Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Obadiya 1:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Urugomo n’ubwicanyi wagiriye umuvandimwe wawe Yakobo, ni byo bitumye uzakorwa n’ikimwaro, ukarimbuka ubuziraherezo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 “Urugomo wagiriye mwene so Yakobo ni rwo ruzagutera gukorwa n'isoni cyane, kandi kurimbuka kwawe kuzaba ukw'iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 “Mwa Bedomu mwe, mwagiriye urugomo bene wanyu bakomoka kuri Yakobo, ni cyo gituma muzakorwa n'isoni, muzarimbuka ubuziraherezo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 “Mwa Bedomu mwe, mwagiriye urugomo bene wanyu bakomoka kuri Yakobo, ni cyo gituma muzakorwa n'isoni, muzarimbuka ubuziraherezo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Obadiya 1:10
30 Iomraidhean Croise  

Yakobo asubiza nyina Rebeka, ati «Ezawu mwene data afite ibyoya ku mubiri wose, naho jye nta byo mfite.


Guhera ubwo, Ezawu azira Yakobo, amuhora umugisha se yari yamuhaye. Mu mutima yigira inama, ati «Iminsi yo kwiraburira data iregereje; nyuma y’aho nzica Yakobo murumuna wanjye!»


Koko rero Abanyedomu bari bongeye gutera Yuda, barabanesha babajyana ari imfungwa.


Abandegaga nibicwe n’ipfunwe, bamanjirwe, isoni bafite zibisesureho nk’igishura.


Abanzi be nzabakoza ikimwaro, maze ikamba rye rizamubengeranireho.»


Uhoraho, urajye wibuka abahungu ba Edomu, ku munsi wa Yeruzalemu, bo bavugaga ngo «Nimuyirandurane n’imizi n’imiganda!»


Nyagasani, Mugaba w’ingabo, sinzakoze isoni abakwiringira, ngo ntere ikimwaro abagushakashaka, Mana ya Israheli!


Wamushikuje mu kiganza inkoni y’ubwami, maze intebe ye uyitembagaza hasi;


Umugisha uranga umutwe w’intungane, naho umunwa w’abanyabyaha uba uhishe urugomo.


Usetse umukene aba atutse Iyamuremye, uwishimira ibyago by’abandi azahanwa.


Uhoraho avuze atya: Abagome bose duturanye bigabiza umurage nahaye Israheli, umuryango wanjye, ngiye kubarimbura ku butaka bwabo; abantu ba Yuda na bo, nzabarandura, mbavangure na bo.


Isoni nizidukore maze ikimwaro kitworose! Rwose, kuva mu buto bwacu kugeza uyu munsi, twacumuye kuri Uhoraho Imana yacu, twanga gutega amatwi ijwi rye.


Ni koko ndabirahiye jyewe ubwanjye — uwo ni Uhoraho ubivuze — Bosora izahinduka itongo, ibe ruvumwa, bajye bahora bayituka. Imigi yose iyikikije izahinduka amatongo ubuziraherezo.


Nta bwo twishimiye gutukwa, isoni zaradukoze, kuko abanyamahanga bacengeye ahantu hatagatifu mu Ngoro y’Uhoraho.


Ishime, uhimbarwe, mwari wa Edomu, wowe utuye mu gihugu cya Usi: nawe inkongoro izakugeraho, uzasinde maze wiyambike ubusa!


Mwari w’i Siyoni, amafuti yawe arababariwe; Uhoraho ntazongera kukujyana bunyago. Naho wowe, mwari w’i Edomu, azaguhanira amafuti yawe, agaragaze ibyaha byawe!


Nzaguhindura ubutayu budatuwe iteka ryose, imigi yawe ntizongera guturwa ukundi, maze muzamenye ko ndi Uhoraho.


Bazakenyera ibigunira n’umushyitsi ubatahe; mu ruhanga rwabo hazakorwe n’ikimwaro n’imitwe yabo bayiharanguze.


Uhoraho avuze atya : Kabiri gatatu Edomu icumura ! Niyemeje kuyihana kandi sinzivuguruza ! Kubera ko yatoteje umuvandimwe we ashaka kumwicisha inkota kandi akamwima imbabazi, kuko uburakari bwe butigeze bugabanuka kandi akagumana inzika igihe cyose,


Umwanzi wanjye azabibona akorwe n’ikimwaro, we wambazaga ati «Uhoraho, Imana yawe, aba he?» Amaso yanjye azamwitegereza, ubwo azanyukanyukwa nk’icyondo mu mayira.


Ingoma ibihumbi ntuzabashakire ubukire n’ihirwe igihe cyose ufite kubaho.


Ntuzange urunuka Umunyedomu, kuko ari mwene wanyu; ntuzange urunuka Umunyamisiri, kuko wabaye umusuhuke mu gihugu cye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan