Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 5:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Nuko ngisha imitima inama, niyemeza gutonganya abanyacyubahiro n’abakuru, maze ndababwira nti «Mwese mukorera abavandimwe banyu umutwaro urenze urugero!» Hanyuma nkoranya abantu benshi kugira ngo tubamagane;

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Mperako nigira inama ubwanjye, ntonganya imfura n'abatware ndababwira nti “Muraguriza bene wanyu inyungu irenze urugero, umuntu wese aguriza mwene wabo.” Nuko mbateraniriza iteraniro rinini.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Niyemeza gutonganya abanyacyubahiro n'abatware b'Abayahudi, ndababwira nti: “Mukabije kwaka bene wanyu inyungu!” Nuko ntumiza iteraniro rinini kugira ngo mbamagane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Niyemeza gutonganya abanyacyubahiro n'abatware b'Abayahudi, ndababwira nti: “Mukabije kwaka bene wanyu inyungu!” Nuko ntumiza iteraniro rinini kugira ngo mbamagane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 5:7
25 Iomraidhean Croise  

uwo yari abereyemo umwenda arakukumbe ibyo yungutse; abavamahanga basahure ibyo yaruhiye!


Ni zaburi iri mu zo bitirira Dawudi. Uhoraho, ni nde ukwiye kwinjira mu Ngoro yawe, ngo ature ku musozi wawe mutagatifu?


Iyo agurije undi, ntamutegaho urwunguko, ntiyemera ruswa ngo arenganye utacumuye. Ugenza atyo wese, azahora ari indatsimburwa.


Umutima wanjye wanyibukije ijambo ryawe, wowe wavuze uti «Nimushakashake uruhanga rwanjye!» None rero, Uhoraho, ni rwo nshakashaka,


Mumenye ko Uhoraho yatonesheje umuyoboke we; iyo ntakiye Uhoraho, aranyumva.


Ni nde uzamvuganira akankiza abagome, akandenganura imbere y’abagiranabi?


Niba ugurije amafeza umuntu wo mu muryango wanjye, cyane cyane umutindi muturanye, ntuzamugenzereze nk’abaharanira gukira vuba: ntuzamushakeho urwunguko.


Niba igishura cya mugenzi wawe ugitwayeho ingwate, uzakimusubize mbere y’uko izuba rirenga;


Intonganya zeruye ziruta ubucuti buhishe.


Abica amategeko bogagiza umugiranabi, naho abayakurikiza, bakamurakarira.


Iwawe kandi barakira amaturo kugira ngo bamene amaraso, uguriza abandi ushaka inyungu kandi ukabaka urwunguko rurengeje urugero, wambura mugenzi wawe ku ngufu, ndetse nanjye ubwanjye uranyibagirwa. Uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.


Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Ibyo rwose birahagije, bami ba Israheli! Nimusigeho urwo rugomo rwanyu n’ubujura bwanyu; nimukurikize ubutabera n’ubutungane — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — murekere aho gutera hejuru umuryango wanjye, muwaka ibirenze urugero.


Nimuca imanza ntimukaziyobye, ngo mubere umukene cyangwa umukire, ahubwo mujye mukiranura bagenzi banyu mukurikije ubutabera.


Uzirinde kumuhenda ubwenge ngo umwungukeho, bityo uzatuma abaho iruhande rwawe, kandi unatinye Imana yawe.


Niyanga kumva abo ngabo, ubibwire ikoraniro. Niyanga kumva ikoraniro, abe akubereye nk’umunyamahanga n’umusoresha.


Ni cyo gituma kuva ubu nta muntu n’umwe tukimenya ku buryo busanzwe; ndetse na Kristu, niba twarigeze kumumenya ku buryo bw’abantu, ubu ntitukimumenya dutyo.


Nyamara ariko, ubwo Petero yazaga Antiyokiya, nahanganye na we kuko byari ngombwa kumugaya.


Abakoze icyaha, urajye ubihanangiriza ubigiriye mu ruhame rwa bose, kugira ngo n’abandi bagire ubwoba.


Ujye uvuga ibyo ngibyo, ubibashishikarize, ndetse ubacyahe ubigiranye igitsure cy’umutware. Ntihakagire ugusuzugura.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan