Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 11:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Nuko abatware b’umuryango wose baraza batura i Yeruzalemu. Rubanda basigaye bo, hakoreshwa ubufindo kugira ngo ku bantu icumi, umwe aze ature muri Yeruzalemu, umugi mutagatifu, naho icyenda bandi bagume mu migi yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 Nuko abatware b'abantu baguma i Yerusalemu, kandi abandi bantu bafinda ubufindo bwo gukuramo abantu, umwe umwe mu icumi ngo babatuze i Yerusalemu umurwa wera, n'abandi basigaye bose mu yindi midugudu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Abatware b'Abisiraheli batuye i Yeruzalemu mu bandi basigaye, hakoreshejwe ubufindo kugira ngo hatoranywe umuntu umwe ku icumi ature i Yeruzalemu umurwa w'Imana, naho icyenda ku icumi basigara mu mijyi gakondo yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Abatware b'Abisiraheli batuye i Yeruzalemu mu bandi basigaye, hakoreshejwe ubufindo kugira ngo hatoranywe umuntu umwe ku icumi ature i Yeruzalemu umurwa w'Imana, naho icyenda ku icumi basigara mu mijyi gakondo yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 11:1
21 Iomraidhean Croise  

Kuva ku muto kugera ku mukuru bakoresheje ubufindo bakurikije amazu yabo kugira ngo bamenye abazarinda buri rugi.


Abo bose bari abatware b’amazu yabo, hakurikijwe ibisekuruza byabo. Bari batuye i Yeruzalemu.


Abayisraheli bose barabaruwe kandi bandikwa mu gitabo cy’abami ba Israheli. Abayuda bajyanywe bunyago i Babiloni kubera gucumura kwabo.


Bamaze kwemererwa gutaha mu migi yabo no gusubira mu masambu yabo, mu Bayisraheli, abatashye mbere ni abaherezabitambo, abalevi n’abahereza bo mu Ngoro.


I Yeruzalemu hari hatuye bamwe mu Bayuda, mu Babenyamini, mu Befurayimu no mu Bamanase.


Ayo masikeli ni yo azagurwamo imigati y’umumuriko, ibitambo by’ubuhoro n’ibitambo bitwikwa bya buri munsi, hamwe n’ibyo ku masabato, mu mboneko z’ukwezi, ku minsi mikuru, ndetse n’amaturo matagatifu n’ibitambo byo guhongerera ibyaha bya Israheli; mbese imihango yose ikorerwa mu Ngoro y’Imana yacu.


Abalevi bose bari batuye mu Murwa Mutagatifu ni 284.


Aho ni ho hari intebe y’ukomoka kuri Dawudi, intebe yicaraho igihe aca imanza.


Nimwifurize Yeruzalemu amahoro, muti «Abagukunda bose baragahorana ituze;


Umuntu asasa igishura akakijugunyaho amabuye y’ubufindo, nyamara Uhoraho ni we umuha igisubizo.


Koko biyita «Ab’Umurwa Mutagatifu!» bakishingikiriza Imana ya Israheli, izina ryayo rikaba Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Kanguka, kanguka, Siyoni, usubirane ishema ryawe! Yeruzalemu, murwa mutagatifu, ambara imyambaro yawe y’ikuzo, kuko guhera ubu, utagenywe n’uwahumanye batazongera kukwinjiramo ukundi.


Yezu amaze kuzuka, na bo bava mu mva zabo, bajya mu Murwa Mutagatifu, maze babonekera abantu benshi.


Nuko Umushukanyi amujyana mu murwa mutagatifu, amuhagarika ku gasongero k’Ingoro,


Hanyuma basenga bagira bati «Nyagasani, wowe uzi imitima ya bose, garagaza muri aba bombi uwo wihitiyemo,


Nuko bakora ubufindo maze bwerekana Matiyasi, guhera ubwo abarwa hamwe n’Intumwa cumi n’imwe.


Yozuwe abakorera ubufindo imbere y’Uhoraho, i Silo, maze igihugu akigabanya Abayisraheli akurikije uko imiryango yabo ingana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan