Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 7:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Nta ndahemuka ikirangwa mu gihugu, nta ntungane ikiboneka mu bantu! Bose bararikiye kumena amaraso, buri muntu arashandikira umuvandimwe we umutego.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Abubaha Imana bashize mu isi kandi mu bantu nta n'umwe utunganye, bose bacira igico kuvusha amaraso, umuntu wese ahigisha mwene se ikigoyi amutega.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Nta ndahemuka zisigaye mu gihugu, nta ntungane n'imwe ikiharangwa. Bose baca ibico byo kumena amaraso, umuntu wese ahīga mugenzi we kugira ngo amugushe mu mutego.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Nta ndahemuka zisigaye mu gihugu, nta ntungane n'imwe ikiharangwa. Bose baca ibico byo kumena amaraso, umuntu wese ahīga mugenzi we kugira ngo amugushe mu mutego.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 7:2
29 Iomraidhean Croise  

Arubikira nk’intare ibunze mu gihuru; akubikira ngo asumire umunyabyago, agasumira umunyabyago amuroha mu mutego we.


Igenewe umuririmbisha, ikajyana n’inanga y’imirya munani. Ni zaburi iri mu zo bitirira Dawudi.


Uhoraho, tabara! Nta ndahemuka ikibaho, ukuri kwarazimiye mu bantu!


Mana yanjye, garagaza ububasha bwawe busumbye ijuru, ikuzo ryawe ritumbagire hejuru y’isi yose!


Bazagushuka bati «Ngwino tureme igico, tumene amaraso, umwere tumugwe gitumo nta mpamvu;


Amagambo y’abagiranabi ni imitego yica, ariko umunwa w’intabera ni wo uzirokora.


Abantu bazagirirana nabi, umwe arenganye undi, umwana akangaranye umusaza, umutindi asuzugure umunyacyubahiro.


Intungane irapfa, ntihagire n’umwe bibabaza; abagiraneza barashimutwa, ntihagire ubarengera. Ni koko, intungane ziricwa zizira akarengane.


Ibirenge byabo byiruka bigana ku kibi, bigasiganwa bijya kumena amaraso y’indacumura; ibitekerezo byabo ni ibitekerezo by’ubugome, aho banyuze hose, bahabiba amatiku n’iterabwoba.


Hirya baratemagurana, ntibashire inzara, hino bararyana, ariko ntibijute, buri muntu arashiha inyama yo ku kaboko ke.


Nzohereza imbaga y’abarobyi — uwo ni Uhoraho ubivuze — maze bazabarobe; nzohereze kandi imbaga y’abahigi, bazabahige ku misozi yose no ku tununga twose, bagere no mu masenga yo mu bitare.


Imyambi yabo ni icyorezo, bose bakaba n’intwari ku rugamba.


Koko mu muryango wanjye harimo abagiranabi, bari mu gico barubikiye nk’abahiga inyoni, batega imitego, igafata . . . abantu!


Naritonze ntega amatwi, nsanga amagambo yabo adafashije. Nta n’umwe ubabajwe n’ubugome bwe ngo agire ati «Ese ubu nakoze ibiki?» Buri wese ariruka akurikiye ubwomanzi bwe, mbese nk’ifarasi igiye ku rugamba.


Baratugenzuraga aho twajyaga hose, bakatubuza guhurira mu bibuga byacu. Twari tugiye gushira, akacu kari kashobotse, mbese igihe cyacu cyari cyageze.


Iwawe kandi barakira amaturo kugira ngo bamene amaraso, uguriza abandi ushaka inyungu kandi ukabaka urwunguko rurengeje urugero, wambura mugenzi wawe ku ngufu, ndetse nanjye ubwanjye uranyibagirwa. Uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.


Ni koko, Nyagasani Uhoraho aravuze ati ’Uriyimbire, wa mugi we umena amaraso, wowe umeze nk’inkono yatoye ingese, n’izo ngese zikaba zitagishoboye kuyivaho! Aruramo inyama imwe imwe hatagombye ubufindo,


Baherezabitambo, nimwumve ibi ngibi, nimubitege amatwi namwe, ab’inzu ya Israheli, namwe abo ku rurembo rw’ibwami, mubyumve! Ni mwebwe mwashinzwe guca imanza, nyamara i Misipa mwabereye inkomyi umuryango wanjye, munawubere umutego ku musozi wa Taboru.


Uko abambuzi biremamo ibico, ni na ko agatsiko k’abaherezabitambo kicira abantu ku nzira y’i Sikemu! Ngayo amarorerwa bariho bakora!


Naho mwebwe mwafashe umuryango wanjye nk’abanzi banyu; abavuye mu ntambara bigendera mu mahoro, mubacuza ibishura byabo bari biteye!


mwebwe mwubakisha Siyoni amaraso, Yeruzalemu mukayishingira ku bugome!


mwebwe mwanga icyiza, mugakunda ikibi! Ngaha muruna abantu ho uruhu, mugashishimura inyama ku magufa yabo!


Nanjye rero, uwo ni Uhoraho ubivuze, sinzongera kugirira impuhwe abatuye isi. Koko rero, ngiye gutanga abantu, buri muntu mugabize umuturanyi we n’umwami we. Abami bazasenyagura ibihugu, kandi sinzagobotora abantu mu nzara zabo».


Abayahudi na bo baryungamo, bahamya ko ibyo byose ari ko biri.


Uyu munsi wa none, wiboneye neza ko Uhoraho yakweguriye ibiganza byanjye, igihe wari mu buvumo. Ariko nanze kukwica nakubabariye, kandi ubwo bambwiraga kukwica, navuze nti ’Sinzakoza ikiganza cyanjye ku Mutegetsi wanjye, kuko ari uwasizwe amavuta w’Uhoraho.’


Maze rero, Uhoraho ntiyemere ko amaraso yanjye amenerwa kure ye, kuko umwami wa Israheli yazanywe no gushaka ubuzima bwanjye, nk’uko bahiga inkware ku gasozi.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan