Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 8:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nuko kuva mu museke kugeza ku manywa y’ihangu, Ezira asomera icyo gitabo aho ku karubanda imbere y’Irembo ry’Amazi, hateraniye abagabo, abagore, mbese n’abandi bose baciye akenge. Imbaga yose yari yitonze, bateze amatwi igitabo cy’Amategeko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Ayo mategeko ayasomera ku karubanda ku irembo ry'amazi, ahera mu gitondo kare ageza ku manywa y'ihangu, abagabo n'abagore n'abandi bantu bajijutse bari bari aho. Bose bari bateze amatwi ngo bumve igitabo cy'amategeko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Kuva kare mu gitondo kugeza saa sita, Ezira asomera Amategeko abari bateraniye ku kibuga cyari imbere y'Irembo ry'Amazi. Hari abagabo n'abagore n'abana baciye akenge. Abantu bose bari bashishikajwe no kumva ibyo asoma.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Kuva kare mu gitondo kugeza saa sita, Ezira asomera Amategeko abari bateraniye ku kibuga cyari imbere y'Irembo ry'Amazi. Hari abagabo n'abagore n'abana baciye akenge. Abantu bose bari bashishikajwe no kumva ibyo asoma.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 8:3
25 Iomraidhean Croise  

Naho ba rubanda basigaye, abaherezabitambo, abalevi, abanyanzugi, abaririmbyi n’abahereza — mbese abari bitandukanyije n’abanyamahanga batuye igihugu kugira ngo begukire amategeko Uhoraho yatanze akoresheje Musa umugaragu we, n’abandi bose bari baciye akenge —


Uwo munsi kandi, basomera imbaga yose igitabo cya Musa maze bagisangamo ahanditswe ngo «Umuhamoni n’Umumowabu ntibazinjire na rimwe mu ikoraniro ry’Imana,


maze imbaga yongera gukoranira ku kibuga cy’imbere y’Irembo ry’Amazi, bose bashyize hamwe. Nuko babwira Ezira, umwanditsi, ngo azane igitabo cy’Amategeko ya Musa, Uhoraho yari yarahaye Israheli.


Buri munsi, kuva ku wa mbere kugeza ku wa nyuma, basomaga mu gitabo cy’Amategeko y’Imana. Ibyo birori, babyizihije mu minsi irindwi yose, maze ku munsi wa munani bongera gukoranira hamwe, nk’uko byari bitegetswe.


Umwanditsi Ezira yari ahagaze ahantu hirengeye bari bamuteguriye bakoresheje ibiti, iburyo bwe hahagaze Matatiya, Shema, Anaya, Uriya, Hilikiya na Maseya; naho ibumoso bwe hahagaze Pedaya, Mikayeli, Malikiya, Hashumu, Hashibadana, Zekariya na Meshulamu.


Ezira abumbura igitabo bose bamureba, kuko aho yari ahagaze yabasumbaga uko bangana, maze akimara kukibumbura, imbaga yose irahaguruka.


Uwo Dawudi yita Umutegetsi, yaba umwana we ate?» Abantu benshi bamwumvanaga umunerezo.


Nyamara ntibabona aho bamuturuka, kuko rubanda rwose bari bamuteze amatwi, bitaye cyane ku byo yavugaga.


Mwitondere rero uburyo mwumva aya magambo. Kuko ufite byinshi, ari we uzongererwa; naho udafite, n’icyo yibwiraga ko afite bazakimwaka.»


Nyuma y’isomo ryo mu gitabo cy’Amategeko n’Abahanuzi, abatware b’isengero babatumaho bati «Bavandimwe, niba hari amagambo mufite yashishikaza rubanda, ngaho nimuvuge!»


Koko rero, abaturage b’i Yeruzalemu n’abatware babo birengagije Yezu; maze mu kumucira urubanza, barangiza batyo ibyo abahanuzi bavuze, bisomwa kuri buri sabato.


Naho Musa, kuva kera umugi wose awufitemo abigisha ibye, kuko kuri buri sabato babisomera mu masengero.»


Umwe muri bo witwaga Lidiya, ukomoka mu mugi wa Tiyatira, akaba n’umucuruzikazi w’imyenda y’imihemba, yari asanzwe asenga Imana. Nuko atega amatwi kuko Nyagasani yari yamuhaye umutima wo kwita ku byo Pawulo yavugaga.


Abantu b’aho barushaga ubupfura ab’i Tesaloniki, bakirana umutima mwiza ijambo ry’Imana, buri munsi bagasesengura Ibyandi tswe, kugira ngo barebe niba ibyo Pawulo avuga ari ko biri.


Aho azamukiye, Pawulo afata umugati, arawumanyura; hanyuma akomeza ikiganiro kugeza mu gitondo, abona kugenda.


Ku wa mbere w’icyumweru, ubwo twari duteraniye hamwe ngo tumanyure umugati, Pawulo wari uraye ari bugende aganira n’abavandimwe kugeza mu gicuku.


Ubwo bemeranya umunsi bazongera guterana, uwo munsi ugeze bamusanga ari benshi ku icumbi rye. Ahera mu gitondo ageza nimugoroba abasobanurira iby’Ingoma y’Imana, anagerageza kubemeza ku byerekeye Yezu, ahereye ku Mategeko ya Musa no ku Bahanuzi.


Musa yandika iri Tegeko, maze arishinga abaherezabitambo, bene Levi baheka ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho; arishinga kandi n’abakuru b’imiryango ya Israheli bose.


Ngicyo igituma tudahwema gushimira Imana, kuko mwakiriye ijambo ryayo twabigishije nk’uko riri by’ukuri. Koko ntimwaryakiriye nk’ijambo ry’abantu, ahubwo nk’ijambo ry’Imana rigaragariza akamaro karyo muri mwebwe abemera.


Nta jambo na rimwe mu yo Musa yategetse, Yozuwe atasomye imbere y’ikoraniro ryose ry’Abayisraheli, harimo abagore, abana n’abasuhuke babaga muri bo.


Ufite amatwi arumve icyo Roho abwira za Kiliziya.»


Ufite amatwi arumve icyo Roho abwira za Kiliziya.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan