Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Obadiya 1:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Mbese abajura n’abasahuzi ba nijoro baje iwawe, wagumana amahoro? Ntibatwara se ibyo babashije byose? Ibisambo se nibigusarurira imizabibu, aho bizagusigira n’utwo uzahumba?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 “Abajura iyo baguteye cyangwa abambuzi baguteraniyeho mu ijoro (ukaba waraciwe), aho ntibakwiba kugeza ubwo bīhaza? Abasaruzi b'imizabibu baje iwawe, ntibagira imizabibu basiga yahumbwa?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 “Abajura cyangwa abasahuzi baramutse babateye nijoro, basahura ibyo bishakiye gusa. Abasaruzi na bo baramutse baje kwiba mu mizabibu yanyu, babasigira nibura utubuto two guhumba, nyamara abanzi banyu bazabasiga iheruheru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 “Abajura cyangwa abasahuzi baramutse babateye nijoro, basahura ibyo bishakiye gusa. Abasaruzi na bo baramutse baje kwiba mu mizabibu yanyu, babasigira nibura utubuto two guhumba, nyamara abanzi banyu bazabasiga iheruheru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Obadiya 1:5
13 Iomraidhean Croise  

«Yewe Israheli we, mbese icyubahiro cyawe cyaguye mu mpinga y’imisozi? Ab’intwari baraguye!


Mbese waba waramanutse ute mu ijuru, Nyenyeri yakirana, Mwana w’umuseke weya ? Waba se warahanutse ute ukagwa ku isi, wowe wayogozaga amahanga, uvuga uti


hazasigara gusa uduhumbano, bimere mbese nk’iyo banyeganyeje umutini, hagasigara imbuto ebyiri cyangwa eshatu zo mu bushorishori, enye cyangwa eshanu zo ku mashami yera. Uwo ni Uhoraho Imana ya Israheli ubivuze.


Igihugu kirakendereye kimwe n’abagituye, boshye imizeti yahuruweho imbuto, cyangwa imihumbano y’umuzabibu, nyuma y’isarura.


Abasaruzi b’imizabibu nibaza iwawe, ntibazagusigira na duke two guhumba. Ibisambo nibiza mu ijoro, bizagutwara ibyo bishoboye byose.


Bishoboka bite! Inyundo ikomeye ku isi yose irajanjaguritse, ibaye ubushingwe! Byashoboka bite se ko, mu mahanga yose, Babiloni yaba ari yo ihinduka itongo!


Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Nibahumbahumbe abasigaye muri Israheli nk’uko bahumba imizabibu! Ikiganza cyawe cyongere gufata ku mashami, nk’umusaruzi w’imizabibu! (Yeremiya:)


Mbega ngo umugi wari utuwe n’imbaga nyamwinshi urasigaramo ubusa! Uwahoze ari igikomerezwa mu mahanga n’umwamikazi w’ibihugu, ameze nk’umupfakazi, arakoreshwa imirimo y’uburetwa!


Temani nawe, intwari zawe zizashya ubwoba, ku buryo muri icyo cyorezo, icyitwa umuntu cyose kizatsembwa ku musozi wa Ezawu.


Nta bwo ndagowe! Meze nk’abasaruzi bo mu cyi, cyangwa nk’abahumbahumba mu gikorera cy’imizabibu; nyamara nta n’iseri na rimwe ryo kurya, cyangwa akabuto gasigaye mu two nakundaga cyane!


Nguko uko uzamera, umugi w’ibyishimo wahoranaga ituze, ukibwira uti «Ni jye uriho, nta wundi!» Waba se uhindutse ute amatongo n’isenga ry’inyamaswa? Uhanyuze wese aratangara, akahamama n’ikiganza.


Nusoroma imbuto z’umuzabibu wawe, ntuzasubiremo guhumba; izisigaye zizabe iz’umusuhuke cyangwa impfubyi cyangwa umupfakazi.


Bazahagarara ahitaruye kubera gutinya iyo mibabaro yawo, maze bavuge bati «Mbega ibyago! Mbega ibyago ubonye, Murwa w’icyamamare, Babiloni murwa w’igihangange! Isaha imwe gusa irahagije kugira ngo urubanza rwawe rurangire.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan