Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 8:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Nuko rubanda bose bajya kurya no kunywa, boherereza n’abatagize icyo bategura, maze bose baridagadura; kuko bari bumvise neza ijambo babwiwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Maze abantu bose baragenda, bajya gufungura no guhana amafunguro, no kuganira ibiganiro by'ibyishimo byinshi kuko bamenye amagambo babwirijwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Nuko abantu bose barataha bajya kurya no kunywa, ndetse boherereza amafunguro abatabashije kugira icyo bategura. Abantu basābwa n'ibyishimo kuko bari basobanukiwe neza ibyo bari babasomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Nuko abantu bose barataha bajya kurya no kunywa, ndetse boherereza amafunguro abatabashije kugira icyo bategura. Abantu basābwa n'ibyishimo kuko bari basobanukiwe neza ibyo bari babasomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 8:12
25 Iomraidhean Croise  

Uwo munsi bararya kandi banywera imbere y’Uhoraho mu byishimo byinshi, kandi bimika ubwa kabiri umwami Salomoni mwene Dawudi. Basiga Salomoni amavuta ngo abe umutware w’Uhoraho, na Sadoki bamusigira kuba umuherezabitambo.


Ezira arongera arababwira ati «Nimugende murye inyama z’amatungo y’imishishe, munywe n’inzoga ziryohereye kandi musangire n’abatagize icyo bategura; kuko uyu munsi weguriwe Nyagasani. Ntimugire agahinda, kuko ibyishimo by’Uhoraho ari byo buhungiro bwanyu.»


Maze abalevi na bo bagahoza imbaga, bavuga bati «Nimuceceke, kuko uyu ari umunsi mutagatifu; kandi mwikomeza kugira agahinda!»


Ku munsi wa kabiri, abatware b’amazu y’umuryango wose, abaherezabitambo n’abalevi, bakoranira iruhande rwa Ezira, umwanditsi, kugira ngo bicengezemo ibivugwa mu Mategeko.


sinigeze nanga amategeko yampaye, kandi nzirikana mu mutima amagambo yambwiye.


Ibyemezo byawe ni byo murage wanjye, ni na byo byishimo by’umutima wanjye.


Ni cyo gituma nkunda amategeko yawe, kurusha zahabu, ndetse zahabu iyunguruye.


Guhishura amagambo yawe ni urumuri, abiyoroshya akabaha ubwenge.


Mpimbazwa no gukurikiza ibyemezo byawe kuruta uko ubukire butera ibyishimo.


Nzahimbazwa n’ugushaka kwawe, noye kuzibagirwa ijambo ryawe.


Umunwa wanjye wamamaza ibisingizo byawe, kuko umenyesha ugushaka kwawe.


Uhoraho, icyo nifuza ni uko wandokora, kandi amategeko yawe antera ibyishimo.


Amategeko y’umunwa wawe andutira ibihumbi by’amasikeli ya zahabu na feza.


Mbega ukuntu nkunda amategeko yawe! Iminsi yose ndayazirikana.


Iyo numvise amagambo yawe, ndayamira: ijambo ryawe ryaranyuze, rinsendereza umunezero. Nitiriwe izina ryawe, Uhoraho Imana, Umugaba w’ingabo.


Basigara babwirana bati «Mbega ukuntu imitima yacu yari yuzuye ibinezaneza igihe yatuganirizaga mu nzira, adusobanurira Ibyanditswe!»


Koko kandi nzi neza ko icyiza kitandimo, kubera intege nke z’umubiri wanjye. Nshobora kwifuza icyiza, ariko kugikora bikananira.


Nuko abatuye isi bazishimire urupfu rwabo bombi, banezerwe, bohererezanye amaturo, kuko abo bahanuzi bombi bari barababaje abatuye isi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan