Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 6:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 yanditsemo ngo «Geshemu aremeza yuko hari inkuru yakwiriye ibihugu, ivuga ko wowe n’Abayahudi mushaka kwivumbagatanya, akaba ari na cyo cyatumye mwubaka inkike; kandi barahamya ko ari wowe uzababera umwami.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 rwari rwanditswemo ngo “Mu mahanga hari impuha kandi na Geshemu aravuga yuko wowe n'Abayuda mushaka kugoma. Ngo ni cyo gituma mwubaka inkike kandi ngo urashaka kuba umwami wabo. Uko ni ko izo mpuha zivugwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Dore ibyari bikubiye muri urwo rwandiko: “Hari inkuru yabaye gikwira mu batari Abayahudi, bavuga ko wowe n'Abayahudi mufite umugambi wo kugomera umwami. Ngo yaba ari yo mpamvu wubaka urukuta rwa Yeruzalemu. Geshemu na we avuga ko iyo nkuru ifite ishingiro. Bavuga kandi ko waba ugiye kwimikwa kugira ngo ube umwami w'Abayahudi

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Dore ibyari bikubiye muri urwo rwandiko: “Hari inkuru yabaye gikwira mu batari Abayahudi, bavuga ko wowe n'Abayahudi mufite umugambi wo kugomera umwami. Ngo yaba ari yo mpamvu wubaka urukuta rwa Yeruzalemu. Geshemu na we avuga ko iyo nkuru ifite ishingiro. Bavuga kandi ko waba ugiye kwimikwa kugira ngo ube umwami w'Abayahudi

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 6:6
16 Iomraidhean Croise  

turamenyesha umwami ko Abayahudi bazamutse bava iwawe bakaza badusanga i Yeruzalemu, bariho bubaka bundi bushya wa mugi mubi wakunze kwigomeka. Batangiye kuzamura inkike, bamaze gupima urufatiro rwawo.


kugira ngo bashakashake mu gitabo cy’ibyabaye ku ngoma z’abasokuruza bawe. Muri icyo gitabo uzabisangamo maze umenyereho ko uwo mugi wari warigometse, ukagandishiriza abami ibihugu byabo, kandi ukaba ari wo uvukamo imidugararo kuva na kera. Ni na cyo cyatumye uwo mugi usenywa.


Sanabalati w’Umuhoroni, Tobiya umugaragu w’Umuhamoni na Geshemu w’Umwarabu, ngo babyumve, baraduseka kandi baradusuzugura, bavuga bati «Ibyo mukora ni ibiki? Mbese mugiye kugomera umwami?»


Bari bamuguriye, kugira ngo nze kugira ubwoba, nimbigenza ntyo mbe ncumuye, maze babone uko bankwiza igihugu, bankoze ikimwaro.


Sanabalati yongera kuntumaho umugaragu we ubwa gatanu, ambwira kwa kundi. Yari yamuhaye ibaruwa ifunguye,


Baravuga kandi ko waba warashyizeho abahanuzi kugira ngo bakwamamaze hose muri Yeruzalemu, bavuga ngo ’Igihugu cya Yuda gifite umwami!’ Ibyo byose kandi umwami azabimenya. None rero ngwino tujye inama.»


Numvise imigambi y’ubugome bwa rubanda, iterabwoba impande zose ngo «Nimumushinje, natwe tumushinje!» Abahoze ari incuti zanjye, bari barekereje ko nagwa, bati «Wenda ahari yashukika tukamubona uburyo, tukamwihimura.»


Murahirwa nibabatuka, bakabatoteza, bakanababeshyera ku buryo bwose, ari jye babahora.


Batangira kumurega bavuga bati «Twasanze uyu mugabo agandisha igihugu cyacu, akabuza gutanga umusoro wa Kayizari kandi akiyita Kristu Umwami.»


Nuko Pilato amaze kumva ayo magambo, ajyana Yezu hanze, yicara ku ntebe y’ubucamanza ahantu hiherereye, hitwa «Litostrotosi», mu gihebureyi «Gabata».


Kandi ni iki kitubuza gukora ibibi ngo bibyare ibyiza, nk’uko batubeshyera bavuga ko ari yo nyigisho yacu ? Abo ngabo bazacirwa urubanza rubakwiriye.


Rimwe turubahwa, ubundi tugasuzugurwa; baradusebya, ubundi bakadushimagiza. Batwita ababeshyi, kandi tuvugisha ukuri.


Nyamara ariko, mujye mubikorana ubugwaneza n’icyubahiro kandi mufite umutima utaryarya, kugira ngo nibanababeshyera, abasebya imigenzereze yanyu muri Kristu bazakorwe n’ikimwaro.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan