Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 5:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Barasubiza bati «Tuzabibasubiza kandi nta n’icyo tuzabaka; rwose tuzabigenza uko ubivuze.» Ubwo mpamagaza abaherezabitambo, maze ndahiza abantu imbere yabo ko bazagenza koko uko babyemeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Maze baravuga bati “Tuzabibasubiza kandi nta cyo tuzabaka, tuzabigenza nk'uko uvuze.” Nuko mpamagaza abatambyi ndahiriza abo bantu imbere yabo, yuko bazakora nk'uko basezeranye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Barambwira bati: “Ibyo utubwiye tuzabikora. Tuzabasubiza ibyo batugwatirije, kandi nta cyo tuzongera kubishyuza.” Nuko mpamagaza abatambyi maze ntegeka ba banyacyubahiro na ba batware b'Abayahudi, kurahirira imbere yabo ko bazasohoza ayo masezerano.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Barambwira bati: “Ibyo utubwiye tuzabikora. Tuzabasubiza ibyo batugwatirije, kandi nta cyo tuzongera kubishyuza.” Nuko mpamagaza abatambyi maze ntegeka ba banyacyubahiro na ba batware b'Abayahudi, kurahirira imbere yabo ko bazasohoza ayo masezerano.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 5:12
15 Iomraidhean Croise  

Ikoraniro ryose rirasubiza mu ijwi riranguruye, riti «Ni byo koko! Tugomba kubikora uko ubivuze!


Ezira ni ko guhaguruka, arahiza abatware b’abaherezabitambo, abalevi n’Abayisraheli bose ko bazabitunganya nk’uko byavuzwe; nuko bararahira.


Naho ba rubanda basigaye, abaherezabitambo, abalevi, abanyanzugi, abaririmbyi n’abahereza — mbese abari bitandukanyije n’abanyamahanga batuye igihugu kugira ngo begukire amategeko Uhoraho yatanze akoresheje Musa umugaragu we, n’abandi bose bari baciye akenge —


na bo bifatanya n’abavandimwe babo n’abatware babo. Biyemeza gukurikiza amategeko Uhoraho yavugishije Musa umugaragu we, no kubahiriza amatangazo, amabwiriza n’amateka ye, kandi barabirahirira.


Twese rero, twiyemeje ko abanyamahanga batuye iki gihugu tutazabashyingira abakobwa bacu, kandi n’ababo ntituzabashakira abahungu bacu.


Nuko ndabatonganya, ndabavumagura, ndetse bamwe ndabakubita, mbapfura n’imisatsi; maze mbarahira Imana, mvuga nti «Abakobwa banyu ntimukabashyingire abahungu babo, kandi n’ababo ntimukabarongore cyangwa se ngo mubashakire abahungu banyu.


Uyu munsi wa none, nimubasubize amasambu yabo, imizabibu, ibiti by’imizeti n’amazu byabo, mubegurire kandi imyenda babarimo, yaba iya feza, ingano, divayi nshya cyangwa se amavuta mwari mwarabagurije.»


Ariko Yezu aricecekera. Umuherezabitambo mukuru aramubwira ati «Nkurahije Imana ihoraho, ngo utubwire niba uri Kristu, Umwana w’Imana.»


Nuko Zakewusi yegera Nyagasani, aramubwira ati «Rwose, Mwigisha, kimwe cya kabiri cy’ibyo ntunze, ngihaye abakene; niba kandi hari uwo nahuguje, ndamusubiza ibye incuro enye.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan