Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 9:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Ariko abasokuruza bacu bo, bakwishongoyeho, bagushingana ijosi, banga kubahiriza amategeko yawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Ariko abo na ba sogokuruza baribona, bagamika amajosi ntibumva amategeko yawe,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Ariko ba sogokuruza baragusuzuguye, bashinga amajosi yabo ntibumvira amabwiriza yawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Ariko ba sogokuruza baragusuzuguye, bashinga amajosi yabo ntibumvira amabwiriza yawe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 9:16
33 Iomraidhean Croise  

Ariko banga kumva, ahubwo bagamika amajosi nk’uko abasekuruza babo bayagamitse banga kwemera Uhoraho, Imana yabo.


Koko rero abasokuruza bacu baracumuye kandi bakora ibidatunganiye Uhoraho, Imana yacu; baramwihakanye, bakura amaso yabo ku Ngoro y’Uhoraho, bayitera umugongo.


Ubu ngubu mwigamika amajosi nk’abasokuruza banyu, ahubwo nimwinjire mu Ngoro Uhoraho yihiteyemo iteka ryose, maze mukorere Uhoraho, Imana yanyu, kugira ngo abakureho amakare y’uburakari bwe.


Ndetse agomera umwami Nebukadinetsari wari waramurahije Imana. Sedekiya ashinga ijosi kandi anangira umutima aho kugarukira Uhoraho, Imana ya Israheli.


Weretse Farawo ibimenyetso n’ibitangaza byinshi, abagaragu be n’abatuye igihugu cye ubigirizaho nkana, kuko wari uzi ko bishongoye ku bakurambere bacu, maze izina ryawe riba ikirangirire, kuva ubwo na n’ubu.


Warabihanangirije ngo bagarukire Amategeko yawe, naho bo barushaho kwishongora, basuzugura amategeko yawe, amabwiriza yawe bayarengaho, kandi ari yo aronkera ubuzima abayakurikiza. Bateruye intugu baba rubebe, bagushingana ijosi, banga kumvira.


Koko twaracumuye nk’abasekuruza bacu, twaragomye duteshuka inzira!


Igihe untakambiye uri mu kaga, ndagutabara; ngusubiza nihishe mu bicu no mu nkuba, nkugeragereza ku mazi y’i Meriba. (guceceka akanya gato)


Hanyuma aravuga ati «Niwumva neza ibyo Uhoraho Imana yawe akubwira, ugakora ibitunganye mu maso ye, ugatega amatwi amategeko ye kandi ugakurikiza amateka ye yose, nta bwo nzaguteza icyago na kimwe mu byo nateje Abanyamisiri; kuko ari jye Uhoraho ugukiza.»


Uhoraho abwira Musa, ati «Ndabona neza ko uyu muryango ufite ijosi rishingaraye!


Umuntu bahana agashinga ijosi, nta kabuza azavunika atunguwe.


Nyamara iyo ujya kwita ku mategeko yanjye, amahoro yawe aba asendereye nk’uruzi, n’ubutungane bwawe bukamera nk’imivumba yo mu nyanja;


Kuko nari nzi neza ko utumva, ijosi ryawe rireze nk’umukwege w’icyuma, n’uruhanga rwawe rukomeye nk’umuringa.


Ariko bo barijujuse, bababaza umwuka we mutagatifu, ni bwo rero abateye umugongo, maze we ubwe abarwanya nk’umwanzi.


«Uhoraho Umugaba w’ingabo, Imana ya Israheli avuze atya: Ngiye guteza muri uyu mugi no mu yindi yose iwukikije, ibyago byose nawuteganyirije kuko banshinganye ijosi, banga kumva amagambo yanjye.»


None rero, bantu b’aya magingo, nimwumve ijambo ry’Uhoraho: Israheli se naba nayibereye ubutayu, cyangwa igihugu cy’umwijima? Ni iki se gituma umuryango wanjye uvuga uti «Tuzigira aho dushaka, ntituzakugarukira ukundi?»


Ariko ntibanyumvise, nta bwo banteze amatwi, bashingaritse ijosi ryabo, barusha abasekuruza babo ubugome.


Yarigometse isuzugura amategeko n’amabwiriza yanjye kurusha amahanga n’ibihugu biyikikije; kuko bahigitse amabwiriza yanjye kandi ntibakurikize n’amategeko yanjye.»


Bantu b’ijosi rishingaraye, bantu banangiye umutima n’amatwi, mugahora murwanya Roho Mutagatifu, muri kimwe n’abasekuruza banyu!


Noneho rero, kuko wanangiye umutima wawe ukanga kwicuza, urihunikira uburakari bwa wa munsi w’uburakari Imana izahishura ko ica imanza zitabera,


Kuko nzi amatwara yawe yo kwigomeka no kugira ijosi rishingaraye. Ubwo muri iki gihe mugomera Uhoraho, kandi nkiriho ndi kumwe namwe, hazacura iki nimara gupfa?


Nuko Yeshuruni arashisha, maze ashinga ijosi — warashishe, urabyibuha, uba ingogo — ahararukwa Imana yamuremye, asuzugura Urutare rwamukijije.


Gusa iyaba bakomezaga kuntinya, bakanubahiriza amategeko yanjye yose iminsi yose, maze bo n’urubyaro rwabo bakazahirwa ingoma ibihumbi!


Uhoraho yungamo arambwira ati «Ndareba iriya mbaga, ngasanga ari imbaga ifite ijosi rishingaraye!


Ibuka abagaragu bawe Abrahamu, Izaki na Yakobo. Wikwita ku gasuzuguro k’uwo muryango, ku bugome bwawo no ku byaha byawo.


Umenye rero yuko ubutungane bwawe atari bwo bwatumye Uhoraho Imana yawe aguha kiriya gihugu cyiza ngo ugitunge, kuko usanzwe uri umuryango ufite ijosi rishingaraye.


Ahubwo buri munsi nimuterane inkunga, igihe cyose hakiri «Uyu munsi» Ibyanditswe bivuga, maze ntihagire n’umwe muri mwe unangira umutima, ayobejwe n’icyaha.


nk’uko byanditswe ngo «Uyu munsi, nimwumva ijwi rye, ntimunangire imitima yanyu nk’igihe cy’amananiza.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan