Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Tito 1:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Abo ngabo ni ngombwa kubaziba akanwa, kuko bahubanganya ingo nyinshi, igihe baba bigisha ibidakwiye kugira ngo bibonere inyungu mbi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 bakwiriye kuzibwa iminwa kuko hariho imiryango y'abantu bubika bakayimaraho, bigishiriza ibidakwiriye kugira ngo babone indamu mbi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Ni ngombwa kubacecekesha, kuko hari ingo bageramo bakazisenya rwose bigisha ibidakwiye, babiterwa no guharanira inyungu zishingiye ku buhemu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Ni ngombwa kubacecekesha, kuko hari ingo bageramo bakazisenya rwose bigisha ibidakwiye, babiterwa no guharanira inyungu zishingiye ku buhemu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Tito 1:11
22 Iomraidhean Croise  

Abantu b’intungane barabireba, bakishima, naho abagizi ba nabi bakaruca bakarumira.


Baragashirira ku bugi bw’inkota, bahinduke ibiryo by’ingunzu.


Nuko rero abagore babo ndabaha abandi, imirima yabo nyiteze abayigabiza; kuko bose, ari umuto n’umukuru, bararuwe n’inyungu zabo; abahanuzi n’abaherezabitambo bose, bakifata nabi.


Muransuzuguza imbere y’umuryango wanjye, kubera amashyi y’ingano za bushoki n’utumanyu tw’umugati muhabwa; mwicisha abantu batagombaga gupfa, mukareka abatagomba kubaho; byongeye kandi mukabeshya umuryango wanjye wumva ibinyoma byanyu.


ubonereho no kwibuka kandi ukorwe n’isoni; muri uko kumwara kwawe woye kongera kubumbura umunwa, igihe nzaba nakubabariye ibyo wakoze byose, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.’»


Abatware bayo baraca imanza ari uko babonye ruswa, abaherezabitambo bayo barigishiriza kuronka inyungu, abahanuzi bayo barahanura ari uko bahawe feza. Kandi bagatinyuka kwishingikiriza Uhoraho, bavuga bati «Uhoraho ari muri twe, icyago ntikizatugwirira!»


Uhoraho avuze atya ku bahanuzi bayobya umuryango wanjye: Iyo babonye icyo birira batangaza amahoro; naho utagize icyo abanaga mu kanwa, bagashoza intambara.


Nimwiyimbire, bigishamategeko n’Abafarizayi b’indyarya, mwe mutesha abantu irembo ry’Ingoma y’ijuru! Ubwanyu ntimwinjira, maze n’ababishaka ntimureke binjira. ()


Nuko baherukira aho ntibatinyuka kugira ikindi bamubaza.


Naho umucanshuro utari umushumba, ntabe na nyir’intama, abona ikirura kije, agatererana intama agahunga; ikirura kikaziraramo kikazitatanya.


Nyamara tuzi ko ibyo amategeko avuze byose, bibwirwa abagengwa n’amategeko kugira ngo akanwa kose kazibe, maze isi yose yemezwe kuba yaragomeye Imana.


Mbarahirije ukuri kwa Kristu undimo, nta we uzanyaga iryo shema mu turere twose two muri Akaya.


Nuko rero, kubera ko baba ari imburamukoro, bagakurizaho kuzerera mu mihana; usibye no kuba imburamukoro gusa, baba bagiye kurondogora no kwivanga mu bitabareba, no kurocangwa.


Niba rero umupfakazi afite abana cyangwa abuzukuru, mbere na mbere ni ngombwa kubigisha kwita ku muryango wabo bwite, no kwitura ababyeyi babo ibyiza babagiriye. Ibyo ni byo rwose bishimisha Imana.


n’impaka z’urudaca ziterwa n’abantu bararutse umutima, batakimenya ukuri, kandi bakibwira ko ubusabaniramana ari uburyo bwo kwishakira inyungu.


baciye ukubiri n’ukuri, bakiha kuvuga ko izuka ryarangije kubaho, bityo bagahubanganya ukwemera kwa benshi.


Ndetse n’ubu, bene abo babarimo; navuga nk’abacengera mu ngo, bagashuka abagore b’abapfayongo baheranywe n’ibyaha, bagatwarwa n’ingeso mbi zose,


Koko rero, umwepiskopi, kubera ko ari umugabuzi w’ibintu by’Imana, agomba kuba indakemwa, ntabe umwirasi n’umunyamwaga, ntabe umunywi n’indwanyi, ntabe n’umuntu ukurikiranye inyungu itanyuze mu mucyo,


kandi akihatira gutanga inyigisho zitagoragora, zihuje n’idini, kugira ngo abone uko ashishikariza abandi inyigisho ziboneye, n’uko kandi amwaza abamugisha impaka.


Nihagira umuntu uca ukubiri n’ukwemera, maze wamuburira ubwa mbere n’ubwa kabiri ntiyumve, uzatane na we;


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan