Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Obadiya 1:18 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

18 Nuko bene Yakobo bazahinduke nk’umuriro, bene Yozefu babe nk’ikirimi cy’umuriro, naho bene Ezawu bazahinduke umurama! Iyo miriro yombi izabatwika maze bakongoke, ku buryo nta n’umwe uzacika ku icumu wo kwa Ezawu. Ng’uko uko Uhoraho avuze!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

18 Kandi ab'inzu ya Yakobo bazaba umuriro, n'ab'inzu ya Yosefu babe ikirimi cyawo, n'ab'inzu ya Esawu bazaba nk'umurama, bazabatwika bakongoke, ndetse ab'iyo nzu nta wuzasigara, kuko byavuzwe n'Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

18 Abakomoka kuri Yakobo bazamera nk'umuriro, abakomoka kuri Yozefu bazamera nk'ibirimi byawo, naho abakomoka kuri Ezawu bazamera nk'umurama, bazatwikwa bakongoke, ntihazasigara n'uwo kubara inkuru.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

18 Abakomoka kuri Yakobo bazamera nk'umuriro, abakomoka kuri Yozefu bazamera nk'ibirimi byawo, naho abakomoka kuri Ezawu bazamera nk'umurama, bazatwikwa bakongoke, ntihazasigara n'uwo kubara inkuru.” Uko ni ko Uhoraho avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Obadiya 1:18
23 Iomraidhean Croise  

maze abwira umwami, ati «Mwami, mutegetsi wanjye, ntumbareho icyaha. Ntiwibuke icyaha umugaragu wawe yakoze, umunsi umwami umutegetsi wanjye ava i Yeruzalemu. Umwami ntabigumane mu mutima we,


Rubanda banyanyagira mu gihugu cya Misiri batoragura udufunzo two gukekaguramo ibyatsi.


Urumuri rwa Israheli ruzahinduka umuriro, Nyirubutagatifu wayo ahinduke ikirimi cy’umuriro, kizatwike kandi kirimbure umunsi umwe, amahwa n’imifatangwe byayo.


Urutare rwayo ruzarimbuka, rushireho, abatware bayo bacike intege, batererane ibendera ryabo. Uwo ni Uhoraho ubivuze, we ucanye ikome ry’umuriro i Siyoni, n’itanura i Yeruzalemu.


Ngaha bagiye kumera nk’ibyatsi bitwikwa n’umuriro, ntibazashobora no kuwiyaruramo, kuko utazaba ari inkekwe yo kwisusurutsa, cyangwa se igishyito cyo kwicarwa imbere.


Bazakongoka nk’ibyatsi bitwitswe n’umuriro, cyangwa nk’ibikenyeri byahiye, bashanguke bahereye ku mizi, imbuto zabo zizatumuke nk’umukungugu, kuko birengagije itegeko ry’Uhoraho, Umugaba w’ingabo, bagahinyura ijambo rya Nyir’ubutagatifu wa Israheli.


Uburakari bw’Uhoraho, Umugaba w’ingabo, buteye igihugu kujegajega, abagituye bameze nk’inkwi zijugunywe mu muriro, nta we ubabarira umuvandimwe we.


Hirya baratemagurana, ntibashire inzara, hino bararyana, ariko ntibijute, buri muntu arashiha inyama yo ku kaboko ke.


Iwabo nta n’umwe uzarokoka; nzateza ibyago abantu b’i Anatoti mu mwaka bazagomba kuryozwa ibyo bakoze.


«None rero, mwana w’umuntu, fata akabaho maze wandikeho uti ’Yuda, n’Abayisraheli bahatuye.’ Ufate n’akandi wandikeho uti ’Yozefu (ari we Efurayimu), n’umuryango wose wa Israheli uhatuye.’


Uzabasubize uti ’Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: Dore ngiye gufata akabaho ka Yozefu (ari we Efurayimu), hamwe n’imiryango ya Israheli bari kumwe, nkegeranye n’aka Yuda mbikoremo urubaho, rube rumwe rukumbi mu kiganza cyanjye.’


Urwamu rwayo ni nk’urw’amagare y’intambara asimbuka mu mpinga z’imisozi, cyangwa umuriri w’ibikenyeri bigurumana. Mbega ingabo z’intwari, ngo zirakera urugamba!


nzavanaho igikomangoma cy’Ashidodi, n’uwitwaje inkoni ya cyami wo muri Ashikeloni, nzahindukira ntere Ekironi, maze Abafilisiti bazaba basigaye barimbuke. Uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.


Nimwange ikibi, mukunde icyiza, nimusubize ubucamanza umwanya wabwo mu rukiko, wenda ahari Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yazababarira agasigisigi ko mu muryango wa Yozefu.


bakanywera divayi mu bikombe, bakisiga amavuta y’agaciro, ariko ntibahangayikwe n’uko umuryango wa Yozefu ugiye kurimbuka.


Koko rero, nk’uko mwanywereye ku musozi wanjye mutagatifu, ni ko n’amahanga yose azanywa ubudatuza; bazanywa bageze n’aho basinda, bamere nk’abatigeze kubaho!


Nawe rero, cyamurira ikiganza cyawe ku bakurwanya, maze abanzi bawe bose barimbuke!


Koko bameze nk’amahwa asobekeranye, bityo bazakongoka bashire nk’ibyatsi byumye.


Uwo munsi, abatware ba Yuda bazahinduka nk’ikara ryakira mu nsi y’inkwi, cyangwa nk’ifumba imurika mu nsi y’umushandiko w’ingano. Bazatsemba impande zose amahanga abakikije, ariko Yeruzalemu yo ikazaguma mu kibanza cyayo.


Niba rero kuri icyo kibanza umuntu yubakishijemo zahabu, feza, amabuye y’agaciro, ibiti, ibyatsi cyangwa ibikenyeri,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan