Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 7:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 kuko umuhungu yita se umusazi, umukobwa agashira isoni nyina, umukazana agahangana na nyirabukwe, buri muntu akagira umwanzi mu nzu ye bwite.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Kuko umuhungu akoza se isoni, umukobwa agahagurukira nyina, umukazana agahagurukira nyirabukwe. Abanzi b'umuntu ni abo mu rugo rwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Erega umuhungu asigaye atuka se, umukobwa arwanya nyina, umukazana na we arwanya nyirabukwe! Abanzi b'umuntu ni abo mu rugo rwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Erega umuhungu asigaye atuka se, umukobwa arwanya nyina, umukazana na we arwanya nyirabukwe! Abanzi b'umuntu ni abo mu rugo rwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 7:6
24 Iomraidhean Croise  

Wisumagira nk’amazi yo mu isumo! Kuko wuriye uburiri bwa so, ukanduza uburyamo bwanjye.


Dawudi abwira Abishayi n’abagaragu be bose, ati «Niba umuhungu wanjye, uwo nibyariye, ashaka kunyica, uriya Mubenyamini we ntiyagombye kurushaho? Nimumureke avumane, niba Uhoraho yabimubwiye.


bati «Ibyamubayeho ni akaga rwose, ubwo yaryamye nta bwo agiteze kweguka!»


Hari ubwoko bw’abantu buvuma se, batigeze kwifuriza nyina umugisha;


Ijisho ry’umuntu useka se, akannyega ubukecuru bwa nyina, ibikona byo mu gasozi bizaritobagura, maze ibyana bya kagoma biriyongobeze.


Abantu bazagirirana nabi, umwe arenganye undi, umwana akangaranye umusaza, umutindi asuzugure umunyacyubahiro.


Hirya baratemagurana, ntibashire inzara, hino bararyana, ariko ntibijute, buri muntu arashiha inyama yo ku kaboko ke.


Ndetse n’abo muva inda imwe, abo mu muryango wawe, na bo barakugambanira, bakaguca inyuma, bagakoranya abandi ngo bagushandikire utabizi. Ntukabizere, kabone n’iyo bakubwirana umutima mwiza.


Numvise imigambi y’ubugome bwa rubanda, iterabwoba impande zose ngo «Nimumushinje, natwe tumushinje!» Abahoze ari incuti zanjye, bari barekereje ko nagwa, bati «Wenda ahari yashukika tukamubona uburyo, tukamwihimura.»


Buri wese aryarya mugenzi we, nta jambo ry’ukuri rikibaho! Ururimi rwabo barumenyereje amagambo y’ibinyoma. Baguye mu bugizi bwa nabi, ku buryo batagishoboye kwisubiraho.


Iwawe barasuzugura ba se na ba nyina, barafata nabi umunyamahanga kandi bakarenganya imfubyi n’umupfakazi.


Abanywanyi bawe baragushutse, bakumenesha mu gihugu cyawe! Incuti zawe ziraguhagurukiye! Abo mwasangiye umugati baguteze umutego, baravuga bati «Nta bwenge akigira!»


Umuvandimwe azatanga uwo bava inda imwe, ngo bamwice, umubyeyi n’umwana we bibe uko; bazahinduka abababyaye, babicishe.


Arabasubiza ati «Uwo duhurije intoki ku mbehe, ni we ugiye kungambanira!


Bazashyamirana, umugabo n’umuhungu we, umuhungu na se, umugore n’umukobwa we, umukobwa na nyina, nyirabukwe n’umukazana we, umukazana na nyirabukwe.»


Ndetse muzatangwa n’ababyeyi, n’abo muva inda imwe, na bene wanyu, n’incuti zanyu, bazicisha benshi muri mwe,


Simvuze mwese: abo natoye ndabazi, ariko Ibyanditswe bigomba kuzuzwa ngo ’Uwo dusangira umugati ni we wanteye umugeri.’


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan