Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 1:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Nuko haza Hanani, umwe mu bavandimwe banjye avuye mu gihugu cya Yuda, aherekejwe n’abantu bamwe. Mbabaza ibyerekeye Abayahudi barokotse, abasigaye mu bari barajyanywe bunyago, n’ibyerekeye Yeruzalemu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Hanani wo muri bene data yaraje, azanye n'abagabo bavuye i Buyuda mbabaza inkuru z'Abayuda barokotse, abari barasigaye batajyanywe ari imbohe, mbaza n'inkuru z'i Yerusalemu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Nuko umuvandimwe wanjye Hanani aza i Shushani aturutse mu gihugu cy'u Buyuda, ari kumwe n'abandi baturukanyeyo. Mbabaza amakuru y'itsinda ry'abasigaye, ni ukuvuga Abayahudi batahutse bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago, mbabaza n'ibyerekeye Yeruzalemu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Nuko umuvandimwe wanjye Hanani aza i Shushani aturutse mu gihugu cy'u Buyuda, ari kumwe n'abandi baturukanyeyo. Mbabaza amakuru y'itsinda ry'abasigaye, ni ukuvuga Abayahudi batahutse bavuye aho bari barajyanywe ho iminyago, mbabaza n'ibyerekeye Yeruzalemu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 1:2
12 Iomraidhean Croise  

Maze muri icyo kibaya cya Sidimu hakaba ibinamba byinshi by’ubujeni; mu guhunga kwabo umwami wa Sodoma n’uwa Gomora babigwamo, abasigaye bahungira mu misozi.


Afata abaturage b’i Yeruzalemu, n’abatware babo bose, n’abantu b’abakungu, bose hamwe bagera ku bihumbi cumi, utabariyemo abanyabukorikori b’umuringa n’abacuzi bose; nuko ajya kubafungira mu gihugu cye. Ba rubanda rugufi ni bo bonyine basigaye aho i Yeruzalemu.


Umutware w’abarinzi asiga mu gihugu abantu bake muri rubanda rugufi gusa, kugira ngo bahinge imizabibu n’imirima.


Ubu se twakongera dute kurenga ku mategeko yawe, maze tugashyingirana n’abo bantu b’inkozi z’ibibi? Aho ntuzaturakarira ukadutsemba, maze ntihagire n’umwe urokoka ngo asigare?


Nuko Hanani umuvandimwe wanjye mugira umutware wa Yeruzalemu, naho Hananiya aba umukuru w’ingabo zo mu kigo ntamenwa, kuko uwo mugabo w’inyangamugayo yarushaga abenshi kugirira Imana igitinyiro.


Nta n’umwe uzarokoka, nta n’uzacika ku icumu mu basigaye ba Yuda bahungiye mu Misiri. Nta n’umwe uzagaruka mu gihugu cya Yuda, dore ko bifuza kuzasubirayo, bakahatura. Nta bwo bazahagaruka, uretse ab’imbarwa bazacika ku icumu.»


maze bazanyibukire mu mahanga aho bazaba ari imbohe, kuko nzaba namenaguye umutima wabo wararutse ukanyanga, n’amaso yabo yohotse inyuma y’ibigirwamana byabo. Bazizinukwa na bo ubwabo kubera ibibi byose bakoze n’ayo mahano yabo.


Abazaba bacitse ku icumu bazahungira mu misozi nk’inuma zo mu gasozi, bose nzabice buri muntu azira icyaha cye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan