Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 5:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Bamwe bakavuga bati «Abahungu bacu, abakobwa bacu ndetse natwe ubwacu tugomba kwigwatiriza, kugira ngo tubone ingano zo kurya maze tubeho!»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 kuko bamwe bavugaga bati “Abahungu bacu n'abakobwa bacu turi benshi, reka tujye kwihahira tubone ibidutunga tubeho.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Bamwe muri bo baravugaga bati: “Twebwe ubwacu n'abana bacu turi benshi, dukeneye ingano kugira ngo tubone ibyo kudutunga tubeho.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Bamwe muri bo baravugaga bati: “Twebwe ubwacu n'abana bacu turi benshi, dukeneye ingano kugira ngo tubone ibyo kudutunga tubeho.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 5:2
11 Iomraidhean Croise  

Ariko ibindi bihugu biza bigana Misiri ngo bagure na Yozefu ingano. Koko rero, inzara yari yabaye icyago ku isi hose.


Ati «Numvise ko mu Misiri hari amahaho. Cyo nimumanuke mujyeyo kuduhahira, tubeho, tutazashira.»


Yuda abwira se, Israheli, ati «Reka umwana mujyane. Duhaguruke tugende, tubeho tutazicwa n’inzara, nawe n’utwana twacu.


Ese tukugwe mu maso? Ubutaka bwacu nta cyo bukitumariye. Tugure twe n’ubutaka bwacu; uduhe icyo kurya, twe n’ubutaka bwacu tuzaba imbata za Farawo. Maze ariko uduhe imbuto, kugira ngo dushobore kubaho, twe gupfa kandi n’ubutaka bwacu bwe kurara.»


Umugore w’umwe mu bagize itorero ry’abahanuzi asanga Elisha, amutakambira agira ati «Umugaragu wawe ari we mugabo wanjye yarapfuye, kandi uzi ko yubahaga Uhoraho. None uwo yari abereyemo umwenda yaje gufata abahungu banjye babiri, ngo abajyane bajye kumukorera imirimo y’uburetwa.»


Abandi bakavuga bati «Amasambu yacu, imizabibu yacu n’ingo zacu, tugomba kubitangaho ingwate, kugira ngo tubone ingano muri iki gihe cy’inzara.»


Mwabibye byinshi ariko musarura bike; murarya ariko ntimwijuta; muranywa ariko inyota ikaba yose; murambara ariko ntimushire imbeho! Koko uwakoze yarahembwe, ariko inyungu ayibika mu mufuka utobotse!


Nimwanga kunyumva ntimugerageze no guha izina ryanjye icyubahiro, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga, nzabavuma maze umugisha wanyu nywuhinduremo umuvumo. Ni koko nzabavuma, kuko nta n’umwe muri mwe ukigira icyo yitaho.


Mu Ngoro y’Uhoraho Imana yawe, ntuzajyanemo amaronko y’umukobwa w’indaya cyangwa igihembo cy’uwo muhungu w’inyana y’imbwa, ngo ubitangeho ituro ry’uguhigura; kuko bombi ari amahano Uhoraho yanga urunuka.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan