Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Tito 1:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 mu bwizere bwo kuzabona ubugingo buhoraho, ubwo Imana itabasha kubeshya yasezeranye mbere y’ibihe bya kera na kare,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 niringiye kuzabona ubugingo buhoraho, ubwo Imana itabasha kubeshya yasezeranije uhereye kera kose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 kugira ngo biringire kuzabona ubugingo buhoraho Imana itabeshya yasezeranye kuva kera kose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 kugira ngo biringire kuzabona ubugingo buhoraho Imana itabeshya yasezeranye kuva kera kose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Tito 1:2
46 Iomraidhean Croise  

Naho niba mubyanze, mugakomeza kuganda, inkota ubwayo ni yo izabarya. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Imana si umuntu ngo irabeshya, si mwene Adamu ngo irisubiraho. Yavuga icyo itazakora se? Ijambo yavuze se ryapfa guhera aho?


Nuko rero Umwami azabwire abari iburyo bwe, ati ’Nimuze, abahawe umugisha na Data, muhabwe Ingoma mwateguriwe kuva isi ikiremwa;


Maze abo bazajye mu bubabare bw’iteka, naho intungane zijye mu bugingo bw’iteka.»


Yezu agihaguruka aho, umuntu aza yiruka amupfukama imbere, aramubaza ati «Mwigisha mwiza, nkore iki kugira ngo nzabone ubugingo bw’iteka ho umurage?»


ngo abure kwiturwa karijana muri iki gihe, ari amazu, ari abavandimwe, ari na bashiki be, na ba nyina, n’abana n’amasambu, ariko n’ibitotezo bitabuze, kandi no mu gihe kizaza, akaziturwa ubugingo bw’iteka.


Nziha ubugingo bw’iteka, kandi ntiziteze gupfa bibaho; byongeye kandi nta n’uzazinkura mu kiganza.


nk’uko wamuhaye ububasha ku kiremwa cyose, ugira ngo abo wamuhaye bose, abahe ubugingo bw’iteka.


Dawe, ndashaka ko aho ndi, abo wampaye na bo tuhabana, kugira ngo babone ikuzo ryanjye wampaye, kuko wankunze isi itararemwa.


Mushakashakira mu Byanditswe, mwibwira ko ari ho musanga ubugingo bw’iteka, nyamara ni byo bihamya ibinyerekeyeho.


Naho urya umubiri wanjye, akanywa n’amaraso yanjye, agira ubugingo bw’iteka, kandi nzamuzura ku munsi w’imperuka.


Simoni Petero aramusubiza ati «Nyagasani, twasanga nde wundi, ko ari wowe ufite amagambo y’ubugingo bw’iteka.


isanzwe izwi kuva kera kose.’


Imana yari yarateguje abahanuzi bayo mu Byanditswe bitagatifu.


Nihasingizwe Imana, Yo ifite ububasha bwo kubakomeza bihuje n’Inkuru Nziza nabashyikirije namamaza Yezu Kristu, nkurikije iyobera ryari ryaracecetswe kuva kera kose,


ubugingo bw’iteka ku batacogoye mu gukora ikiri cyiza bashakashaka ikuzo, icyubahiro n’ukutazapfa;


Ku bwe twashyikiriye, mu kwemera, iyi neza tuganjemo, none twiratira gutegereza ikuzo ry’Imana.


kugira ngo, nk’uko icyaha cyari cyaraganje mu rupfu, n’ineza izaganze mu butungane butanga ubugingo bw’iteka muri Yezu Kristu umwami wacu.


ukwihangana kugatera kudahemuka, ukudahemuka na ko kugatera kwizera,


Nuko rero ingaruka y’icyaha ni urupfu, naho ingabire y’Imana ni ubugingo bw’iteka muri Kristu Yezu Umwami wacu.


Ni bo Imana yishakiye kumenyesha ikuzo n’ibyiza bitagereranywa iryo banga rizanira abanyamahanga: Kristu ari muri mwe, We uzaduhesha ikuzo twizeye!


Uko bishe Nyagasani Yezu n’abahanuzi, ni ko badutoteje natwe. Nta bwo bashimisha Imana, kandi babangamiye abantu bose.


naho twebwe, ubwo turi ab’amanywa, tujye twiramira, kandi twambare intwaro z’Imana, ukwemera n’urukundo bibe ikoti ry’intamenwa, amizero y’uko tuzakizwa abe nk’ingofero y’icyuma.


Rwana intambara nyayo y’ukwemera, uronke ubugingo bw’iteka wahamagariwe, nk’uko wabyiyemeje igihe wahamyaga ukwemera kwawe ushize amanga, mu ruhame rwa benshi.


Bityo, bazaba bizigamiye ubwabo ubukungu nyabwo mu gihe kizaza, bazakesha kuronka ubugingo nyakuri.


Jyewe Pawulo, intumwa ya Kristu Yezu ku bushake bw’Imana, kugira ngo namamaze isezerano ry’ubugingo duherwa muri Kristu Yezu,


Yo yadukijije, ikanaduhamagarira kuba intungane, itabitewe n’ibikorwa byacu, ahubwo ibitewe n’umugambi wayo bwite, kimwe n’ineza yayo, ya yindi twaherewe muri Kristu Yezu mbere y’ibihe byose,


Ni cyo gituma nihanganira byose mbigirira abo Imana yatoye, kugira ngo na bo babone umukiro uba muri Kristu Yezu, babone n’ikuzo rizahoraho iteka.


nituramuka tubaye abahemu, We azaguma kuba indahemuka, kuko adashobora kwivuguruza.


Ihatire guhagarara imbere y’Imana nk’umuntu w’inararibonye, nk’umukozi mwiza udakwiye kugira ipfunwe, nk’umugabuzi udahemuka w’ijambo ry’ukuri.


mu gihe tugitegereje ya mizero mahire hamwe n’Ukwigaragaza kwa Yezu Kristu yisesuyeho ikuzo, We Mana yacu y’igihangange, akaba n’Umukiza wacu,


Nawe ubwawe kandi jya ubabera urugero rwiza mu byo ukora byose: haba mu nyigisho ziboneye, haba se mu kwiyubaha,


kugira ngo tube intungane, kandi twiringire kuzahabwa umurage w’ubugingo bw’iteka, tubikesha ubuntu bwayo.


Dore isezerano we ubwe yadusezeranyije: ni iryo kuzaduha ubugingo buhoraho.


Tuzi kandi ko Umwana w’Imana yaje, akaduha ubushishozi, kugira ngo tumenye Nyir’ukuri. Kandi turi muri Nyir’ukuri, tubikesha Umwana we Yezu Kristu. Ni We Nyir’ukuri, akaba Imana n’ubugingo buhoraho.


mwikomeze mu rukondo rw’Imana; mushingire amizero yanyu ku mpuhwe z’Umwami wacu Yezu Kristu, kugira ngo muronke ubugingo buhoraho.


Nuko abatuye isi bose baragisenga, abo bose kuva isi yahangwa, bafite amazina atanditswe mu gitabo cy’ubugingo cya Ntama wishwe.


Igikoko wabonye, kigeze kubaho, ariko ntikikiriho. Noneho kigiye kuzamuka mu nyenga, maze kijye aho kirimburirwa. Abatuye isi, bene amazina atanditswe mu gitabo cy’ubugingo kuva isi igihangwa, bazatangara babonye icyo Gikoko, kuko kigeze kubaho, none kikaba kitakiriho, ariko kikazongera kubaho.


Ikindi kandi, Uhoraho, Imana ya Israheli ntiyivuguruza kandi ntiyicuza icyo yakoze, kuko atari umuntu ngo akeneye kwisubiraho.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan