Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 7:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Umwanzi wanjye azabibona akorwe n’ikimwaro, we wambazaga ati «Uhoraho, Imana yawe, aba he?» Amaso yanjye azamwitegereza, ubwo azanyukanyukwa nk’icyondo mu mayira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Maze umwanzi wanjye azabirebe amwarwe, uwambwiraga ati “Uwiteka Imana yawe iri he?” Amaso yanjye azamureba, ubu azanyukanyukwa nk'icyondo cyo mu nzira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Abanzi bacu bazabireba bakorwe n'isoni, ba bandi badushungeraga bati: “Uhoraho Imana yanyu yabamariye iki?” Tuzabītegereza, bazanyukanyukwa nk'icyondo cyo mu nzira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Abanzi bacu bazabireba bakorwe n'isoni, ba bandi badushungeraga bati: “Uhoraho Imana yanyu yabamariye iki?” Tuzabītegereza, bazanyukanyukwa nk'icyondo cyo mu nzira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 7:10
42 Iomraidhean Croise  

nabahinduye umukungugu, ndabanyukanyuka nk’urwondo mu nzira.


Abandegaga nibicwe n’ipfunwe, bamanjirwe, isoni bafite zibisesureho nk’igishura.


Baratabaza, ariko ntihagira ubavuna, batakira Uhoraho ariko ntiyabasubiza.


Bose icyarimwe nibakorwe n’ikimwaro, bo bishimiraga ibyago byanjye! Abanyigambagaho nibakorwe n’isoni, maze bamwazwe!


Ndashaka kubwira Imana, yo rutare rwanjye, nti «Kuki wanyibagiwe? Kuki nagomba kugenda nijimye, umwanzi ansumbirije ?»


Umutima wanjye ufite inyota y’Imana, Imana Nyir’ubuzima; mbese nzajya ryari kureba uruhanga rw’Imana?


Uburakari bw’Imana nibwihutire kubatsemba, kurusha uko umuriro utwika inkwi z’amahwa.


Ni iki cyatuma amahanga avuga ngo «Mbese Imana yabo iba hehe?» Nibabimenye, natwe tubyirebere, ko uhorera amaraso y’abagaragu bawe.


ijisho ryanjye ryiboneye abangenzaga, n’amatwi yanjye yiyumviye abangiriraga nabi.


Wabanguye ukuboko kwawe, Uhoraho, ntibakubona, nyamara bazabona ishyaka urwanirira umuryango wawe, bakorwe n’isoni, kandi batwikwe n’umuriro wagenewe abanzi bawe.


Naho jyewe, nahagurukije umuntu mu majyaruguru, kandi ngaha araje. Kuva mu burasirazuba arahamagarwa mu izina rye; aravuyanga abategetsi nk’uribata icyondo, cyangwa nk’umubumbyi ukata ibumba.


Ni koko, nzagutesha agaciro mu mahanga, ngusuzuguze mu bantu.


Mu maso yanyu, nzaryoza Babiloni n’abaturage ba Kalideya ubugome bwose bagiriye Siyoni, uwo ni Uhoraho ubivuze.


Nta bwo twishimiye gutukwa, isoni zaradukoze, kuko abanyamahanga bacengeye ahantu hatagatifu mu Ngoro y’Uhoraho.


Bazakenyera ibigunira n’umushyitsi ubatahe; mu ruhanga rwabo hazakorwe n’ikimwaro n’imitwe yabo bayiharanguze.


Abaherezabitambo, ari bo bashinzwe imirimo y’Uhoraho, nibaririre hagati y’umuryango w’Ingoro n’urutambiro; nibatakambe bagira bati «Uhoraho, babarira imbaga yawe; wikoza isoni umurage wawe, ngo amahanga awuhindure urw’amenyo. Ni iki cyatuma mu mahanga bavuga ngo: Mbese Imana yabo iba he?»


Urugomo n’ubwicanyi wagiriye umuvandimwe wawe Yakobo, ni byo bitumye uzakorwa n’ikimwaro, ukarimbuka ubuziraherezo!


Ntukanezezwe no kubona umuvandimwe wawe, umunsi yagwiririwe n’amakuba! Ntukishimire kuri bene Yuda, ku munsi w’irimbuka ryabo, kandi ntukabavuge nabi ku munsi w’akababaro!


Ngaha amahanga menshi yagukoraniyeho, bagira bati «Nibahahindanye maze tubone n’amaso yacu akaga ka Siyoni!»


Sigaho kunkina ku mubyimba, mwanzi wanjye! Niba naguye nzabyuka, niba kandi ndi mu mwijima, Uhoraho azambera urumuri.


Uhoraho yakuvanyeho imanza zari zigushikamiye, yirukanye abanzi bawe! Umwami wa Israheli, Uhoraho ubwe, akurimo rwagati; ntuzongera ukundi gutinya icyago.


Bazaba ari intwari, bazarwane baribata ibyondo byo mu mayira; bazatsinda kuko Uhoraho azaba ari kumwe na bo, abazaba bari ku mafarasi bazakorwe n’isoni.


Muzabyirebera ubwanyu maze muvuge muti ’Uhoraho ni igihangange, ndetse n’ahatari mu gihugu cya Israheli.’»


Yiringiye Imana; nimukize rero ubu niba imukunze! Kuko yavuze ati ’Ndi Umwana w’Imana.’»


Abakanahani n’abandi baturage bose b’igihugu bazabyumva, batugarukane, maze izina ryacu rizimangane mu gihugu. Ubwo se uzakora iki ngo wubahishe izina ryawe ry’ikirangirire?»


Ishime juru, unezezwe n’uko uyu murwa uridutse. Mwishime namwe abatagatifujwe, intumwa n’abahanuzi, kuko Imana igihe iwuciriye urubanza, yagaragaje ityo ubutungane bwanyu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan