Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 5:7 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Nuko udusigisigi twa Yakobo tuzabe mu mahanga, rwagati mu miryango myinshi, mbese nk’intare mu nyamaswa z’ishyamba, cyangwa nk’icyana cy’intare mu mashyo y’intama; uko itambutse igakacanga, igashwanyaguza, kandi ntihagire uyitesha icyo ifashe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 Kandi abasigaye ba Yakobo bazaba mu mahanga no mu moko menshi nk'intare iri mu nyamaswa zo mu ishyamba, nk'umugunzu w'intare uri mu mikumbi y'intama. Iyo uyinyuzemo urayinyukanyuka ukayitanyagura, ntihagire uwutesha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Abisiraheli bazaba basigaye hagati y'amahanga n'amoko menshi, bazayabera nk'intare ihiga izindi nyamaswa, bazamera nk'icyana cy'intare kiri mu mukumbi, iyo kiwugezemo gicakira intama kikazitanyaguza, ntawe ubasha kuzikiza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Abisiraheli bazaba basigaye hagati y'amahanga n'amoko menshi, bazayabera nk'intare ihiga izindi nyamaswa, bazamera nk'icyana cy'intare kiri mu mukumbi, iyo kiwugezemo gicakira intama kikazitanyaguza, ntawe ubasha kuzikiza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 5:7
40 Iomraidhean Croise  

Tuzamugeraho aho azaba ari hose, tuzamutondeho nk’ikime kigwa ku butaka: ari we ari n’ingabo ze zose, ntihazasigara n’umwe.


Wahawe ubutware kuva ukivuka, wimikirwa ku misozi mitagatifu; mbese nk’urume rutonda mu museke, uko ni ko nakwibyariye!»


Bimeze nk’ikime cyo ku musozi wa Herimoni, kisesa mu bitwa bya Siyoni! Aho nyine ni ho Uhoraho yagishishirije imigisha, hamwe n’ubugingo ingoma ibihumbi.


amere nk’imvura igwa mu rwuri, mbese nk’imvura y’umurindi ibobeza ubutaka!


Uburakari bw’umwami ni nk’imitontomo y’intare, ariko ineza ye ikamera nk’ikime cyatonze ku byatsi.


. . . kugeza ko umwuka uturutse mu ijuru udusenderaho. Nuko ubutayu buhinduke ubusitani burumbuka, naho ubusitani burumbuka bwitwe ishyamba.


kuko uwishwe n’inyota nzamuha amazi, uwumiranye mubere isoko idudubiza; nzasendereza umwuka wanjye mu rubyaro rwawe, n’umugisha wanjye ku nkomoko yawe.


Nanone kandi, nk’uko umvura n’urubura bimanuka ku ijuru, ntibisubireyo bitabobeje ubutaka, bitabumejejeho imyaka kandi ngo biyikuze, ngo bihe umubibyi imbuto, n’ifunguro rimutunga,


Koko, nzashyira ikimenyetso rwagati muri yo, maze nzohereze mu mahanga abarokotse muri bo : i Tarishishi, i Puti n’i Ludi (mu bahanga b’umuheto), i Tubali, i Yabani no mu birwa bya kure bitigeze byumva bamvuga, bitanigeze bibona ikuzo ryanjye, bazamamaze ikuzo ryanjye mu mahanga.


Mu bigirwamana by’amahanga se, hari na kimwe kigusha imvura? Ijuru se ni ryo ubwaryo rigusha imvura y’umuvumbi? Si wowe se Uhoraho, Imana yacu? Turakwiringiye rero, kuko ari wowe ukora ibyo byose.


nyamara abarokotse baracyariho, ngabo abahungu n’abakobwa barasohotse bavuye mu mugi babasanga, kugira ngo nimubona imyifatire yabo n’ibikorwa byabo, mushire intimba mwatewe n’ibyago byose nateje Yeruzalemu.


Ubwo aranjyana no ku muryango w’Ingoro, nuko mbona amazi yavubukaga mu nsi y’igitabo cy’umuryango w’Ingoro aherekera mu burasirazuba, kuko Ingoro nyine yarebaga mu burasirazuba. Ayo mazi yatembaga agana iburyo bw’Ingoro, akanyura mu majyepfo y’urutambiro.


Nyagasani Uhoraho aravuze ati «Iyo ni Yeruzalemu nashyize hagati y’amahanga n’ibihugu biyikikije.


— Nzabakiza ubugambanyi bwabo, mbakunde mbikuye ku mutima, kandi sinzongera kubarakarira ukundi.


Nidushishikarire kumenya Uhoraho, nta shiti, azatunguka nk’umuseke ukebye, azatugeraho ameze nk’imvura yuhira imyaka, mbese nk’uko imvura y’umuhindo isomya ubutaka.»


Nimwange ikibi, mukunde icyiza, nimusubize ubucamanza umwanya wabwo mu rukiko, wenda ahari Uhoraho, Umugaba w’ingabo, yazababarira agasigisigi ko mu muryango wa Yozefu.


Ngiye kugukorakoranya, wowe Yakobo, uko wakabaye; ngiye gushyira hamwe udusigisigi twa Israheli! Nzabakoranyiriza hamwe nk’intama mu kiraro, cyangwa nk’ishyo riri mu rwuri, maze bahinduke imbaga nyamwinshi y’abishimye.


Haguruka unyukanyuke ingano, mwari w’i Siyoni! Amahembe yawe nzayahindura ibyuma, ibinono byawe mbihindure umuringa, maze uzahonyore amahanga menshi. Ibyo uzabanyaga kimwe n’ubukungu bwabo, ubyegurire Uhoraho, Umutegeka w’isi yose.


Abacumbagira nzabagira udusigisigi, abazaba bari kure mbagire ihanga rikomeye. Uhoraho azababera umwami ku musozi wa Siyoni, ubu n’iteka ryose.


We rero azemarara, aragire ubushyo bwe, abikesheje ububasha bw’Uhoraho n’ubuhangange bw’izina ry’Imana ye. Icyo gihe bazashinga imizi, kuko azakomera, akanategeka kugera ku mpera z’isi.


Nawe rero, cyamurira ikiganza cyawe ku bakurwanya, maze abanzi bawe bose barimbuke!


Mbese wagereranywa n’iyihe Mana, wowe wihanganira icyaha, ukirengagiza ubugome? Urukundo ugirira udusigisigi tw’umuryango wawe rutuma udakomeza kuwurakarira, ahubwo ugashimishwa no kutugirira impuhwe.


Abasigaye bo muri Israheli ntibazongera gucumura ukundi, cyangwa ngo bavuge ibinyoma; ururimi rubeshya ntiruzongera kumvikana ku kanwa kabo, ahubwo bazarya kandi baruhuke nta we ubatera intugunda.


Uwo munsi kandi, amazi y’ubugingo azavubuka muri Yeruzalemu, igice kimwe kigane mu nyanja y’iburasirazuba, ikindi kijye mu nyanja y’iburengerazuba. Bizamera bityo mu cyi kimwe no mu itumba;


Nafoye umuheto wanjye ari wo Yuda, nywutamikamo umwambi wanjye, ari wo Efurayimu. Naho wowe Siyoni, ngiye gukaza abahungu bawe, batere aba Yavani, kandi nzakubangure nk’uko intwari ibangura inkota yayo.


Nuko rero, nimugende mwigishe amahanga yose, mubabatize ku izina ry’Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu,


Igihe rero nteruye kuvuga, Roho Mutagatifu abamanukiraho nk’uko natwe yatumanukiyeho mu ntangiriro.


Nuko Pawulo na Barinaba bavuga nta cyo bishisha, bati «Byari ngombwa ko ari mwe mubanza gushyikirizwa ijambo ry’Imana! None ubwo muryamaganye, mukabona ko mwebwe ubwanyu mudakwiye ubugingo buhoraho, ngaho rero twisangiye abanyamahanga.


Ijoro rimwe, Pawulo arabonekerwa; abona umuntu wo muri Masedoniya amuhagaze imbere amwinginga, ati «Ambukira muri Masedoniya, uze udutabare!»


Ariko Nyagasani aramubwira ati «Genda! Kuko uwo muntu ari igikoresho cyanjye nitoranyirije, kugira ngo amenyekanishe izina ryanjye imbere y’abanyamahanga, imbere y’abami n’imbere y’Abayisraheli.


Izayi we ntatinya kuvuga ati «Nabonywe n’abatanshakashakaga, nigaragariza abatambaririzaga».


Ubwo se ugutsitara kwabo kwakungahaje isi, n’ukugwa kwabo kugakungahaza amahanga, ntibizahebuza nibagera ku burokorwe bwuzuye?


Twabivugaho iki? Ko abanyamahanga batashakashakaga ubutungane babushyikiriye, ubutungane ariko bukomoka ku kwemera,


Jyewe nateye imbuto, Apolo arayuhira, ariko Imana yonyine ni yo yayikujije.


Inyigisho zanjye nizisuke nk’imvura, amagambo yanjye niyisese nk’urume, nk’imvura y’umurindi igwa ku bwatsi butoto, nk’ibitonyanga bigwa mu kanyatsi!


Gideyoni abwira Imana ati «Niba ushaka gukirisha Israheli ikiganza cyanjye nk’uko wabivuze,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan