Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 6:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Koko kandi bose babigiraga bashaka kudutera ubwoba, bibwira bati «Bazacika intege barambirwe, maze uwo murimo uhagarare!» Ibiramambu, ahubwo twarushagaho kuwushishikarira dushyizeho umwete.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Bose bashaka kudukangisha bibwira yuko amaboko yacu azatentebuka, umurimo ntukorwe. Ariko Mana yanjye, unkomereze amaboko!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Bose bashakaga kudutera ubwoba bibwira ko tuzacika intege, kugira ngo umurimo dukora udindire. Nuko ndasenga nti: “Mana yanjye, umpe imbaraga.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Bose bashakaga kudutera ubwoba bibwira ko tuzacika intege, kugira ngo umurimo dukora udindire. Nuko ndasenga nti: “Mana yanjye, umpe imbaraga.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 6:9
23 Iomraidhean Croise  

Ariko mwebwe, nimukomere, ibiganza byanyu bye kudandabirana, kuko muzahemberwa ibikorwa byanyu!»


Abagaragu ba Senakeribu bavuga mu ijwi riranguruye mu rurimi rw’Abayuda, bakanga kandi bakura umutima abaturage b’i Yeruzalemu kugira ngo bigarurire umugi.


Abaturanyi babo bakora uko bashoboye, babatwerera feza na zahabu, ibintu n’amatungo, n’andi maturo y’agaciro gakomeye, utabariyemo n’ibindi batanze ku buntu.


Ndakwinginze, Mana yanjye, ngo ujye wibuka Tobiya kubera ubwo bugome bwe; kandi uzibuke na Noyadiya w’umuhanuzikazi, hamwe n’abandi bahanuzi bose, bashatse kuntera ubwoba.


Umunsi nagutakiye, waranyumvise, maze urampumuriza, unyongerera imbaraga.


Umunsi wose ingenza zinyomaho, abandwanya ntibagira umubare, barandusha imbaraga.


ububasha nimubuharire Imana! Ububengerane bwayo buganje hejuru ya Israheli, ububasha bwayo bukaba mu bicu.


Uhoraho, ni wowe buhungiro bwanjye, sinzateterezwa bibaho.


Umunyantege amuha imbaraga, agakomeza unaniwe.


Witinya, kuko ndi kumwe nawe, wikwiheba, kuko ndi Imana yawe. Ni byo rwose, ndagukomeje, ndagutabaye, nkuramize ukuboko kwanjye kurenganura.


Nuko abo batware babwira umwami, bati «Uyu muntu akwiye kwicwa, kuko iyo avuga amagambo ameze atya, mu by’ukuri aba aca intege abantu bose, n’ingabo zisigaye muri uyu mugi. Koko kandi, uyu muntu nta bwo ashakira rubanda amahoro, ahubwo arabashakira amakuba!»


Nzakomeza amaboko y’umwami w’i Babiloni, nshyire inkota yanjye mu kiganza cye. Nzavunagura amaboko ya Farawo maze azacure umuborogo boshye ujya gupfa.


Imbaraga zabo zizaba muri Uhoraho, kandi baziratane izina rye, uwo ni Uhoraho ubivuze.


Maze aransubiza ati «Ingabire yanjye iraguhagije; kuko ububasha bwanjye bwigaragariza cyane cyane mu banyantegenke.» Ni yo mpamvu mpisemo kwiratira mu ntege nke zanjye, kugira ngo ububasha bwa Kristu bunyituriremo.


ikaba na Nyir’ikuzo ryose, nkabasabira kugira ngo ibatere imbaraga ibigirishije Roho wayo, inakomeze umutima wa buri wese.


Ahasigaye rero, nimugire ubutwari muri Nyagasani, mugire imbaraga ze zibashoboza byose.


Nshobora byose muri Kristu untera imbaraga.


«Nimukomeze rero ibiganza bidandabirana n’amavi ajegajega;


Nyamara nimumara kubabazwa igihe kigufiya, Imana nyir’ubuntu bwose, Yo yabahamagariye ikuzo rihoraho muri Kristu, izabasubiza imbaraga, ibatere inkunga, ibakomeze kandi ibagire indatsimburwa.


Dawudi agira agahinda kenshi cyane, kuko abantu be bendaga kumutera amabuye: buri wese yari ababaye, atekereza abahungu be n’abakobwa be. Ariko Dawudi yishyiramo akanyabugabo ku bw’Uhoraho, Imana ye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan