Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 2:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Nibanyandikire kandi n’urundi rwandiko rwo gushyira Asafu umurinzi w’ishyamba ry’umwami, kugira ngo azampe ibiti byo kubazamo ibikingi by’amarembo yegereye Ingoro, iby’inkike z’umugi, ndetse n’iby’inzu nzabamo.» Umwami arabinyemerera byose, kuko Imana yari kumwe nanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Bampe n'urwandiko rwo gushyira Asafu umurinzi w'ikibira cy'umwami, kugira ngo ampe ibiti byo kubazamo ibikingi by'amarembo y'umunara w'inzu, kandi n'iby'inkike z'umurwa n'iby'inzu nzabamo.” Umwami arabinyemerera, abitewe n'ukuboko kwiza kw'Imana yanjye kwari kundiho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Umpeshe n'urwandiko rwo gushyīra Asafu umurinzi w'ishyamba ry'umwami, kugira ngo ampe ibiti byo kubazamo inzugi z'ikigo ntamenwa kiri hafi y'Ingoro y'Imana, n'iz'amarembo y'urukuta ruzengurutse umurwa ndetse n'ibyo kubakisha inzu nzabamo.” Kubera ko nari ndinzwe n'Imana yanjye, umwami ampa ibyo musabye byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Umpeshe n'urwandiko rwo gushyīra Asafu umurinzi w'ishyamba ry'umwami, kugira ngo ampe ibiti byo kubazamo inzugi z'ikigo ntamenwa kiri hafi y'Ingoro y'Imana, n'iz'amarembo y'urukuta ruzengurutse umurwa ndetse n'ibyo kubakisha inzu nzabamo.” Kubera ko nari ndinzwe n'Imana yanjye, umwami ampa ibyo musabye byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 2:8
18 Iomraidhean Croise  

Undi aramubaza ati «Witwa nde?» Ati «Nitwa Yakobo.»


Ariko Imana irebana ubugwaneza abatware b’umuryango w’Abayahudi, ntibababuza gukomeza kubaka kugeza ubwo ibaruwa yohererezwa Dariyusi, hanyuma akazabasubiza akemura icyo kibazo.


Bahimbaza mu byishimo iminsi mikuru y’imigati idasembuye uko yari irindwi, kuko Uhoraho yari yabashimishije agahindura umutima w’umwami wa Ashuru, akanawushyiramo uwo mugambi wo kubafasha mu mirimo y’Ingoro y’Imana, ari yo Mana ya Israheli.


Dore kandi amategeko ntanze yerekeye uko muzafasha abakuru b’Abayahudi, kugira ngo Ingoro y’Imana yubakwe: muzafate ku mutungo w’umwami, ukomoka ku misoro y’ibihugu by’iburengerazuba bwa Efurati, kugira ngo abo bantu bazajye bishyurwa vuba ibyo batanze, kandi nta kiburaho.


Ezira uwo azamuka ava i Babiloni. Yari umwigisha kabuhariwe mu by’amategeko ya Musa, yatanzwe n’Uhoraho, Imana ya Israheli. Umwami amuha ibyo yari asabye byose, kuko Uhoraho Imana ye yari kumwe na we.


Koko kandi, ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa mbere, ni ho yari yiyemeje guhaguruka akava i Babiloni, nuko agera i Yeruzalemu ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa gatanu, kuko Imana ye yari kumwe na we.


Nuko Hanani umuvandimwe wanjye mugira umutware wa Yeruzalemu, naho Hananiya aba umukuru w’ingabo zo mu kigo ntamenwa, kuko uwo mugabo w’inyangamugayo yarushaga abenshi kugirira Imana igitinyiro.


Umutima w’umwami uri mu kiganza cy’Uhoraho, akawuyobora, mbese nk’uko bayobora umugezi w’amazi aho bashatse hose.


Nihangiye ubusitani, nshaka amasambu nyateramo ibiti by’imbuto z’amoko yose,


kandi mfukura amariba y’amazi yo kubivomerera.


Muzabibona, umutima wanyu uzasabagizwe n’ibyishimo, ingingo zanyu zizatohagire nk’ibyatsi. Ikiganza cy’Uhoraho kiziyereka abagaragu be, ariko abanzi be, azabarakarira.


Nyamara no kugeza uyu munsi Imana iracyantabara, nkaba ngikomeza guhamya mu maso ya bose, abato kimwe n’abakuru, ibyavuzwe n’abahanuzi na Musa ku bigomba kuzaba kandi nta cyo nongeyeho:


imugobotora mu magorwa ye yose, maze imuha ubutoni n’ubuhanga imbere ya Farawo, umwami wa Misiri, amugira umutware wa Misiri n’uw’urugo rwe rwose.


Imana ishimwe, Yo yahaye na Tito uwo mutima wo kubakunda.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan