Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Obadiya 1:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Ntukanezezwe no kubona umuvandimwe wawe, umunsi yagwiririwe n’amakuba! Ntukishimire kuri bene Yuda, ku munsi w’irimbuka ryabo, kandi ntukabavuge nabi ku munsi w’akababaro!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Ariko ntukarebēre ku munsi wa mwene so, umunsi yabonyemo amakuba, kandi ntukishime ku Bayuda ku munsi barimbutsemo, kandi ntukababwirane ubwibone ku munsi bagizemo amakuba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Ntimwari mukwiye gukina ku mubyimba bene wanyu bageze mu makuba, ntimwari mukwiye kwishimira kurimbuka kw'Abayuda, ntimwari mukwiye no kubirataho igihe bari mu kaga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Ntimwari mukwiye gukina ku mubyimba bene wanyu bageze mu makuba, ntimwari mukwiye kwishimira kurimbuka kw'Abayuda, ntimwari mukwiye no kubirataho igihe bari mu kaga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Obadiya 1:12
27 Iomraidhean Croise  

amakuba ye yatangaje ab’iburasirazuba, naho ab’iburengero bwaryo barumirwa.


Ese nigeze nishimira ko umwanzi agize ibyago, mbyinira ku rukoma kubera ibyago byamwugarije?


Rwose, imbwa nyamwinshi zankubakubye, igitero cy’abagiranabi cyantaye hagati. Bamboshye ibiganza n’ibirenge,


Uhoraho, ntunkoze isoni kandi ari wowe niyambaje, ahubwo abagome abe ari bo bakorwa n’ikimwaro, baruce barumire nk’abagiye ikuzimu!


Ariko naraguye, bo bakoranira kunkina ku mubyimba, ndetse n’abavantara ntazi barahurura, nuko baranshwanyaguza nta mbabazi.


Ariko Nyagasani aramugaya, kuko aba aruzi umunsi we wegereje.


Abariho bangenza, nabiture inabi bangirira; koresha ububasha bwawe, maze ubatsembe!


Mbaraga zanjye, ni wowe ndangamiye, Imana ni yo buhungiro bwanjye butavogerwa.


Wampaye imbaraga nk’iz’imbogo, unsesekazaho amavuta akiri mashyashya;


Usetse umukene aba atutse Iyamuremye, uwishimira ibyago by’abandi azahanwa.


Watutse Uhoraho ukoresheje abagaragu bawe, uvuga uti ’Mfashijwe n’amagare yanjye y’intambara atagira ingano, narazamutse ngera mu mpinga z’imisozi, mu mirenge itavogerwa yo hagati ya Libani, ntemayo amashami y’amasederi, n’imizonobari miremire cyane, ngera mu mpinga y’imisozi, no mu mashyamba ahatwikiriye.


Abanzi bawe bose barakwasamiye, baravuza induru, bagahekenya amenyo, bavuga bati «Twaramuyongobeje! Koko uyu ni wo munsi twari dutegereje, none tuwugezeho, turawubonye!»


Ishime, uhimbarwe, mwari wa Edomu, wowe utuye mu gihugu cya Usi: nawe inkongoro izakugeraho, uzasinde maze wiyambike ubusa!


maze uzamenye ko jye, Uhoraho, numvise ibitutsi watutse imisozi ya Israheli, ugira uti ’Yahindutse amatongo, turayihawe ngo tuyirimbagure!’


Mbese nk’uko washimishijwe no kubona umurage wa Israheli urimburwa, nanjye nzakugenzereza ntyo ! Nzaguhindura ubutayu, wowe musozi wa Seyiri, kimwe na Edomu yose uko yakabaye, maze muzamenye ko ndi Uhoraho.’»


Ni yo mpamvu, jyewe Nyagasani Uhoraho, mbirahijwe n’uburakari bungurumanamo, ko ngiye kwibasira ya mahanga yandi na Edomu yose uko yakabaye, bo bansuzuguye bakishimira kwigabiza igihugu cyanjye, ngo bakigarurire, banagisahure.


Ngaha amahanga menshi yagukoraniyeho, bagira bati «Nibahahindanye maze tubone n’amaso yacu akaga ka Siyoni!»


Amaze kwegera umugi no kuwitegereza, arawuririra,


Bityo rero, n’ururimi ni urugingo rw’umubiri rungana urwara, ariko rukiratana ibikorwa bikomeye. Nimurebe ukuntu akariro gake gatwika ishyamba rinini rigakongoka.


Koko rero, bungikanya ibigambo bitagira shinge na rugero, maze ibyifuzo bibi by’umubiri bigatuma bashukashuka abari bakimara kwitandukanya n’abantu bakiri mu mafuti.


Ni abo ngaba rero! Ni abantu bijimye, bahora bijujuta; bakabaho bakurikije irari ryabo bwite, bakavuga amagambo y’ubwirasi kandi bagacacura abantu babigirira gusa kuronka inyungu yabo.


Nuko gihabwa umunwa wo kwirata no gutuka Imana, gihabwa n’ububasha bwo gukora icyo gishaka igihe cy’amezi mirongo ine n’abiri.


Ntimukongere kuvuga amagambo menshi y’ubwirasi, ubutukanyi ntibugasohoke mu munwa wanyu, kuko Uhoraho ari Imana izi byose, kandi agacira imanza ibikorwa by’abantu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan