Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 6:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Nuko umunsi umwe njya kwa Shemaya, umuhungu wa Delaya mwene Mehetabeli, utari washoboye kwiyizira. Arambwira ati «Tuze guhurira mu Nzu y’Imana, maze twikingiranire imbere mu Ngoro; inzugi z’amarembo tuzifunge, kuko baza kukwica, iri joro nyine ni ho baza kukwica!»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Maze njya kwa Shemaya mwene Delaya mwene Mehetabēli wari ukingiranye, arambwira ati “Tubonanire ku nzu y'Imana imbere mu rusengero, dukinge inzugi z'urusengero kuko bazaza kukwica. Ni koko iri joro baraza kuza kukwica.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Umunsi umwe njya kwa Shemaya mwene Delaya wa Mehetabēli, kubera ko atashoboraga kuva iwe. Nuko arambwira ati: “Reka tubonanire mu Ngoro y'Imana mu Cyumba kizira inenge, maze dukinge inzugi zacyo kuko abashaka kukwica bazaza nijoro bakwice.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Umunsi umwe njya kwa Shemaya mwene Delaya wa Mehetabēli, kubera ko atashoboraga kuva iwe. Nuko arambwira ati: “Reka tubonanire mu Ngoro y'Imana mu Cyumba kizira inenge, maze dukinge inzugi zacyo kuko abashaka kukwica bazaza nijoro bakwice.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 6:10
21 Iomraidhean Croise  

Behali‐Hanani atanze, hima Hadari; izina ry’umurwa we rikaba Pawu. Umugore we yitwaga Mehetabela, umukobwa wa Matiredi mwene Mezahabu.


Yomeka andi mazu matoya ku rukuta rw’icyumba gitagatifu, no ku rukuta rw’icyumba gitagatifu rwose, abigenza atyo ku mpande zombi z’Ingoro.


Yowasi abana n’uwo murezi imyaka itandatu mu Ngoro y’Uhoraho, ubwo Ataliya yategekaga igihugu.


Inzu yose ya Akabu izarimburwa kandi nzamaraho abantu b’igitsinagabo bo kwa Akabu, baba ari abacakara cyangwa se abantu bigenga muri Israheli.


Akhazi akoranya ibikoresho byari mu Ngoro y’Uhoraho, arabimenagura, akinga inzugi z’Ingoro y’Uhoraho, kandi yiyubakira intambiro muri Yeruzalemu yose.


Mu kwezi kwa mbere k’umwaka wa mbere w’ingoma ye, Hezekiya akingura inzugi z’Ingoro y’Uhoraho, arazisana.


Ndetse bakinze inzugi z’Ingoro, bazimya amatara, bareka gutwikira Imana ya Israheli imibavu no kuyitura ibitambo bitwikwa!


muri bene Harimu ni Eliyezeri, Yishiya, Malikiya, Shemaya, Simewoni,


Ubwo mpera ko nohereza Eliyezeri, Ariyeli, Shemaya, Elinatani, Yaribu, Elinatani wundi, Natani, Zekariya na Meshulamu b’abatware,


Nari namenye ko ibyo ampanuriye atabitumwe n’Imana, ahubwo ko ari Tobiya wamuguriye.


Uhoraho, tabara! Nta ndahemuka ikibaho, ukuri kwarazimiye mu bantu!


Umugiranabi ahora acura inama yibasiye intungane, maze akayihekenyera amenyo.


Umunwa w’umugome urimbura mugenzi we, naho intungane zikarokorwa n’ubumenyi bwazo.


Hanyuma, Yeremiya yinginga Baruki, ati «Mfite impamvu, sinemerewe kwinjira mu Ngoro y’Uhoraho.


Ubwo umwuka unyinjiramo, urampagurutsa maze urambwira, uti «Genda wikingirane mu nzu.»


Nibura nihaboneke umwe muri mwe akinge inzugi z’Ingoro, kugira ngo mutava aho mwongera gucana umuriro w’impfabusa ku rutambiro rwanjye! Sinkibishimira na gato, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga, n’amaturo yanyu ndayanze!


Muritondere abahanurabinyoma babasanga, inyuma basa n’intama, naho imbere ari ibirura by’ibihubuzi.


Koko rero ukora ibibi wese, yanga urumuri kandi ntarwegere, agira ngo ibyo akora bitagaragara.


Umugi wose ni ko kuvurungana, maze rubanda rwose rurahurura, bafata Pawulo bamuvana mu Ngoro bamujyana hanze, bahita bakinga imiryango.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan