Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 1:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 ariko nimungarukira mugakomeza amategeko yanjye kandi mukayakurikiza, kabone n’aho abajyanywe bunyago banyu bazaba bari inyuma y’ijuru, nzabakoranya maze mbagarure aho nahisemo kugira ngo mpatuze izina ryanjye.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 kandi uti ‘Ariko nimungarukira mukitondera amategeko yanjye mukayasohoza, nubwo abirukanywe banyu bazaba ku mpera y'isi, nzabakurayo mbateranye mbazane aho nitoranirije nkahatuza izina ryanjye.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Ariko nimungarukira mugakurikiza amabwiriza yanjye, naho mwaba muri iyo gihera mwarajyanywe ho iminyago, nzabakoranyiriza hamwe mbagarure ahantu nzaba naratoranyije kugira ngo habe icyicaro cyanjye.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Ariko nimungarukira mugakurikiza amabwiriza yanjye, naho mwaba muri iyo gihera mwarajyanywe ho iminyago, nzabakoranyiriza hamwe mbagarure ahantu nzaba naratoranyije kugira ngo habe icyicaro cyanjye.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 1:9
28 Iomraidhean Croise  

bakakugarukira n’umutima wabo wose, n’amagara yabo yose, aho bari muri icyo gihugu bazaba bajyanywemo bunyago, bakagusenga bareba aho igihugu cyabo giherereye, ari cyo gihugu wahaye abasokuruza babo, berekeje kandi umurwa watoranyije n’Ingoro nubakiye izina ryawe,


Uhoraho aramubwira, ati «Numvise amasengesho yawe n’ugutakamba kwawe wangejejeho: iyi Ngoro wujuje nayeguriye izina ryanjye ubuziraherezo; nzahora nyireba kandi nyihozeho umutima wanjye iminsi yose.


Nimugire muti «Dukize, Mana y’umukiro wacu, dukoranye udukure hagati y’amahanga, kugira ngo duhimbaze izina ryawe ritagatifu, twishimire kugusingiza.»


Kandi Imana yahatuje izina ryayo, iratsinde umwami uwo ari we wese, n’ihanga iryo ari ryo ryose bazarenga kuri iri tegeko, bakarambura ukuboko kwabo kugira ngo basenye iyo Ngoro y’Imana y’i Yeruzalemu. Jyewe Dariyusi, nshyizeho iri tegeko, kandi rizubahirizwe uko ritanzwe.»


Uhoraho, Mana yacu, dukorakoranye, utuvane mu bihugu by’amahanga, maze tuzahimbaze izina ryawe ritagatifu, twizihirwe no kugusingiza.


maze akabakorakoranya abavana mu bihugu byose, mu burasirazuba no mu burengerazuba, mu majyaruguru no mu majyepfo.


Azashinga ikimenyetso kimenyesha amahanga, ko agiye gukorakoranya abajyanywe bunyago ba Israheli, abumbire hamwe abatatanye bo muri Yuda, abakuye mu mpande zose z’isi.


Uwo munsi, Uhoraho azahura imyaka ye, uhereye ku ruzi rwa Efurati kugeza ku mugezi wa Misiri. Nuko mwebwe Abayisraheli, muzasarurwe mutyo, umwe umwe.


Uwo ni Uhoraho ubivuze, we utarurukanya abajyanywe bunyago ba Israheli. Uretse n’abo nzaba narakoranyije, nzongera mbakoranyirizeho n’abandi.


Ariko, nimara kubarandura, nzabagirira impuhwe bundi bushya, maze ngarure buri muntu mu murage we, no mu gihugu cye.


Uhoraho avuze atya: Nimungarukire, mwa nyoko y’abahakanyi mwe, kuko ari jye mutware wanyu. Nzagenda mpabavana, umwe mu mugi, abandi babiri mu muryango, maze mwese mbajyane i Siyoni.


Mahanga yose, nimwumve ijambo ry’Uhoraho, muryamamaze mu ntara za kure, mugira muti «Uwatatanirije Israheli impande zose arayikoranije, azayirinda nk’uko umushumba arinda ubushyo bwe.»


Ngiye kubakoranya, mbakure mu bihugu byose nabatatanyirijemo kubera uburakari bwanjye, umujinya n’ubwivumbagatanye bukabije, mbagarure aha hantu maze mpabatuze mu mahoro.


Uhoraho avuze atya: Umuryango uturutse mu gihugu cyo mu majyaruguru, ihanga rikomeye, rihagurutse mu mpera z’isi.


Kubera iyo mpamvu, ubwire umuryango wa Israheli, uti ’Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: Nimungarukire, nimuhinduke muzinukwe ibigirwamana byanyu, mwirengagize ayo mahano yose.


Nzabavana mu mahanga, mbakorakoranye, mbavane mu bindi bihugu, maze nzabagarure ku butaka bwanyu.


Muzite ku mabwiriza yanjye, kandi mukurikize amategeko yanjye.


Avuze atya Uhoraho, Umugaba w’ingabo: Ni koko, ngiye kugobotora umuryango wanjye, nywuvane mu gihugu cy’iburasirazuba n’icy’iburengerazuba.


Nuko azatume abamalayika be bavuze ihembe riranguruye, bakoranye abo yatoye mu byerekezo bine by’isi, kuva aho ijuru ritangirira kugeza aho riherera.


Niba ahantu Uhoraho Imana yawe azaba yihitiyemo ngo ahatuze izina rye hakubereye kure, ukananirwa kujyayo, uzabage amwe mu matungo yawe maremare cyangwa amagufi Uhoraho azaba yaraguhaye, ubigire uko nagutegetse, maze urire izo nyama mu mugi wawe uko umutima wawe ushaka kose.


ahubwo ahantu Uhoraho Imana yanyu azaba yihitiyemo mu miryango yanyu yose kugira ngo ahature, ni ho honyine uzajya umushakira, ukanahayoboka.


Ibyo byose nibimara kukubaho, ni ukuvuga umugisha cyangwa umuvumo nagushyize imbere, uzabizirikana mu mutima wawe aho uzaba uri mu mahanga yose Uhoraho Imana yawe azaguciramo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan