Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 5:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Nyamara twese turi bamwe, n’abahungu b’abavandimwe bacu ntibarusha abacu agaciro; ni iki rero cyatuma tugomba gutanga abahungu bacu n’abakobwa bacu kugira ngo babagaragire? Ndetse bamwe mu bakobwa bacu bababereye abaja! Kandi nta n’icyo tugishoboye gukora ngo tubacungure, kuko amasambu yacu n’imizabibu yacu byitungiwe n’abandi!»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Ariko rero twebwe na bene wacu dusangiye ubwoko, kandi abana bacu na bo bava inda imwe n'ababo. Nyamara abahungu bacu n'abakobwa bacu tubatanga ho ibiretwa, ndetse abakobwa bacu bamwe bageze mu buretwa kandi tubuze uko twagira ngo tubacungure, kuko amasambu yacu n'inzabibu zacu bifitwe n'abandi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Nyamara twese turi Abayahudi kimwe na bo, abana bacu ni kimwe n'ab'abo, ariko duhatirwa gutanga abahungu n'abakobwa bacu kugira ngo babe inkoreragahato. Ndetse bamwe mu bakobwa bacu ubu ni abaja kandi ntitubasha kubacungura, kuko amasambu n'imizabibu byacu bifitwe n'abandi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Nyamara twese turi Abayahudi kimwe na bo, abana bacu ni kimwe n'ab'abo, ariko duhatirwa gutanga abahungu n'abakobwa bacu kugira ngo babe inkoreragahato. Ndetse bamwe mu bakobwa bacu ubu ni abaja kandi ntitubasha kubacungura, kuko amasambu n'imizabibu byacu bifitwe n'abandi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 5:5
10 Iomraidhean Croise  

Labani aramubwira ati «Ni ukuri, uri igufwa ryanjye n’umubiri wanjye.» Nuko Yakobo amara kwa Labani ukwezi kose.


Nimuze tumugure na bariya Bayismaheli, tutagira icyo tumutwara kandi tuva inda imwe, dusangiye n’amaraso.» Iyo nama bene se barayishima.


Umugore w’umwe mu bagize itorero ry’abahanuzi asanga Elisha, amutakambira agira ati «Umugaragu wawe ari we mugabo wanjye yarapfuye, kandi uzi ko yubahaga Uhoraho. None uwo yari abereyemo umwenda yaje gufata abahungu banjye babiri, ngo abajyane bajye kumukorera imirimo y’uburetwa.»


Umukire ategeka abakene, kandi uguza ahinduka umugaragu w’umugurije.


Uhoraho avuze atya: Ruri hehe urwandiko rw’ubusende, ruhamya ko nirukanye nyoko? Cyangwa se, ni nde mbereyemo umwenda, nkaba naramubahayeho ubwishyu? Nuko rero, mwagurishijwe ku mpamvu y’ibyaha byanyu, na nyoko asendwa kubera imyivumbagatanyo yanyu.


Ikindi kandi ni ugusangira umugati wawe n’umushonji, ugacumbikira abakene batagira aho bikinga, wabona uwambaye ubusa, ukamwambika, ntiwirengagize umuvandimwe wawe!


Uwo muntu abuze icyo yishyura, shebuja ategeka ko bamugura, we n’umugore n’abana be, n’ibye byose, bityo akaba yishyuye umwenda we.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan