Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 5:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Nanjye ubwanjye, hamwe n’abavandimwe banjye n’abagaragu banjye, hari abo twagurije feza n’ingano. Nimuze tubaharire twese iyo myenda baturimo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Nanjye na bene data n'abagaragu banjye twabagurizaga ifeza n'ingano. None ndabinginze tubaharire imyenda batubereyemo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Jyewe ubwanjye na bagenzi banjye kimwe n'abakozi bamfasha, twagurije abantu amafaranga n'ingano. None nimucyo twese tubaharire iyo myenda baturimo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Jyewe ubwanjye na bagenzi banjye kimwe n'abakozi bamfasha, twagurije abantu amafaranga n'ingano. None nimucyo twese tubaharire iyo myenda baturimo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 5:10
18 Iomraidhean Croise  

Abo bantu nibaza gucuruza imyaka, cyangwa se ibindi biribwa ku isabato, nta cyo tuzabagurira kuri uwo munsi, habe no ku wundi munsi mukuru. Kandi tuzajya turaza ubutaka, uko umwaka wa karindwi ugeze, n’abaturimo imyenda tuyibarekere.


Uyu munsi wa none, nimubasubize amasambu yabo, imizabibu, ibiti by’imizeti n’amazu byabo, mubegurire kandi imyenda babarimo, yaba iya feza, ingano, divayi nshya cyangwa se amavuta mwari mwarabagurije.»


Nuko ngisha imitima inama, niyemeza gutonganya abanyacyubahiro n’abakuru, maze ndababwira nti «Mwese mukorera abavandimwe banyu umutwaro urenze urugero!» Hanyuma nkoranya abantu benshi kugira ngo tubamagane;


Ndakomeza ndababwira nti «Ibyomukora nta bwo ari byiza. Mbese ntimwagombye guhorana igitinyiro cy’Imana yacu, kugira ngo mwirinde gukozwa isoni n’amahanga atwanga?


Iyo agurije undi, ntamutegaho urwunguko, ntiyemera ruswa ngo arenganye utacumuye. Ugenza atyo wese, azahora ari indatsimburwa.


Igisibo kinshimisha ni iki ngiki: kudohora ingoyi z’akarengane, guhambura iminyururu y’uburetwa, kurekura abashikamirwaga, mbese muri make, gukuraho ibyashikamiraga muntu byose.


akaguriza yishakira inyungu kandi agasaba urwunguko rurengeje urugero, uwo mwana se azabaho? Ntateze kubaho! Namara gukora ayo mahano yose azapfa kandi amaraso ye ni we azabarwaho.


ntagire umuntu akandamiza, agasubiza ingwate umubereyemo umwenda, ntagire uburiganya, umushonji akamuha umugati kandi akambika uwambaye ubusa,


ntagurize yishakira inyungu, ntiyake urwunguko rurengeje urugero, ntagire uwo arenganya, ahubwo agacira abantu urubanza rutabera,


Bariyimbire abagambirira kugira nabi, igihe baryamye bagahimbahimba igikorwa kibi, bwacya bagahita bagikora, kuko bagifitiye ububasha!


Ubwo dufitiye Nyagasani igitinyiro; turashishikariza abantu kumwemera, kandi rwose, nta buryarya dufite imbere y’Imana. Nizeye ko namwe mutabunziho.


Ubu rero duhagarariye Kristu, ku buryo Imana ubwayo ari yo ibahamagara ari twe ikoresheje. Ngaho rero turabinginze mu izina rya Kristu : Nimwemere mwiyunge n'Imana !


Ubwo turi abafasha b’Imana, turabashishikariza kudapfusha ubusa ubuntu bwayo.


Dore rero kubarekera imyenda icyo bivuga: Umuntu wese uzaba yaragize icyo yagurije mugenzi we, azareka uburenganzira agifiteho; ntazakoreshe agahato ngo yishyuze mugenzi we cyangwa mwene wabo, kuko hazaba hatangajwe igihe cyo guhara imyenda, bigiriwe Uhoraho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan