Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 7:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Ngomba kwihanganira uburakari bw’Uhoraho, kuko ari we nacumuyeho, kugeza igihe azamburanira, akansubiza uburenganzira bwanjye. Azangarura mu rumuri, nzatangarire ubutabera bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Nzihanganira uburakari bw'Uwiteka kuko namugomeye, kugeza ubwo azamburana akantsindira. Azansohora anjyane mu mucyo, mbone kureba gukiranuka kwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Uburakari bw'Uhoraho tuzabwihanganira kuko twamucumuyeho. Ariko igihe kizagera atuburanire aturenganure. Azatuvana mu mwijima atumurikire twibonere ko ari intungane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Uburakari bw'Uhoraho tuzabwihanganira kuko twamucumuyeho. Ariko igihe kizagera atuburanire aturenganure. Azatuvana mu mwijima atumurikire twibonere ko ari intungane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 7:9
36 Iomraidhean Croise  

Ubwo Dawudi yarebaga umumalayika wicaga imbaga, abwira Uhoraho, ati «Ni jye wacumuye, kandi ni jye wakoze icyaha, ariko se nk’iyi mbaga yo yakoze iki? Ndakwinginze ngo abe ari jye uhanwa n’abo mu rugo rwanjye!»


Nyamara we azi uko merewe; ashatse yanyuza mu itanura, navamo nsa na zahabu iyunguruye.


Ubwo se yakumva ite, kandi uvuga ko utayibona, ko wayiregeye, none ukaba utegereje igisubizo;


Burana urubanza rwanjye, maze ungobotore, undwaneho ukurikije amasezerano yawe.


maze ubutungane bwawe abugaragaze nk’umuseke ukebye, n’ubutabera bwawe, bumere nk’amanywa y’ihangu.


Mana yanjye, ndenganura, unkiranure n’inyoko y’abagomeramana; maze unkize abahendanyi n’abagome.


nanjye umwanzi azankurikirane, amfate mpiri, andibatire ku butaka nkanuye amaso, anteshe ishema angaragura mu mukungugu! (guceceka akanya gato)


ubucamanza buzakurikiza ubutabera, ab’umutima ugororotse bose bazabuyoboke.


Nzayobora impumyi mu nzira zitamenyereye, nzinyuze mu tuyira zitazi. Nzahindura umwijima mo urumuri imbere yabo, n’inzira ziyobaguritse, zigororwe. Iyo migambi ngiye kuyirangiza, kandi sinteze kuyireka na rimwe.»


kugira ngo uhumure amaso y’impumyi, uvane imfungwa mu nzu y’imbohe, kandi ukure mu munyururu abari mu mwijima.


Ubutabera bwanjye ngubu buri hafi, buregereje, n’umukiro wanjye ntugitinze; nzashyira muri Siyoni umukiro wanjye, Israheli nyihe ubwiza bw’ikuzo ryanjye.


Avuze atya Umutegetsi wawe, Uhoraho Imana yawe, we wemera kujya impaka z’umuryango we : Dore nakuye mu biganza byawe igikombe cy’ibisindisha, inkongoro y’uburakari bwanjye, guhera ubu ntuzongera kuyisomaho ukundi.


Uhoraho avuze atya: Nimuharanire ubutungane, mukurikize ubutabera, kuko umukiro wanjye wegereje, n’ubuntu bwanjye bugiye kwigaragaza.


Ndagowe! Mbega amakuba! Igikomere cyanjye nticyomorwa! Jyewe naribwiraga nti «Ibyago byanjye ni ibyo, nzabyihanganira!


Niba ibyaha byacu bidushinja, Uhoraho, gira icyo ukora uheshe izina ryawe ikuzo! Ni koko, ntidusiba kukwihakana, imbere yawe turi abanyabyaha.


Uhoraho yatugaragarije umukiro, nimuze turate muri Siyoni, ibikorwa by’Uhoraho Imana yacu.


«Uhoraho ni umunyakuri, koko nasuzuguye amategeko ye. Nimutege amatwi, miryango mwese, mwitegereze umubabaro wanjye, kuko abakobwa banjye n’abasore banjye bajyanywe bunyago.


Bazumva ko nanjye byandakaje maze nkabacira mu gihugu cy’abanzi. Cyangwa se nanone, umunsi umwe umutima wabo utagenywe uzicisha bugufi maze bemere igihano bahawe.


bityo muzongere murebe imitandukanire y’intungane n’umugome, iy’ukorera Imana n’utayikorera.


Namwe rero ntimugace imanza igihe kitaragera, mutegereze ko Nyagasani azaza, agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, akanatangaza ibyo umutima ubundikiye. Ubwo ni bwo Imana izaha buri wese ishimwe rimukwiye.


None dore ikamba rigenewe intungane rirantegereje, iryo Nyagasani umucamanza utabera azangororera kuri wa Munsi we, ariko atari jyewe jyenyine, ahubwo n’abandi bose bazaba barakunze Ukwigaragaza kwe.


Ishime juru, unezezwe n’uko uyu murwa uridutse. Mwishime namwe abatagatifujwe, intumwa n’abahanuzi, kuko Imana igihe iwuciriye urubanza, yagaragaje ityo ubutungane bwanyu.


Mbese uwo umwami wa Israheli yiruka inyuma ni nde? Uwo ahiga ni nde? Ariruka inyuma y’imbwa yapfuye cyangwa se ni inyuma y’imbaragasa!


Dawudi aza kumenya ko Nabali yapfuye, aravuga ati «Haragasingizwa Uhoraho wamburaniye mu bitutsi byose Nabali yantukaga, kandi akabuza umugaragu we kugira nabi, none Uhoraho akaba yituye Nabali inabi ye.» Dawudi atuma kuri Abigayila, kumubaza ko ashobora kumubera umugore.


Dawudi aravuga ati «Ndahiye Uhoraho ko ari we ubwe uzamwiyicira igihe cye nikigera, cyangwa se yazajya mu ntambara akayigwamo.


Nuko Samweli amutekerereza byose, nta cyo amuhishe. Heli ati «Ni Uhoraho. Arakore uko abishaka.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan