngo ijambo ry’Imana bataritukisha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 no kudashayisha, no kwirinda gusambana, no kwita ku by'ingo zabo, no kugira neza, bagandukira abagabo babo kugira ngo ijambo ry'Imana ridatukwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 babigishe kuba abanyangesonziza no kutiyandarika, no gukorera ingo no kugira umutima, no kwemera kugengwa n'abagabo bashakanye kugira ngo hatagira utuka Ijambo ry'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 babigishe kuba abanyangesonziza no kutiyandarika, no gukorera ingo no kugira umutima, no kwemera kugengwa n'abagabo bashakanye kugira ngo hatagira utuka Ijambo ry'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Tito 2:5
22 Iomraidhean Croise  

Nuko baramubaza bati «Sara umugore wawe ari hehe?» Arabasubiza ati «Ari hariya mu ihema.»


Abwira umugore ati «Nzongera imiruho yawe igihe utwite, maze uzabyare ubabara; uzahora wifuza umugabo wawe, na we agutegeke.»


Ariko kubera ko muri ibyo watutse Uhoraho, umuhungu wabyaye, we azapfa.»


Mana, umwanzi azadutuka bihereze hehe? Mbese umwanzi azakomeza agusuzugure na ryari?


Aba yarubiye, nta rutangira, amaguru ye ahora yirukanka, ntajya aguma iwe.


Ubwo i Yope hakaba umwigishwakazi witwa Tabita, mu kigereki rikaba Doruka. Yakoraga ibikorwa byiza byinshi, kandi agatanga n’imfashanyo y’abakene.


Petero ahaguruka uwo mwanya, ajyana na bo. Akihagera, bamujyana muri cya cyumba cyo mu nzu yo hejuru, abapfakazi bose bari bamukikije barira, bereka Petero amakanzu n’ibishura Doruka yadodaga akiri kumwe na bo.


Ikiri cyiza kuri mwe ntikigasebe.


nk’uko byanditswe ngo: «Izina ry’Imana bararituka mu mahanga ku mpamvu yanyu».


Nyamara dore icyo mukwiye kumenya: Kristu ni we mugenga wa buri mugabo, umugore na we akagengwa n’umugabo; na we Kristu akagengwa n’Imana.


Nk’uko bimeze muri za Kiliziya zose z’abatagatifujwe, abagore bajye baceceka mu makoraniro; ntibemerewe kuhafatira ijambo, ahubwo bajye batuza nk’uko Amategeko ubwayo abivuga.


Nuko rero namwe, buri mugabo nakunde umugore we uko yikunda, n’umugore yubahe umugabo we.


Bagore, mujye mworohera abagabo banyu nk’uko bikwiye, mubigirira Nyagasani.


Agomba kuba azwiho ibikorwa byiza: nko kuba yarareze abana be neza, agacumbikira abagenzi, akoza ibirenge by’abatagatifujwe, agatabara imbabare, mbese agashishikarira ibikorwa byose by’ubugiraneza.


Abari ku ngoyi y’ubucakara bose bagomba kumva ko ba shebuja bakwiye icyubahiro cyose, kugira ngo Izina ry’Imana n’inyigisho y’ukuri bitazatukwa.


bityo bigishe abagore bakiri bato gukunda abagabo babo n’abana babo,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan