Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 10:32 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

32 Abo bantu nibaza gucuruza imyaka, cyangwa se ibindi biribwa ku isabato, nta cyo tuzabagurira kuri uwo munsi, habe no ku wundi munsi mukuru. Kandi tuzajya turaza ubutaka, uko umwaka wa karindwi ugeze, n’abaturimo imyenda tuyibarekere.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

32 kandi yuko abanyamahanga bo mu gihugu nibazana ibintu cyangwa ibyokurya byose kugura ku munsi w'isabato, tutazagura na bo ku munsi w'isabato cyangwa ku munsi mukuru, kandi yuko umwaka wa karindwi tuzaraza igihugu ihinga, tukarorera no kwishyuza umwenda wose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

32 Ku munsi w'isabato cyangwa se ku munsi mukuru uwo ari wo wose, abo banyamahanga nibatuzanira ingano cyangwa ikindi kintu icyo ari cyo cyose kugira ngo tugure, nta cyo tuzagura na bo. Na none kandi uko imyaka irindwi izajya ishira, tuzajya turaza imirima yacu kandi n'abaturimo imyenda bose tuyibaharire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

32 Ku munsi w'isabato cyangwa se ku munsi mukuru uwo ari wo wose, abo banyamahanga nibatuzanira ingano cyangwa ikindi kintu icyo ari cyo cyose kugira ngo tugure, nta cyo tuzagura na bo. Na none kandi uko imyaka irindwi izajya ishira, tuzajya turaza imirima yacu kandi n'abaturimo imyenda bose tuyibaharire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 10:32
12 Iomraidhean Croise  

Iri buye nshinze rizaba inzu y’Imana, kandi mu byo uzampa byose nzajya nkuraho kimwe cya cumi nkiguture.»


Koko bayeguriraga ibyo bavanye mu munyago wo mu ntambara, bagira ngo babitakishe Ingoro y’Uhoraho.


Muri iyo minsi kandi, nkajya mbona abantu bamwe bo muri Yuda barabyiganira ku rwengero ku munsi w’isabato, naho abandi bahekesheje indogobe za divayi, imizabibu, imitini hamwe n’iyindi mitwaro y’amoko yose; bagiye kubicururiza i Yeruzalemu ku munsi w’isabato. Nuko mpita mbihanangiriza bariho bacuruza.


Abasokuruza banyu se, na bo si ko babigenje, bigatuma Imana iduteza ibi byago, ikabiteza n’uyu mugi? None namwe murashaka gukaza uburakari ifitiye Israheli, mwanga kubahiriza umunsi w’isabato!»


Maze ndabihanangiriza, ndababwira nti «Ni iki cyatumye muza kurara inyuma y’inkike? Muramenye! Nimwongera nzabafatisha!» Nuko kuva ubwo ntibongera kugaruka ku munsi w’isabato.


Nanjye ubwanjye, hamwe n’abavandimwe banjye n’abagaragu banjye, hari abo twagurije feza n’ingano. Nimuze tubaharire twese iyo myenda baturimo!


Wabamenyesheje sabato yawe ntagatifu, maze ubaha amabwiriza, amategeko n’amateka, ukoresheje Musa umugaragu wawe.


Ariko mu mwaka wa karindwi, uzateme ibyezemo, ubirekere mu murima, kugira ngo abakene bo mu gihugu cyawe abe ari bo babirya, ibyo bashigaje biribwe n’inyamaswa zo mu gasozi; imizabibu yawe n’imizeti yawe, na byo uzabigenzereze utyo.


Uzahimbaze Uhoraho mu byo utunze byose, umuture umuganura w’umusaruro wawe;


Utangana umutima mwiza ntagayirwa icyo adafite, ashimirwa icyo yatanze!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan