Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 9:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Wabonye ko umutima we ukunogeye, maze ugirana na we isezerano ryo kuzamugabira iki gihugu cyari gituwe n’Abakanahani, Abaheti n’Abahemori, hamwe n’Abaperezi, Abayebuzi n’Abagirigashi, kugira ngo abamukomokaho bazagiture, kandi iryo wavuze ryaratashye, kuko wowe uri indahemuka!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Wabonye umutima we ari uwo kwizerwa, usezerana na we isezerano ryo kumuha igihugu cy'Abanyakanāni n'icy'Abaheti n'icy'Abamori, n'icy'Abaferizi n'icy'Abayebusi n'icy'Abagirugashi kandi ko uzagiha n'urubyaro rwe, kandi ibyo warabishohoje kuko ukiranuka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Wabonye ko akubereye indahemuka, ugirana na we Isezerano rihamye: iryo kuzagabira urubyaro rwe igihugu cy'Abanyakanāni n'Abaheti, n'Abamori n'Abaperizi n'Abayebuzi n'Abagirigashi. Iryo Sezerano wararisohoje kuko nawe uri indahemuka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Wabonye ko akubereye indahemuka, ugirana na we Isezerano rihamye: iryo kuzagabira urubyaro rwe igihugu cy'Abanyakanāni n'Abaheti, n'Abamori n'Abaperizi n'Abayebuzi n'Abagirigashi. Iryo Sezerano wararisohoje kuko nawe uri indahemuka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 9:8
39 Iomraidhean Croise  

Uhoraho abonekera Abramu, aramubwira ati «Urubyaro rwawe nzaruha iki gihugu.» Aho ngaho Abramu ahubaka urutambiro, arwubakira Uhoraho wari wamubonekeye.


Abramu yemera Uhoraho, bituma amubonamo ubutungane.


Malayika w’Uhoraho ati «Ntukoze ukuboko kuri uwo mwana! Ntugire icyo umutwara, kuko ubu ngubu menye ko wubaha Imana, ukaba utanyimye umwana wawe w’ikinege.»


Inzira z’iyi Mana ziraboneye; Ijambo ry’Uhoraho ryarigaragaje. Ni ingabo ikingira abamufiteho ubuhungiro.


Umuyebuzi, Umuhemori, Umugirigashi,


isezerano yagiranye na Abrahamu, rigakomezwa n’indahiro ya Izaki,


Uhoraho Mana ya Israheli, ubuntu bwawe ni bwo dukesha kuba twarasigaye turi agasigisigi k’abarokotse, nk’uko tumeze ubu. Ngaha twebwe b’abanyabyaha duhagaze imbere yawe, n’ubwo tutabikwiye.»


Watubereye intabera mu byatubayeho byose, wowe wakurikiranye ukuri, naho twebwe twarahemutse.


‘Nzabakura mu magorwa murimo mu Misiri, mbajyane mu gihugu cy’Abakanahani, n’Abaheti, n’Abahemori, n’Abaperezi, n’Abahivi, n’Abayebuzi, igihugu gitemba amata n’ubuki.’


Ndamanutse ngo mbagobotore mu maboko y’Abanyamisiri, maze mbavane muri icyo gihugu, mbajyane ku butaka bw’indumbuke kandi bugari, mu gihugu gitemba amata n’ubuki, ahantu hatuwe n’Abakanahani, n’Abaheti, n’Abahemori, n’Abaperezi, n’Abahivi, n’Abayebuzi.


«Mwana w’umuntu, abatuye ku butaka bwa Israheli, abari muri ayo matongo, baravuga bati ’Abrahamu yari wenyine igihe agabiwe iki gihugu; none turi benshi, ni twebwe twagihaweho umurage.’


Abamaleki batuye mu ntara ya Negevu, Abahiti, Abayebuzi n’Abahemori batuye mu misozi, naho Abakanahani batuye hafi y’inyanja no ku nkombe z’uruzi rwa Yorudani.»


Imana si umuntu ngo irabeshya, si mwene Adamu ngo irisubiraho. Yavuga icyo itazakora se? Ijambo yavuze se ryapfa guhera aho?


Imana imaze kumuhigika, ishyiraho Dawudi ngo ababere umwami, ari na we yatanzeho icyemezo iti ’Nabonye Dawudi mwene Yese, umuntu unguye ku mutima, uzakora ibyo nshaka byose.’


Uzagende usange umuherezabitambo uzaba utahiwe muri icyo gihe, umubwire uti «Uyu munsi ndamenyesha Uhoraho Imana yawe yuko nageze mu gihugu Uhoraho yarahiye abasogokuruza bacu ko azakiduha.»


Ni urutare, ibyo akora biba bitunganye rwose, uburyo bwe bwose buraboneye. Ni Imana izira guhemuka, kandi itarenganya, ni intabera n’intagorama.


Uhoraho Imana yawe namara kukwinjiza mu gihugu ugiye kwigarurira, akirukana amahanga menshi imbere yawe, Abaheti, Abagirigashi, Abahemori, Abakanahani, Abaperezi, Abahivi n’Abayebuzi, amahanga arindwi akuruta ubwinshi kandi akurusha amaboko,


Ubutungane bwawe cyangwa se ubwiza bw’umutima wawe si byo bitumye ugiye kwinjira mu gihugu cyabo ngo ukigarurire; mu by’ukuri, ubwigomeke bw’ayo mahanga ni bwo bwateye Uhoraho kubanyaga ibyabo ngo abiguhe. Indi mpamvu Uhoraho abigiriye, ni ukugira ngo akomeze indahiro yagiriye abasokuruza bawe Abrahamu, na Izaki na Yakobo.


mu bwizere bwo kuzabona ubugingo buhoraho, ubwo Imana itabasha kubeshya yasezeranye mbere y’ibihe bya kera na kare,


Ukwemera kwatumye, mu gihe cy’igeragezwa, Abrahamu atura Izaki ho igitambo; atura umwana we w’ikinege, kandi yari yarahawe amasezerano,


Iryo sezerano n’iyo ndahiro bidakuka kandi bitarangwamo ubuhendanyi bw’Imana, ni byo shingiro ridahungabana ry’amizero yacu, twe abemeye guhara byose ngo tugere ku mizero twasezeranijwe.


Yozuwe afata igihugu cyose, akurikije ibyo Uhoraho yabwiye Musa, na we akiraga Israheli maze arakibagabanya akurikije imiryango. Ahasigaye igihugu kiratuza, intambara irahosha.


ari bo Abakanahani bari mu burasirazuba no mu burengerazuba, Abahemori, Abaheti, Abaperizi n’Abayebuzi bari mu Misozi, n’Abahivi bari hepfo ya Herimoni mu gihugu cya Misipa.


Dore ubu ndigendeye nk’uko ibintu byose byo ku isi bishira, ariko mwe, mumenye n’umutima wanyu wose n’amagara yanyu yose, ko nta kantu na kamwe katujujwe mu masezerano yose meza Uhoraho, Imana yanyu, yabagiriye.


Ubwo rero, bamaze kubyumva, abami bose b’iburengerazuba bwa Yorudani, bari batuye mu Misozi, mu Mirambi no ku nkengero zose z’Inyanja ngari, kugeza kuri Libani, ari bo Abaheti, Abahemori, Abakanahani, Abaperezi, Abahivi, Abayebuzi,


Ariko niba twishinje ibyaha byacu, Imana idahemuka kandi yuje ubutungane, izatubabarira ibyaha byacu kandi iduhanagureho icyitwa ubucumuzi cyose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan