Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 9:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Ku munsi wa makumyabiri n’ine w’uko kwezi, Abayisraheli barongera bakoranira hamwe kugira ngo basibe; bose baza bambaye ibigunira kandi binyanyagijeho umukungugu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Nuko ku munsi wa makumyabiri n'ine wo muri uko kwezi Abisirayeli baraterana biyiriza ubusa, bambara ibigunira bītēra n'umukungugu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1-2 Ku itariki ya makumyabiri n'enye z'uko kwezi, Abisiraheli kavukire bitandukanya n'abanyamahanga bose, maze bateranira hamwe bigomwa kurya. Bambara imyambaro igaragaza akababaro, biyorera n'umukungugu mu mutwe. Nuko biyemerera ku mugaragaro ko bakoze ibyaha bo na ba sekuruza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1-2 Ku itariki ya makumyabiri n'enye z'uko kwezi, Abisiraheli kavukire bitandukanya n'abanyamahanga bose, maze bateranira hamwe bigomwa kurya. Bambara imyambaro igaragaza akababaro, biyorera n'umukungugu mu mutwe. Nuko biyemerera ku mugaragaro ko bakoze ibyaha bo na ba sekuruza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 9:1
22 Iomraidhean Croise  

Ku munsi wa gatatu, haza umuntu aturutse mu ngando kwa Sawuli, imyambaro ye yatanyaguritse, kandi umutwe we wuzuyemo umukungugu. Nuko ngo agere kwa Dawudi amwikubita imbere aramupfukamira.


Yozafati ashya ubwoba, yiyemeza kugisha inama Uhoraho kandi ategeka Abayuda bose ko basiba kurya.


Nuko ku munsi wa makumyabiri n’itatu w’ukwezi kwa karindwi Salomoni asezerera abantu basubira mu mahema yabo, bagenda bishimye kandi imitima yabo inejejwe n’ibyiza Uhoraho yari yagiriye Dawudi, Salomoni, n’umuryango we Israheli.


Aho ngaho hafi y’umugezi wa Ahawa, mpatangariza igisibo kugira ngo twicishe bugufi imbere y’Imana yacu, kandi ngo dushobore kugenda nta nkomyi, twe ubwacu n’abavandimwe bacu, kimwe n’ibintu byacu byose.


Nuko rero dusiba kurya, kandi dusaba Imana yacu kutugirira iyo neza, maze iratwumvira.


Ezira umuherezabitambo azana igitabo cy’Amategeko imbere y’ikoraniro ryose. Kuri uwo munsi wa mbere w’ukwezi kwa karindwi, hari hateraniye abagabo, abagore, mbese n’abandi bose baciye akenge.


Bubuye amaso bakiri kure, ntibamumenya; ni ko gutera hejuru bararira, bashishimura ibishura byabo, kandi binyanyagiza umukungugu ku mutwe.


Uwo munsi, Nyagasani Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yabahamagariye kurira no kuganya, kwiyogoshesha no kwambara ibigunira,


Na n’ubu kandi, uwo ni Uhoraho ubivuze, nimungarukire n’umutima wanyu wose, mwigomwe mu byo kurya, murire kandi muganye.


«Dore ibyo uzamenyesha Abayisraheli: Umunsi wa cumi n’itanu w’uko kwezi kwa karindwi, ni umunsi mukuru w’amahema. Ni igihe cy’ibirori byo guhesha ikuzo Uhoraho, kigomba kumara iminsi irindwi.


Ku munsi wa cumi n’itanu w’ukwezi kwa karindwi nanone, nimumara gusarura imyaka mu mirima yanyu, muzasanga Uhoraho mu Ngoro ye, ngo mumukorere ibirori by’iminsi irindwi. Umunsi wa mbere n’uwa munani izaba iy’ikiruhuko.


Yozuwe n’abakuru ba Israheli bashishimura imyambaro yabo, imitwe yabo bayuzuzamo umukungugu, maze bagwa hasi bubitse uruhanga ku butaka imbere y’Ubushyinguro bw’Uhoraho, birirwa batyo kugeza nimugoroba.


Nzaha abahamya banjye babiri ubushobozi bwo guhanura, mu minsi igihumbi magana abiri na mirongo itandatu, bambaye ibigunira.


Imbaga yose y’abana b’Abayisraheli barazamuka bajya i Beteli, bahageze bicara hasi baganyira Uhoraho, kandi uwo munsi basiba kurya kugeza nimugoroba, maze batura ibitambo bitwikwa n’ibitambo by’ubuhoro, imbere y’Uhoraho.


Umugabo wo mu Babenyamini ahubuka ku rugamba yiruka, ataha i Silo uwo munsi. Imyambaro ye yari yamushiriyeho kandi umutwe we wuzuye umukungugu.


Nuko bateranira i Misipa, bavoma amazi bayanyanyagiza imbere y’Uhoraho. Uwo munsi basiba kurya maze baravuga bati «Twacumuye kuri Uhoraho.» Nuko Samweli acira Abayisraheli imanza aho ngaho i Misipa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan