Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 1:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 Ngo numve ayo magambo nicara hasi, ndarira kandi mara iminsi myinshi mu kababaro; ngasiba kurya kandi ngasengera imbere y’Imana Nyir’ijuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 Maze kumva izo nkuru ndicara ndarira, mara iminsi mbabaye, niyiriza ubusa nsengera imbere y'Imana nyir'ijuru nti

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Maze kumva ibyo nicara hasi ndarira, mara iminsi mbabaye cyane nigomwa kurya. Nihatira kandi kwambaza Imana nyir'ijuru

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Maze kumva ibyo nicara hasi ndarira, mara iminsi mbabaye cyane nigomwa kurya. Nihatira kandi kwambaza Imana nyir'ijuru

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 1:4
22 Iomraidhean Croise  

Dawudi ni ko kwinginga Imana kubera uwo mwana, asiba kurya, kandi yataha iwe, akarambarara mu mukungugu bukarinda bucya.


nuko umaze kubyumva umutima wawe uricuza, wicisha bugufi imbere y’Uhoraho, kandi ushishimura imyambaro yawe ndetse usuka amarira imbere yanjye . . . ubu rero nanjye ubwanjye nakumvise!


Koko kandi Salomoni yari yarategetse ko hagati mu gikari bahamwubakira ahantu hirengeye bakoresheje umuringa, hakagira imikono itanu y’uburebure, itanu y’ubugari, n’itatu y’ubuhagarike. Arahazamukira, hanyuma apfukama imbere y’ikoraniro ryose ry’Abayisraheli, arambura amaboko ayerekeje mu ijuru,


«Sirusi, umwami w’Abaperisi aravuze ngo: Abami bose bo ku isi, Uhoraho Imana Nyir’ijuru yarabangabije, kandi antegeka ubwe kumwubakira Ingoro i Yeruzalemu yo muri Yuda.


Uko Ezira yasengaga asaba imbabazi, akarira apfukamye imbere y’Ingoro y’Uhoraho, ni ko Abayisraheli benshi, abagabo, abagore n’abana, bakoraniraga iruhande rwe, kandi bose barariraga cyane.


Maze ngo mbyumve, mpera ko nshishimura umwambaro wanjye n’igishura cyanjye, nipfura imisatsi n’ubwanwa, nicara hasi ndumirwa.


Igihe cy’igitambo cya nimugoroba kigeze, mpaguruka aho nari nicaye nigunze, umwambaro wanjye n’igishura cyanjye byashwanyaguritse, maze ndapfukama, ntega amaboko nyerekeje kuri Uhoraho Imana yanjye.


Ndabasubiza nti «Imana Nyir’ijuru ubwayo izaduha kubigeraho; twebwe abagaragu bayo, tugiye guhaguruka twubake. Ariko mwebwe, nta mugabane, nta munani, nta n’urwibutso mufite muri Yeruzalemu!»


Umwami arambaza ati «Icyo ushaka se ni iki?» Ako kanya nambaza Imana Nyir’ijuru,


Abagaragu bawe batewe ubwuzu n’amabuye yayo, bagashavuzwa n’itongo ryayo.


Nimushimire Imana iganje mu ijuru, kuko urukundo rwe ruhoraho iteka!


Ku nkombe z’inzuzi z’i Babiloni, ni ho twicaraga, maze tukarira iyo twibukaga Siyoni.


Arabasubiza ati «Ndi Umuhebureyi, nkaba nemera Uhoraho, Imana y’ijuru, yo yaremye inyanja n’ubutaka.»


mbese nko mu byishimo by’iminsi mikuru.» Nakuvanyeho icyitwa icyago cyose ngo udakomeza gukorwa n’ikimwaro.


Mwishimane n’abishimye, murirane n’abarira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan