Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 2:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Hanyuma nkabyuka nijoro, jye n’abantu bake mu bo twari kumwe, ariko nari ntaragira uwo mpishurira umugambi werekeye Yeruzalemu Imana yanjye yanshyize mu mutima. Nta yandi mafarasi twari dufite, uretse iyaje impetse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Nijoro mbyukana n'abantu bake, kandi sinagize umuntu mbwira icyo Imana yanjye yanshyize mu mutima ngo ngikorere i Yerusalemu, kandi nta farashi twajyanye keretse iyari impetse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Ariko nta muntu n'umwe nari nigeze mbwira imigambi Imana yanjye yari yanshyizemo, y'icyo ngomba gukora i Yeruzalemu. Hanyuma nijoro njyana n'abagabo bake. Nta mafarasi twajyanye uretse iyari impetse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Ariko nta muntu n'umwe nari nigeze mbwira imigambi Imana yanjye yari yanshyizemo, y'icyo ngomba gukora i Yeruzalemu. Hanyuma nijoro njyana n'abagabo bake. Nta mafarasi twajyanye uretse iyari impetse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 2:12
20 Iomraidhean Croise  

(Hanyuma, jyewe Ezira ndangurura ijwi, ndavuga nti) «Nihasingizwe Uhoraho, Imana y’abasokuruza bacu, yo yashyize mu mutima w’umwami icyubahiro kingana gitya cy’Ingoro y’Uhoraho!


Ngeze i Yeruzalemu, nahamaze iminsi itatu.


Nuko muri iryo joro, nsohokera mu Irembo ryo ku Kibaya, ngenda nerekeje ku iriba ry’Ikiyoka no ku Irembo ry’Imyanda. Nitegereza nitonze inkike za Yeruzalemu zari zaratengaguritse, n’amarembo yayo yari yarakongotse.


Nimwifurize Yeruzalemu amahoro, muti «Abagukunda bose baragahorana ituze;


Igitambo cyanjye si cyo ushaka, n’aho nagutura igitwikwa, nticyakunezeza.


Umunyabwenge ntagaragaza ubumenyi bwe, naho umutima w’ibicucu wamamaza ubusazi bwawo.


hari igihe cyo gutabura, n’igihe cyo kudoda; hari igihe cyo guceceka, n’igihe cyo kuvuga;


Dore iryo Sezerano nzagirana n’umuryango wa Israheli nyuma y’iyo minsi — uwo ni Uhoraho ubivuze — amategeko yanjye nzayabacengezamo, nyabandike mu mutima, bityo mbabere Imana na bo bambere umuryango.


Nzagirana na bo isezerano rihoraho, sinzareka kubitaho kugira ngo mbagirire neza; nzabatera kunyubaha mu mutima wabo, maze boye kunyitarura bibaho.


Ni yo mpamvu umuntu uzi ubwenge yakwicecekera mu gihe nk’iki, kuko ari igihe cy’amakuba.


Mwikwisunga bene wanyu cyangwa ngo mwiringire incuti, ndetse n’imbere y’uwo upfumbase uritondere ijambo rivuye mu kanwa kawe,


Dore, mbohereje nk’intama mu birura; murabe rero inyaryenge nk’inzoka, mube n’intaryarya nk’inuma.


Yozefu arabyuka, ajyana umwana na nyina iryo joro, maze ahungira mu Misiri.


Imana ishimwe, Yo yahaye na Tito uwo mutima wo kubakunda.


Yozuwe azamuka ijoro ryose aturutse i Giligali, nuko abagwa gitumo.


Kuko rero Imana yabihaye umutima wo kurangiza umugambi wayo, umugambi umwe rukumbi wo kwegurira Igikoko ubwami bwabyo kugeza igihe amagambo y’Imana azaba yageze ku ndunduro.


Nuko Gideyoni afata abantu cumi mu bagaragu be, maze agenza uko Uhoraho yari yabimubwiye. Ariko kubera ko yatinyaga abantu bo mu nzu ya se n’abo mu mugi, aho kubikora ku manywa, abikora nijoro.


None rero, haguruka iri joro n’abantu muri kumwe, maze mwihishe mu gasozi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan