Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Tito 1:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Koko rero hariho benshi b’ibyigomeke, n’abavuga ibitagira shinge, n’abashukanyi, cyane cyane mu bagenywe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Kuko hariho benshi b'ibigande n'abashukanyi, cyane cyane mu bakebwe bavuga ibitagira umumaro,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Koko rero hariho benshi b'ibyigomeke bavuga amagambo y'amanjwe kandi babeshya, cyane cyane Abayahudi bihambira ku muhango wo gukebwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Koko rero hariho benshi b'ibyigomeke bavuga amagambo y'amanjwe kandi babeshya, cyane cyane Abayahudi bihambira ku muhango wo gukebwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Tito 1:10
29 Iomraidhean Croise  

Petero rero ngo agaruke i Yeruzalemu, abagenywe batangira kumugisha impaka, bagira bati


Nuko abantu bamwe bavuye muri Yudeya, baza bigisha abavandimwe bo muri Antiyokiya bati «Niba mutigenyesheje uko Musa yabitegetse, ntimushobora gukizwa.»


Twumvise ko bamwe muri twe bababwiye amagambo yo kubakangaranya no kubakura umutima, kandi tutigeze tubatuma.


Nzi neza ko nimara kugenda, muzinjirwamo n’ibirura by’ibihubuzi bitazababarira n’ubushyo.


nyamara ariko hari indyarya ziyita abavandimwe zitwihishamo ngo zitubuze ubwigenge bwacu twifitiye muri Kristu Yezu, bityo ngo zidusubize mu bucakara.


Mbega ngo muraba abapfu, Banyagalati ! Ni nde wabararuye kandi mwareretswe uko Kristu yabambwe ?


Ubwo rero ntituzaba tukiri abana basabayangwa, maze ngo twangaranwe n’umuyaga ubonetse wose w’inyigisho ziturutse ku buhendanyi bw’abantu no ku buriganya bwabo bubayobya.


no kwibanda ku migani y’amahomvu hamwe n’ibisokuruza by’urudaca, bigamije gusa gukurura impaka zidashobotse, aho gushyigikira umugambi w’Imana ushingiye ku kwemera.


Kubera ko bamwe bataye uwo murongo, byatumye barorongotana mu magambo atagira shinge na rugero.


umuntu akamenya ko Itegeko ritabereyeho intungane, ahubwo ko ryashyiriweho abantu b’ibigande n’ibyigomeke, abananira Imana n’abanyabyaha, inkorashyano n’inkozi z’ibibi, abica ba se cyangwa ba nyina, n’abandi bicanyi,


Naho abagiranabi n’abahendanyi, bo ntibazabura kugenda barushaho gukora nabi ubudahwema bataretse guhenda abandi no guhendwa ubwabo.


maze ukuri bakakwima amatwi yabo, ngo bahugukire ibitagira shinge.


Buri wese uhawe ubwo bukuru agomba kuba ari indakemwa, yarashyingiwe rimwe risa, afite abana bemera batavugwaho ubwomanzi cyangwa kuba intumvira.


Niba hari uwibwira ko ari umuyoboke w’Imana, ariko ntashobore gutegeka ururimi rwe, aba yibeshya, n’iyobokamana rye riba ari ubusa.


Bana banjye, isaha ya nyuma yageze. Mwigeze kumva bavuga ko Nyamurwanyakristu agiye kuza, none ubu ngubu abarwanya Kristu badutse ari benshi; tumenyeraho dutyo ko isaha ya nyuma igeze.


Uvuga rero ati «Ndamuzi», ariko ntakurikize amategeko ye, aba ari umubeshyi, kandi nta kuri kuba kumurimo.


Nkoramutima zanjye, ntimugapfe kwemera ubonetse wese, ahubwo mujye mubanza gushishoza ibyo mubwiwe, kugira ngo mumenye koko niba bikomoka ku Mana; kuko hadutse abahanurabinyoma benshi, bagakwira ku isi.


Nyamara mfite icyo nkugayaho: ni uko iwawe hari bamwe bakihambira ku nyigisho za Balamu, wa wundi wagiraga inama Balaki ngo ashuke Abayisraheli, ngo barye inyama zatuwe ibigirwamana, kandi ngo bohoke mu buhabara.


Nyamara hari icyo ngushima: ni uko wanga ibikorwa by’Abanikolayi, nk’uko nanjye ubwanjye mbyanga.’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan